Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

radiotv10by radiotv10
05/08/2025
in MU RWANDA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika, ndetse hakaba haramaze gutangwa urutonde rw’aba mbere 10 bagomba kubanza kwigwaho niba bakwemererwa kwakirwa.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters dukesha aya makuru.

Makolo yemeje ko aya masezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya US yashyiriweho umukono i Kigali muri Kamena (06), ariko ntatangazwe ndetse ko Leta Zunze Ubumwe za America zohereje urutonde rw’abantu 10 bagomba kubanza kwigwaho mbere yo koherezwa.

Yagize ati “U Rwanda rwumvikanye na Leta Zunze Ubumwe za America kwakira abimukira 250, kuko buri muryango wo mu Rwanda uzi ububabare bwo gukurwa mu byawo, kandi indangagaciro zacu zishingiye ku kongera kwiyubaka no kongera kuba mu buzima busanzwe.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko muri aya masezerano u Rwanda rufite uburenganzira bwo kwemera cyangwa kwanga umwimukira umwe ku wundi waba ugiye koherezwa na US.

Ati “Abazaba bemerewe bazahabwa uburyo bwo kuba bahabwa amahugurwa, ubuvuzi ndetse n’aho kuba bizabafasha kuba mu Rwanda, ndetse no kugira amahirwe yo gutanga umusanzu muri iki kimwe mu Bihugu bikomeje kwihuta mu iterambere kuva mu myaka icumi ishize.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ‘White Hose’ ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bya Leta Zunze Ubumwe za America, ntacyo baratangaza ku by’aya masezerano.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; kimwe mu byo ashyize imbere ni uguhangana n’ikibazo cy’abimukira binjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse ubwo yiyamamazaga akaba yarasezeranyije Abanyamerika kuzaca intege iki kibazo.

Mu mpera z’umwaka ushize ubwo Trump yari amaze gutsinda amatora, itsinda rye ryahise ritangira kwiga uburyo iki Gihugu cyakohereza abimukira mu Bihugu byo muri Afurika birimo u Rwanda.

None kandi America ifite umugambi wo kohereza abantu bakatiwe n’inkiko bakajya mu Bihugu nka Sudani y’Epfo, na Eswatini [Swaziland].

Amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda si mashya, kuko rwanigeze kuyagirana n’u Bwongereza ariko agenda ahura na biranteka, ndetse ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Keir Starmer uriho ubu, bukaba bwarayaburijemo burundu.

Muri Gicurasi uyu mwaka, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze ko hari ibiganiro byatangiye hagati yarwo na America ku kohererezwa abimukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Next Post

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w'Umutekano muri Congo agomba kwegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.