Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in AMAHANGA
0
Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu basanzwe bitabye Imana bazize impanuka y’imodoka yabereye mu gace ka Sheffield muri Canada, byamenyekanye ko harimo Umunyarwanda wari usanzwe ari umusirikare mu gisirikare cy’iki Gihugu cya Canada.

Iyi mpanuka yabaye mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024 ahagana saa cyenda n’iminota icumi (03:10’) za mu gitondo nk’uko byatangajwe na Polisi ya Canada.

Aka gace ka Sheffield ko mu Ntara ya New Brunswick kabereyemo iyi mpanuka, gasanzwe kazwiho kugira imihanda irambuye, aho imodoka zinyura zifite umuvuduko wo hejuru.

Iyi mpanuka yahitanye abantu batatu bari muri iyi modoka yari mu muhanda ufite nimero 105 muri Sheffield, yatewe no kuba imodoka yari ibatwaye yararenze umuhanda, igasekura igiti, igahita ifatwa n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.

Inzego zishinzwe umutenago zirimo ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryi muri Oromocto, zageze ahabereye iyi mpanuka yamaze kuba, ndetse zitangaza ko hagiye guhita hakorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka yahitanye abantu batatu.

Amakuru yabanje gutangazwa ubwo iyi mpanuka yari ikiba, avuga ko abantu batatu bose bari muri iyi modoka basanzwe bapfuye mu gitondo, ariko batahise bamenyekana, aho hari hatangiye gukorwa iperereza ryo kumenya imyirondoro yabo.

Umwe muri aba batatu, byamenyekanye ko ari Umunyarwanda Kevin Nkubito w’imyaka 29 wari umaze imyaka itatu mu gisirikare cya Canada, ndetse umuryango we ukaba wemeje inkuru y’urupfu rwe.

Kevin Nkubito wari ufite ipeti rya Sous Lieutenant mu gisirikare cya Canada, yabaga muri iki Gihugu aho yabanaga n’umuryango we, biteganyijwe ko uyu munsi asomerwa misa yo kumusabira bwa nyuma, iturirwa mu Mujyi wa Kigali ku Kimihurura.

Nkubito Kevin wari umusirikare mu Gisirikare cya Canada yaguye mu mpanuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hagiye gutangazwa amajwi agezweho y’amatora ya Perezida n’ay’Abadepite

Next Post

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.