Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in MU RWANDA
0
Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Hatahuwe inyandiko z’urukiko zigaragaza ko Umukaridinali w’Umunya-Canada ufite umwanya ukomeye i Vatican, yarezwe mu nkiko ashinjwa ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina riganisha ku mibonano mpuzabitsina byakorewe abantu barenga 80 bo muri diyoseze ya Quebec.

Inyandiko z’Urukiko zishinja Karidinali Marc Ouellet, zabonetse kuri uyu wa Kabiri aho ashinjwa gukorera abagore ibi byaha muri 2008.

Izi nyandiko zigagaraye nyuma y’ibyumweru bicye, Papa Francis agiriye uruzinduko muri Canada aho yagendereye iki Gihugu mu mpera za Nyakanga 2022, akanasaba imbabazi ku bw’ibikorwa by’ihohoterwa ryakorewe abana mu mashuri byakozwe n’Abihaye Imana.

Karidinali Ouellet washinjwe ibi byaha, ni umwe mu bagize kongere y’Abasenyeri bafite umwanya ukomeye muri Guverinoma y’i Vatican.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, byagerageje kuvugisha Diyoseze ya Quebec, isohora itangazo rivuga ko “bahaye agaciro ibyo birego mu cyubahiro cya Karidinali Marc Ouellet” ariko yirinda kugira byinshi itangaza.

Ikirego cyashinjaga Karidinali Ouellet cyakurikiranywe n’Urukiko rw’Ikirenga rwa Quebec, cyabaye muri Gicurasi aho hari abatangabuhamya 101 bavuga ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’Abihaye Imana kuva mu 1940 kugeza uyu munsi.

Umwe mu bashinje Karidinali Ouellet wahawe izina rya F, yavuze ko uyu musenyeri yamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina inshuro nyinshi aho yagiye amusoma ku gahato ubundi akamushimashima mu kiganza ndetse akamukorakora ku mabuno muri 2010.

Gusa kugeza ubu, uyu Mukaridinali ntagikurikiranyweho ibi byaha.

Muri Gashyantare, Karidinali Ouellet yakoresheje inama y’Abapadiri yo gusaba imbazi kuri iyi “myitwarire idahwitse” yo guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana bakarikorerwa n’Abihaye Imana.

Uyu mukaridinali asanzwe afite umwanya ukomeye i Vatican

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 16 =

Previous Post

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Next Post

Bamporiki nyuma y’amezi 3 atandika kuri Twitter yashyizeho ubutumwa ku itabaruka rya Buravan

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money
IMYIDAGADURO

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki nyuma y’amezi 3 atandika kuri Twitter yashyizeho ubutumwa ku itabaruka rya Buravan

Bamporiki nyuma y’amezi 3 atandika kuri Twitter yashyizeho ubutumwa ku itabaruka rya Buravan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.