Thursday, August 27, 2026
RW|EN
SIPORO

AMAKURU MASHYA: U Rwanda nyuma yo gutsinda Congo runatsinze u Burundi muri Volleyball

AMAKURU MASHYA: U Rwanda nyuma yo gutsinda Congo runatsinze u Burundi muri Volleyball

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball yatsinze iy’u Burundi mu mikino y’Igikombe cya Afurika, aho yayitsinze iyirusha cyane amaseti atatu ku busa arimo n’iyo yatsinze u Burundi bufite amanota ari munsi y’icumi.

U Rwanda rwegukanye intsinzi ya gatatu mu mikino itatu yikurikiranya, rwatsinze u Burundi amaseti atatu ku busa, aho iseti ya mbere rwayegukanye ku manota 25 kuri atandatu (6) y’u Burundi, iya kabiri, ruyitwara ku manota 25 kuri 11 y’u Burundi, mu gihe iseti ya gatatu, rwayegukanye ku manota 25 kuri 13 y’u Burundi.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Kanama 2026 nyuma y’undi wari wahuje ikipe y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wabaye kuri uyu wa Gatatu, na wo abakobwa b’u Rwanda begukanye.

Muri uyu mukino wari wabaye ku wa Gatatu, u Rwanda na bwo rwatsinze DRC ruyirusha cyane, kuko iseti ya Mbere rwayegukanye ku manota 25 mu gihe DRC yari ifite 17, iseti ya kabiri bwo ruyitwara rwayirushije cyane ku manota 25 kuri 15, kimwe no ku iseti ya gatatu abakobwa b’u Rwanda bari bayegukanye ku manota 25 kuri 16.

Mu mukino wa mbere wo muri iri tsinda u Rwanda rusoje ruyoboye rutanatsinzwe umukino n’umwe, na bwo rwari rwawegukanye, aho rwatsinze amaseti atatu ku busa bwa Algeria, aho iseti ya mbere rwayegukanye rutsinze amanota 25 kuri 22, iya kabiri ruyitwara rutsinze 25 kuri 20, mu gihe iya gatatu rwayitwaye rutsinze amanota 25 kuri 16.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twenty =