Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Iran, Ebrahim Raisi yishwe n’impanuka ya kajugujugu yabereye mu ishyamba riherereye mu Ntara ya Azerbaijan yo mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Urupfu rwa Ebrahim Raisi rwatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024 nyuma y’uko iyi ndege yo mu bwoko bwa kajugujugu yari arimo iburiwe irengero ariko bikekwa ko yakoze impanuka.

Ubuyobozi Bukuru bw’Igihugu, bwemeje ko Perezida Ebrahim Raisi yahitanywe n’iyi mpanuka ya kajugujugu yaguye igasandara nyuma y’uko igize ibibazo by’ikirere kitari kimeze neza.

Perezida wa Iran kandi yapfanye n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Hossein Amir-Abdollahian.

Mu itangazo ry’akababaro ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu rivuga iby’urupfu rwa Perezida wa Iran, rivuga ko yabaye “Umugaragu w’Igihugu cya Iran, Ayatollah Ebrahim Raisi yageze kuri byinshi ku rwego rw’indashyikirwa mu nyungu z’abaturage.”

Ebrahim Raisi witabye Imana ku myaka 63 y’amavuko, yari amaze imyaka itatu ari Perezida wa Iran, ndetse bikaba byavugwaga ko azongera kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Uyu munyapolitiki wanigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga muri Iran, byavugwaga ko ashobora kuzasimbura Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei w’imyaka 85.

Raisi yavukiye mu gace ka Mashhad mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Iran, mu gace gafatwa nk’igicumbi cy’Abayisilamu b’Aba-Shia.

Yagize uburambe mu bijyanye n’imiyoborere mu nzego z’ubutabera, by’umwihariko mu myanya y’Ubushinjacyaha, mu Nkiko zitandukanye mbere y’uko yerecyeza mu murwa Mukuru wa Tehran mu mwaka wa 1985, ubwo yabaga umwe mu bagize komite y’Abacamanza basuzumye ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’ibihano bihabwa imfungwa.

Muri 2014 yabaye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, umwanya yamazeho imyaka ibiri, aza kwiyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu bwa mbere muri 2017 ariko atsindwa n’uwahoze ari Perezida Hassan Rouhani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

DRCongo: FARDC yatangaje amakuru mashya ku igeragezwa rya ‘Coup d’Etat’ ryazamuye urujijo

Next Post

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.