Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yahuye na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Christophe Lutundula Apala, amuha ibisobanuro ku makuru yatangajwe ashinja ingabo z’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru.

Ambasaderi Vincent Karega yatanze ibi bisobanuro nyuma y’iminsi ibiri M23 yubuye imirwano mu duce tumwe two muri Kivu ya Ruguru, ubuyobozi bw’iyi Ntara bugashinja ingabo z’u Rwanda gufasha uyu mutwe.

Vincent Karega yatangarije itangazamakuru ko nyuma y’ibiganiro yagiranye na Christophe Lutundula Apala, impande zombi zigiye gukora igenzura kuri ibi birego mu rwego rwo gukomeza gutsimbataza umubano n’imikoranire y’ibihugu byombi.

Yavuze ko yatangarije Ministiri w’Intebe Wungirije ko u Rwanda nta nyungu na nke rufite mu kuba rwatera inkunga M23.

Ati “Mu gihe ibihugu byombi bifitanye umunano mwiza, tugomba gutahiriza umugozi umwe mu guhashya ibikorwa byose by’umutekano mucye byakwambukiranya imipaka yacu.”

Nyuma y’ibiganiro, Vincent Karega yahaye ikiganiro itangazamakuru

 

Abagaragajwe si abasirikare bacu

Ubuyobozi bwa Kivu ya Ruguru ndetse n’Igisirikare cya DRC, bari bagaragaje abarwanyi babiri bivugwa ko ari abasirikare b’u Rwanda, gusa ubuyobozi bw’u Rwanda bwavuze ko abasirikare basa kuri badashobora kuba bamwe mu ngabo z’u Rwanda.

Ambasaderi Vincent Karega yanasubije kuri aba basirikare babiri, avuga ko abo barwanyi batafashwe ku wa Mbere ahubwo ko hashize ukwezi bitangajwe ndetse ko u Rwanda rwifuje ko rwakorana n’Igisirikare cya DRC mu kubaza abo bafashwe kugira ngo bagaragaze ibibaranga koko niba ari abasirikare b’u Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo tugira umutwe nk’uriya mu gisirikare cyacu. Turabivuga dushize amanga ko tudatekereza, tudafite umugambi, ndetse nta n’umushinga igisirikare cyacu giteze kugira mu gutera inkunga M23.”

Ambasaderi Vincent Kare wakomeje avuga ko u Rwanda na DRC basinyanye amasezerano anyuranye arimo n’ay’i Addis-Abeba, yavuze ko ibi Bihugu byombi bifitanye imikoranire n’umubano byiza by’umwihariko bikaba bishingiye ku bakuru b’Ibihugu byombi Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi baherutse no guhurira muri Jordanie.

Yagize ati “Icy’ingenzi ni uko twiyemeje gufatanya mu kugenzura amakuru yose yatangajwe ariko icyo twizera ni uko byose ari ibinyoma ariko twembi tuzabikora kugira ngo u Rwanda rubigaragaze ko atari ukuri.”

Ambasaderi Vincent Karega yaganiriye na Christophe Lutundula Apala

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + thirteen =

Previous Post

Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

Next Post

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.