Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA
1
Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Indwara y’Igicuri, ni imwe mu zikomeje kugaragara mu bice binyuranye by’u Rwanda, ndetse ikaba iri mu mpamvu zica abantu mu buryo butunguranye. Menya byinshi kuri iyi ndwara.

Ubushakashatsi bwiswe “Mortality and sudden unexpected death in epilepsy in a cohort of 888 persons living with epilepsy in Rwanda”, tugenekereje, ni ukuvuga ko bwibanze ku mpfu ziturangunye ku bantu 888 bafite indwara y’igicuri mu Rwanda.

Ni ubushakashatsi bwayobowe n’inzobere mu buvuzi bw’indwara y’igicuri, Dr Leme Garrez, wafatanyije n’izindi nzobere mu buvuzi.

Ubu bushashatsi bwakorewe mu Bitaro by’indwara zo mu mutwe bya Caraes Ndera mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu Bigo Nderabuzima bitatu byo mu Karere ka Musanze no mu bindi bice by’Intara y’Amajyaruguru, bwagaragaje ko abantu bafite ubwandu, bari mu kigero cyo guhera ku myaka 15 kuzamura, babaruwe hagati ya Gashyantare n’Ukuboza 2018.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko ibyago byo gupfa ku bantu babana n’igicuri, byikuba inshuro ziri hagati y’ebyiri n’eshatu ugereranyije n’imfu z’abandi bantu bapfa bazize impfu zitunguranye muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, bisanzwe biri ku kigero cya 5.4.

Ni ubushakashatsi bwakozwe mu buryo bwo kubaza abo mu miryango y’abafite iyi ndwara, habazwa ku bijyanye n’impamvu z’impfu.

Muri ubu bushakashatsi ku bantu 888 bafite indwara y’igicuri, hari abantu 10 bapfuye, ni ukuvuga ko igipimo cy’urupfu kiri kuri 11,4 ku bantu 1 000 ku mwaka.

Impfu zirindwi zatewe n’izindi mpamvu zamenyekanye, mu gihe izindi enye zaturutse kuri iyi ndwara y’igicuri, zirimo nko gukomereka cyane mu mutwe, kuba ubwonko bwavirwa n’amaraso, no gutakaza ubwenge.

Nanone kandi nta mpamvu yagaragaye ku mpfu eshatu, zikaba zarashyizwe mu mpamvu zitunguranye, bituma imibare igaragaza ko abantu 3,4 mu 1 000 bafite iyi ndwara y’igicuri bashobora kwitaba Imana mu buryo butunguranye ku mwaka.

Raporo y’ubu bushakashatsi, yagaragaje ko ibyago byo gupfa ku bantu barwaye igicuri, biri hejuru cyane, bityo ko hakenewe uburyo bwo kwegerezwa no koroherezwa mu buvuzi, hagakorwa ubukangurambaga bwo kwigisha abayirwaye ndetse n’imiryango yabo, ku bijyanye n’ibyago byo kuba yabahitana mu buryo butunguranye.

Nanone kandi ubundi bushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima NIH (National Institutes of Health), bwagaragaje ko indwara y’agahinda gakabije, iri mu byibasiye abantu bafite uburwayi bw’igicuri.

 

Igicuri giterwa n’iki?

Dr. Arlène Ndayisenga, Inzobere mu buvuzi bw’indwara zo mu mutwe, mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, avuga ko indwara z’igihe kirekire zo mu mutwe, zishobora kuba impamvu y’iyi y’igicuri.

Ati “Zimwe mu mpamvu ni ibibazo bikora ku bwonko nko guturika kw’imitsi yo ku bwonko, nk’utubyimba two mu bwonko.”

Nanone kandi Dr. Ndayisenga avuga ko igicuri gishobora guterwa n’indwara ya Stroke na yo iterwa no guturika kw’imitsi y’ubwonko, cyangwa n’indi ndwara yose yakora ku bwonko yaba itewe na virusi cyangwa Bagiteri.

Yavuze kandi ko nanone indwara y’igicuri ishobora kuba indwara igenda ihanahanwa mu muryango, nanone kikaba gishobora guterwa n’ibiryo umuntu yarya, birimo inyama z’ingurube cyangwa salade bitateguwe neza.

Nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, indwara y’igicuri iri mu biteje impungenge mu bibazo by’ubuzima, aho ifitwe n’abantu bakabakaba miliyoni 50 ku Isi.

Nanone kandi ku Isi, abantu miliyoni 5 basanganwa iyi ndwara y’igicuri buri mwaka, aho mu Bihugu byateye imbere, mu bantu ibihumbi 100, hasangwamo abantu 49 bafite iyi ndwara buri mwaka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Gatorano Emmanuel says:
    2 years ago

    Hi, ese iyi ndwara irakira? Ese kuki igenda ihindagurika harigihe kigera ukajya urwara kumanywa ubundi ukarwara nijoro biterwa niki?
    Ese ukumuntu agenda akura nayo igenda ikura?
    Ese iyindwara irandura?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

Next Post

Sudan: Ibibombe biremereye byasize agahinda kenshi mu nzirakarengane

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Ibibombe biremereye byasize agahinda kenshi mu nzirakarengane

Sudan: Ibibombe biremereye byasize agahinda kenshi mu nzirakarengane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.