• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in MU RWANDA
0
Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka
Share on FacebookShare on Twitter

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga cya Muhazi nyuma yo gukodesha ubwato bw’imwe muri hoteli zo ku nkombe zacyo, yageramo hagati agasimbukiramo.

Uyu mugabo wigishije benshi gutwara imodoka yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ugushyingo 2025, nyuma yuko akoze urugendo akajya ahawi nka King Fisher mu Karere ka Gasabo, avuye mu Karere ka Gicumbi.

Inkuru y’urupfu rwa Mwarimu Clement yasakaye kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025 aho bamwe mu bo yigishije barimo n’abanyamakuru n’abandi bazwi ku mbuga nkoranyambaga, bagaragazaga agahinda k’urupfu rw’uyu wabafashije kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Umwe mu bo yigishije, yagize ati “Ni byo Mwarimu Clement yitabye Imana yiyahuye mu Kiyaga cya Muhazi, nyuma yuko yari yaje kuri King Fisher.”

Aya makuru y’urupfu rwa Mwarimu Clement, yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, wavuze ko uyu mugabo yari yabanje kujya kuri iriya Hoteli akanasaba serivisi yo gutembera mu bwato.

Yagize ati “Yaje n’ubwato, bumugeza kuri iyi hoteli, akodesha bumwe mu bwato abantu bakoresha mu buryo bwo gutembera mu kiyaga, abwira abakozi b’aho ngaho ko azi gutwara ubwo bwato, ntakibazo.” Avuga ko abakozi b’iriya Hoteli, bamuhaye ibikoresho bimufasha kugenda mu kiyaga, birimo umwambaro wabugenewe, ubundi akajya mu bwato buto.

Ati “Ageze nko muri metero mirongo itanu ni bwo yakuyemo ya gillet, ayirambika mu kato, ahita asimbukira mu mazi.”

Nyuma yuko uyu mugabo asimbukiye mu mazi ubwo yari ageze muri metero 50, abakozi b’iriya hoteli bamubonye, bagahita bihutira kujya kumureba kugira ngo barebe ko bamutabara, ariko bikaba iby’ubusa kuko yari yamaze kwibira yageze kure, akaza kwitaba Imana.

Uyu mugabo wari unafite YouTube Channel yifashishaga mu gutanga amasomo yo gutwara ibinyabiziga n’amategeko y’umuhanda, mu kazi ke yakundaga kuvuga ko ikimufasha kwigisha abantu bagafata ari uko yanize kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda mu yahoze ari KIE.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + two =

Previous Post

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Next Post

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b'uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.