Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Iran, Ebrahim Raisi yishwe n’impanuka ya kajugujugu yabereye mu ishyamba riherereye mu Ntara ya Azerbaijan yo mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Urupfu rwa Ebrahim Raisi rwatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024 nyuma y’uko iyi ndege yo mu bwoko bwa kajugujugu yari arimo iburiwe irengero ariko bikekwa ko yakoze impanuka.

Ubuyobozi Bukuru bw’Igihugu, bwemeje ko Perezida Ebrahim Raisi yahitanywe n’iyi mpanuka ya kajugujugu yaguye igasandara nyuma y’uko igize ibibazo by’ikirere kitari kimeze neza.

Perezida wa Iran kandi yapfanye n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Hossein Amir-Abdollahian.

Mu itangazo ry’akababaro ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu rivuga iby’urupfu rwa Perezida wa Iran, rivuga ko yabaye “Umugaragu w’Igihugu cya Iran, Ayatollah Ebrahim Raisi yageze kuri byinshi ku rwego rw’indashyikirwa mu nyungu z’abaturage.”

Ebrahim Raisi witabye Imana ku myaka 63 y’amavuko, yari amaze imyaka itatu ari Perezida wa Iran, ndetse bikaba byavugwaga ko azongera kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Uyu munyapolitiki wanigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga muri Iran, byavugwaga ko ashobora kuzasimbura Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei w’imyaka 85.

Raisi yavukiye mu gace ka Mashhad mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Iran, mu gace gafatwa nk’igicumbi cy’Abayisilamu b’Aba-Shia.

Yagize uburambe mu bijyanye n’imiyoborere mu nzego z’ubutabera, by’umwihariko mu myanya y’Ubushinjacyaha, mu Nkiko zitandukanye mbere y’uko yerecyeza mu murwa Mukuru wa Tehran mu mwaka wa 1985, ubwo yabaga umwe mu bagize komite y’Abacamanza basuzumye ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’ibihano bihabwa imfungwa.

Muri 2014 yabaye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, umwanya yamazeho imyaka ibiri, aza kwiyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu bwa mbere muri 2017 ariko atsindwa n’uwahoze ari Perezida Hassan Rouhani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 6 =

Previous Post

DRCongo: FARDC yatangaje amakuru mashya ku igeragezwa rya ‘Coup d’Etat’ ryazamuye urujijo

Next Post

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.