Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in AMAHANGA
0
Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu basanzwe bitabye Imana bazize impanuka y’imodoka yabereye mu gace ka Sheffield muri Canada, byamenyekanye ko harimo Umunyarwanda wari usanzwe ari umusirikare mu gisirikare cy’iki Gihugu cya Canada.

Iyi mpanuka yabaye mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024 ahagana saa cyenda n’iminota icumi (03:10’) za mu gitondo nk’uko byatangajwe na Polisi ya Canada.

Aka gace ka Sheffield ko mu Ntara ya New Brunswick kabereyemo iyi mpanuka, gasanzwe kazwiho kugira imihanda irambuye, aho imodoka zinyura zifite umuvuduko wo hejuru.

Iyi mpanuka yahitanye abantu batatu bari muri iyi modoka yari mu muhanda ufite nimero 105 muri Sheffield, yatewe no kuba imodoka yari ibatwaye yararenze umuhanda, igasekura igiti, igahita ifatwa n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.

Inzego zishinzwe umutenago zirimo ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryi muri Oromocto, zageze ahabereye iyi mpanuka yamaze kuba, ndetse zitangaza ko hagiye guhita hakorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka yahitanye abantu batatu.

Amakuru yabanje gutangazwa ubwo iyi mpanuka yari ikiba, avuga ko abantu batatu bose bari muri iyi modoka basanzwe bapfuye mu gitondo, ariko batahise bamenyekana, aho hari hatangiye gukorwa iperereza ryo kumenya imyirondoro yabo.

Umwe muri aba batatu, byamenyekanye ko ari Umunyarwanda Kevin Nkubito w’imyaka 29 wari umaze imyaka itatu mu gisirikare cya Canada, ndetse umuryango we ukaba wemeje inkuru y’urupfu rwe.

Kevin Nkubito wari ufite ipeti rya Sous Lieutenant mu gisirikare cya Canada, yabaga muri iki Gihugu aho yabanaga n’umuryango we, biteganyijwe ko uyu munsi asomerwa misa yo kumusabira bwa nyuma, iturirwa mu Mujyi wa Kigali ku Kimihurura.

Nkubito Kevin wari umusirikare mu Gisirikare cya Canada yaguye mu mpanuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hagiye gutangazwa amajwi agezweho y’amatora ya Perezida n’ay’Abadepite

Next Post

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.