Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA
1
Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Indwara y’Igicuri, ni imwe mu zikomeje kugaragara mu bice binyuranye by’u Rwanda, ndetse ikaba iri mu mpamvu zica abantu mu buryo butunguranye. Menya byinshi kuri iyi ndwara.

Ubushakashatsi bwiswe “Mortality and sudden unexpected death in epilepsy in a cohort of 888 persons living with epilepsy in Rwanda”, tugenekereje, ni ukuvuga ko bwibanze ku mpfu ziturangunye ku bantu 888 bafite indwara y’igicuri mu Rwanda.

Ni ubushakashatsi bwayobowe n’inzobere mu buvuzi bw’indwara y’igicuri, Dr Leme Garrez, wafatanyije n’izindi nzobere mu buvuzi.

Ubu bushashatsi bwakorewe mu Bitaro by’indwara zo mu mutwe bya Caraes Ndera mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu Bigo Nderabuzima bitatu byo mu Karere ka Musanze no mu bindi bice by’Intara y’Amajyaruguru, bwagaragaje ko abantu bafite ubwandu, bari mu kigero cyo guhera ku myaka 15 kuzamura, babaruwe hagati ya Gashyantare n’Ukuboza 2018.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko ibyago byo gupfa ku bantu babana n’igicuri, byikuba inshuro ziri hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’imfu z’abandi bantu bapfa bazize impfu zitunguranye muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, bisanzwe biri ku kigero cya 5.4.

Ni ubushakashatsi bwakozwe mu buryo bwo kubaza abo mu miryango y’abafite iyi ndwara, habazwa ku bijyanye n’impamvu z’impfu.

Muri ubu bushakashatsi ku bantu 888 bafite indwara y’igicuri, hari abantu 10 bapfuye, ni ukuvuga ko igipimo cy’urupfu kiri kuri 11,4 ku bantu 1 000 ku mwaka.

Impfu zirindwi zatewe n’izindi mpamvu zamenyekanye, mu gihe izindi enye zaturutse kuri iyi ndwara y’igicuri, zirimo nko gukomereka cyane mu mutwe, kuba ubwonko bwavirwa n’amaraso, no gutakaza ubwenge.

Nanone kandi nta mpamvu yagaragaye ku mpfu eshatu, zikaba zarashyizwe mu mpamvu zitunguranye, bituma imibare igaragaza ko abantu 3,4 mu 1 000 bafite iyi ndwara y’igicuri bashobora kwitaba Imana mu buryo butunguranye ku mwaka.

Raporo y’ubu bushakashatsi, yagaragaje ko ibyago byo gupfa ku bantu barwaye igicuri, biri hejuru cyane, bityo ko hakenewe uburyo bwo kwegerezwa no koroherezwa mu buvuzi, hagakorwa ubukangurambaga bwo kwigisha abayirwaye ndetse n’imiryango yabo, ku bijyanye n’ibyago byo kuba yabahitana mu buryo butunguranye.

Nanone kandi ubundi bushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima NIH (National Institutes of Health), bwagaragaje ko indwara y’agahinda gakabije, iri mu byibasiye abantu bafite uburwayi bw’igicuri.

 

Igicuri giterwa n’iki?

Dr. Arlène Ndayisenga, Inzobere mu buvuzi bw’indwara zo mu mutwe, mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, avuga ko indwara z’igihe kirekire zo mu mutwe, zishobora kuba impamvu y’iyi y’igicuri.

Ati “Zimwe mu mpamvu ni ibibazo bikora ku bwonko nko guturika kw’imitsi yo ku bwonko, nk’utubyimba two mu bwonko.”

Nanone kandi Dr. Ndayisenga avuga ko igicuri gishobora guterwa n’indwara ya Stroke na yo iterwa no guturika kw’imitsi y’ubwonko, cyangwa n’indi ndwara yose yakora ku bwonko yaba itewe na virusi cyangwa Bagiteri.

Yavuze kandi ko nanone indwara y’igicuri ishobora kuba indwara igenda ihanahanwa mu muryango, nanone kikaba gishobora guterwa n’ibiryo umuntu yarya, birimo inyama z’ingurube cyangwa salade bitateguwe neza.

Nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, indwara y’igicuri iri mu biteje impungenge mu bibazo by’ubuzima, aho ifitwe n’abantu bakabakaba miliyoni 50 ku Isi.

Nanone kandi ku Isi, abantu miliyoni 5 basanganwa iyi ndwara y’igicuri buri mwaka, aho mu Bihugu byateye imbere, mu bantu ibihumbi 100, hasangwamo abantu 49 bafite iyi ndwara buri mwaka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Gatorano Emmanuel says:
    2 years ago

    Hi, ese iyi ndwara irakira? Ese kuki igenda ihindagurika harigihe kigera ukajya urwara kumanywa ubundi ukarwara nijoro biterwa niki?
    Ese ukumuntu agenda akura nayo igenda ikura?
    Ese iyindwara irandura?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Next Post

Sudan: Ibibombe biremereye byasize agahinda kenshi mu nzirakarengane

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Ibibombe biremereye byasize agahinda kenshi mu nzirakarengane

Sudan: Ibibombe biremereye byasize agahinda kenshi mu nzirakarengane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.