Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Byemejwe ko Perezida wa Iran yapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Iran, Ebrahim Raisi yishwe n’impanuka ya kajugujugu yabereye mu ishyamba riherereye mu Ntara ya Azerbaijan yo mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Urupfu rwa Ebrahim Raisi rwatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024 nyuma y’uko iyi ndege yo mu bwoko bwa kajugujugu yari arimo iburiwe irengero ariko bikekwa ko yakoze impanuka.

Ubuyobozi Bukuru bw’Igihugu, bwemeje ko Perezida Ebrahim Raisi yahitanywe n’iyi mpanuka ya kajugujugu yaguye igasandara nyuma y’uko igize ibibazo by’ikirere kitari kimeze neza.

Perezida wa Iran kandi yapfanye n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Hossein Amir-Abdollahian.

Mu itangazo ry’akababaro ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu rivuga iby’urupfu rwa Perezida wa Iran, rivuga ko yabaye “Umugaragu w’Igihugu cya Iran, Ayatollah Ebrahim Raisi yageze kuri byinshi ku rwego rw’indashyikirwa mu nyungu z’abaturage.”

Ebrahim Raisi witabye Imana ku myaka 63 y’amavuko, yari amaze imyaka itatu ari Perezida wa Iran, ndetse bikaba byavugwaga ko azongera kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Uyu munyapolitiki wanigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga muri Iran, byavugwaga ko ashobora kuzasimbura Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei w’imyaka 85.

Raisi yavukiye mu gace ka Mashhad mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Iran, mu gace gafatwa nk’igicumbi cy’Abayisilamu b’Aba-Shia.

Yagize uburambe mu bijyanye n’imiyoborere mu nzego z’ubutabera, by’umwihariko mu myanya y’Ubushinjacyaha, mu Nkiko zitandukanye mbere y’uko yerecyeza mu murwa Mukuru wa Tehran mu mwaka wa 1985, ubwo yabaga umwe mu bagize komite y’Abacamanza basuzumye ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’ibihano bihabwa imfungwa.

Muri 2014 yabaye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, umwanya yamazeho imyaka ibiri, aza kwiyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu bwa mbere muri 2017 ariko atsindwa n’uwahoze ari Perezida Hassan Rouhani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

DRCongo: FARDC yatangaje amakuru mashya ku igeragezwa rya ‘Coup d’Etat’ ryazamuye urujijo

Next Post

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

DRC: Uwo mu rugo rwatangiriyeho igitero cyo guhirika ubutegetsi yasobanuye birambuye uko gukozanyaho byagenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.