Imyuzure yibasiye Ibihugu bya Nepal na Tibet, imaze guhitana abantu barenga 330, mu gihe abandi barenga 1000 baburiwe irengero.
Uyu mwuzure ukomeye wibasiye ibi bihugu, watewe n’imvura nyinshi iheruka kugwa, igatwara amazu, igasenya n’ibindi bikorwaremezo birimo Imihanda N’Ibiraro, aho kugeza inzego z’ubutabazi zikomeje gushakisha abarokotse.
Muri Nepal, gusa abantu barenga 900 baburiwe irengero, mu gihe abarenga 332 bamaze kumenyekana ko bapfuye. Hari kandi impungenge ko mu baburiwe irengero harimo n’ abanyamahanga barenga 700.
Muri Tibet ho, abantu barenfa 558 baburiwe irengero, mu gihe abasaga batatu bamaze kwemezwa ko bapfuye.
Ku mpande zombie, abanyamahanga benshi bari mu baburiwe irengero. Nepal ivuga ko muri bo harimo ba mukerarugendo 178 baturuka mu Buhinde, 127 b’Abanya-Nepal, Abanyamerika 65 ndetse n’Abongereza 33. Hari kandi abasirikare n’abapolisi benshi baburiwe irengero.
Abatekinisiye bo mu kigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubushakashatsi ku bijyanye n’ubumenyi bw’isi , bavuze ko uyu mwuzure ushobora kuba waratewe n’isenyuka ry’urubura rwo ku misozi miremire, hamwe n’ibitaka n’amabuye byamanutse ari byinshi.
Abatabazi baracyakomeje ibikorwa byo gushakisha abarokotse, icyakora ngo ibikorwa by’ubutabazi biri kugorana kubera ko imihanda n’ibiraro byangiritse.
Hari kandi impungenge z’uko hashobora kubaho indi myuzure, kuko ibitaka, amabuye n’ibindi, byafunze inzira z’imigezi, bikaba bishobora gutuma amazi yongera kuzura, agatera indi myuzure.
RADIOTV10