Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yahuye na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Christophe Lutundula Apala, amuha ibisobanuro ku makuru yatangajwe ashinja ingabo z’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 wubuye imirwano muri Kivu ya Ruguru.

Ambasaderi Vincent Karega yatanze ibi bisobanuro nyuma y’iminsi ibiri M23 yubuye imirwano mu duce tumwe two muri Kivu ya Ruguru, ubuyobozi bw’iyi Ntara bugashinja ingabo z’u Rwanda gufasha uyu mutwe.

Vincent Karega yatangarije itangazamakuru ko nyuma y’ibiganiro yagiranye na Christophe Lutundula Apala, impande zombi zigiye gukora igenzura kuri ibi birego mu rwego rwo gukomeza gutsimbataza umubano n’imikoranire y’ibihugu byombi.

Yavuze ko yatangarije Ministiri w’Intebe Wungirije ko u Rwanda nta nyungu na nke rufite mu kuba rwatera inkunga M23.

Ati “Mu gihe ibihugu byombi bifitanye umunano mwiza, tugomba gutahiriza umugozi umwe mu guhashya ibikorwa byose by’umutekano mucye byakwambukiranya imipaka yacu.”

Nyuma y’ibiganiro, Vincent Karega yahaye ikiganiro itangazamakuru

 

Abagaragajwe si abasirikare bacu

Ubuyobozi bwa Kivu ya Ruguru ndetse n’Igisirikare cya DRC, bari bagaragaje abarwanyi babiri bivugwa ko ari abasirikare b’u Rwanda, gusa ubuyobozi bw’u Rwanda bwavuze ko abasirikare basa kuri badashobora kuba bamwe mu ngabo z’u Rwanda.

Ambasaderi Vincent Karega yanasubije kuri aba basirikare babiri, avuga ko abo barwanyi batafashwe ku wa Mbere ahubwo ko hashize ukwezi bitangajwe ndetse ko u Rwanda rwifuje ko rwakorana n’Igisirikare cya DRC mu kubaza abo bafashwe kugira ngo bagaragaze ibibaranga koko niba ari abasirikare b’u Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo tugira umutwe nk’uriya mu gisirikare cyacu. Turabivuga dushize amanga ko tudatekereza, tudafite umugambi, ndetse nta n’umushinga igisirikare cyacu giteze kugira mu gutera inkunga M23.”

Ambasaderi Vincent Kare wakomeje avuga ko u Rwanda na DRC basinyanye amasezerano anyuranye arimo n’ay’i Addis-Abeba, yavuze ko ibi Bihugu byombi bifitanye imikoranire n’umubano byiza by’umwihariko bikaba bishingiye ku bakuru b’Ibihugu byombi Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi baherutse no guhurira muri Jordanie.

Yagize ati “Icy’ingenzi ni uko twiyemeje gufatanya mu kugenzura amakuru yose yatangajwe ariko icyo twizera ni uko byose ari ibinyoma ariko twembi tuzabikora kugira ngo u Rwanda rubigaragaze ko atari ukuri.”

Ambasaderi Vincent Karega yaganiriye na Christophe Lutundula Apala

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

Next Post

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.