Uganda yo yari yatangaje ko nta Ebola ikiri muri iki gihugu mu kwezi gushize, nyuma y’iminsi 42 kuva umurwayi wa nyuma wanduye iyi iki cyorezo asezerewe mu bitaro. Ariko OMS yakomeje gukurikirana uko ibintu bihagaze, kugira ngo harebwe niba nta zindi nzira zo kwanduzanya Iki cyorezo zari zisigaye.
Muri Uganda, habonetse abantu 20 bose banduye Ebola kuva ku itariki ya 15 Gicurasi, ubwo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igihugu gituranyi, yatangazaga ko cyugarijwe n’icyorezo cya Ebola.
Abayobozi ba Uganda bavuga ko abo barwayi bose bari bafitanye isano n’icyorezo cyari cyatangiriye muri Congo, kandi ko abarwayi ba mbere binjiye muri Uganda baturutse muri Congo batari bazi ko bamaze kwandura.
Abayobozi ba Uganda bahise bafata ingamba zihuse zo gukumira ko iyi ndwara ikomeza gukwirakwira. Bahagaritse ibikorwa bimwe na bimwe byahuzaga abantu benshi, basaba abaturage guhagarika gusuhuzanya bakoresheje guhana ibiganza, ndetse bahagarika ingendo rusange n’indege zahuzaga Uganda na Congo, Ibintu byayifashije gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.
Nubwo ariko Muri Uganda, iki cyorezo cyarangiye, bitandukanye cyane no mu burasirazuba bwa Congo, aho Ebola ikomeje gukwirakwira ku muvuduko uteye impungenge abashinzwe ubuzima.
Kugeza ubu, abantu barenga 4,500 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola mu ntara esheshatu, naho abarenga 2,000 yamaze kubahitana.
Iki cyorezo cya Ebola yo mubwoko buzwi nka Bundibugyo, kugeza ubu nta rukingo cyangwa umuti wemewe wo kuvura cyangwa gukumira ubu bwoko bwa Ebola.
Mu gihe mu cyumweru gishize, OMS yavuze ko ibyago byo kuba Ebola yakwirakwira mu bihugu bihana imbibi na Congo bikomeje kuba byinshi.
Ari nayo mpamvu yongeye gusaba ibihugu bigize uyu muryango, gukomeza gukaza ingamba zirimo gukurikirana indwara, gutahura no gukurikirana abantu bakekwaho Ebola, gufata ingamba zo gukumira ikwirakwira ryayo, ndetse no gukorana n’abaturage no kubaha amakuru yizewe.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10