Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yahuye na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Christophe Lutundula Apala, amuha ibisobanuro ku makuru yatangajwe ashinja ingabo z’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru.

Ambasaderi Vincent Karega yatanze ibi bisobanuro nyuma y’iminsi ibiri M23 yubuye imirwano mu duce tumwe two muri Kivu ya Ruguru, ubuyobozi bw’iyi Ntara bugashinja ingabo z’u Rwanda gufasha uyu mutwe.

Vincent Karega yatangarije itangazamakuru ko nyuma y’ibiganiro yagiranye na Christophe Lutundula Apala, impande zombi zigiye gukora igenzura kuri ibi birego mu rwego rwo gukomeza gutsimbataza umubano n’imikoranire y’ibihugu byombi.

Yavuze ko yatangarije Ministiri w’Intebe Wungirije ko u Rwanda nta nyungu na nke rufite mu kuba rwatera inkunga M23.

Ati “Mu gihe ibihugu byombi bifitanye umunano mwiza, tugomba gutahiriza umugozi umwe mu guhashya ibikorwa byose by’umutekano mucye byakwambukiranya imipaka yacu.”

Nyuma y’ibiganiro, Vincent Karega yahaye ikiganiro itangazamakuru

 

Abagaragajwe si abasirikare bacu

Ubuyobozi bwa Kivu ya Ruguru ndetse n’Igisirikare cya DRC, bari bagaragaje abarwanyi babiri bivugwa ko ari abasirikare b’u Rwanda, gusa ubuyobozi bw’u Rwanda bwavuze ko abasirikare basa kuri badashobora kuba bamwe mu ngabo z’u Rwanda.

Ambasaderi Vincent Karega yanasubije kuri aba basirikare babiri, avuga ko abo barwanyi batafashwe ku wa Mbere ahubwo ko hashize ukwezi bitangajwe ndetse ko u Rwanda rwifuje ko rwakorana n’Igisirikare cya DRC mu kubaza abo bafashwe kugira ngo bagaragaze ibibaranga koko niba ari abasirikare b’u Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo tugira umutwe nk’uriya mu gisirikare cyacu. Turabivuga dushize amanga ko tudatekereza, tudafite umugambi, ndetse nta n’umushinga igisirikare cyacu giteze kugira mu gutera inkunga M23.”

Ambasaderi Vincent Kare wakomeje avuga ko u Rwanda na DRC basinyanye amasezerano anyuranye arimo n’ay’i Addis-Abeba, yavuze ko ibi Bihugu byombi bifitanye imikoranire n’umubano byiza by’umwihariko bikaba bishingiye ku bakuru b’Ibihugu byombi Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi baherutse no guhurira muri Jordanie.

Yagize ati “Icy’ingenzi ni uko twiyemeje gufatanya mu kugenzura amakuru yose yatangajwe ariko icyo twizera ni uko byose ari ibinyoma ariko twembi tuzabikora kugira ngo u Rwanda rubigaragaze ko atari ukuri.”

Ambasaderi Vincent Karega yaganiriye na Christophe Lutundula Apala

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

Next Post

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.