Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in MU RWANDA
0
Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko indwara zitandura ari zo zihitana abantu benshi mu Rwanda ugereranyije n’izindi, gusa zigatangaza ko hakomeje urugamba rwo gusobanurira abantu uburyo bagomba kuzisuzumisha hakiri kare kuko zabateza ibyago byinshi birimo n’ubumuga.

Muri Gashyantare 2023, ubwo Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin yagaragazaga ishusho y’uko ubuzima bwifashe mu Rwanda mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yavuze ko hari indwara zagabanutse mu Rwanda bitewe n’ingamba zafashwe mu kuzirwanya, ariko izitandura zo zikomeje gukataza mu guhitana umubare munini w’Abanyarwanda.

Yagize ati “Nko mu myaka itanu ishize twagiraga abantu miliyoni eshanu barwaye malaria buri mwaka, ariko uyu munsi turi munsi ya miliyoni… Icyakora ubushakashatsi bwa RBC bwo muri 2022, bwagaragaje ko indwara y’umuvuduko w’amaraso ukabije wiyongereyeho 2% mu myaka ibiri gusa, diyabete igeze kuri 3%, umubyibuho ukabije wikuba kabiri mu bice by’imijyi.”

 

Uko ziyongera niko ubumuga bwiyongera

Abarenga miliyari imwe y’abatuye Isi, bafite ubumuga, aho bangana na 15% by’abantu bose batuye isi. Prof. Joseph Mucumbitsi ukuriye umuryango urwanya indwara zitandura uzwi nka Rwanda NCDs Alliance, avuga ko nubwo nta bushakashatsi buhari bugaragaza imibare y’abafite ubumuga mu Rwanda, ariko hari abafite ubwo batewe n’indwara zitandura.

Akomeza asobanura ko umurwayi w’umuvuduko w’amaraso iyo atitaweho neza, ashobora gufatwa n’indwara ya Stroke itera udutsi two mu bwonko guturagurika, bikamuviramo kumugara nk’igice cyose cy’umubiri, kigafatwa na pararize (paralysie).

Minisiteri y’ubuzima kandi, igaragaza ko abafite umubyibuho ukabije biyongereye bava ku ijanisha bariho rya 2.8% mu mwaka wa 2013, bagera kuri 4.3% muri 2022.

Prof. Mucumbitsi avuga ko ibi biteye impungenge, kuko indwara y’umubyibuho ukabije na yo ubwayo ari intandaro y’izindi ndwara zitandura nka diyabete.

Ati “Iyi ndwara y’umubyibuho ukabije iriyongera cyane kandi nyamara ni indwara abantu bakwirinda bigashoboka. Ububi bwayo ni uko umuntu urwaye umubyibuho ukabije ashobora no kurwara umuvuduko w’amaraso ukabije, cyangwa se akaba yanarwara diyabete. Iyi diyabete ni mbi cyane kuko umurwayi wayo iyo ayirangaranye ishobora kumuviramo kumuca amaguru, akaba amugaye atyo.”

 

Bisuzumisha iyo barwaye gusa

Mu bice bisa n’ibyitaruye Umujyi wa Kigali, bamwe mu baturage bavuga ko bamenye iby’izi ndwara ari uko kwa muganga bazibasanganye, ariko batari barigeze batekereza kuzisuzumisha.

Bamwe mu bo mu Karere ka Nyabihu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko indwara zitandura zibaho, ariko kuzivuza ari gake, kuko baba bahugiye mu gushakisha ibibatunga.

Ndayambaje agira ati “Umuntu abyuka yiruka ajya gushakisha ibitunga umuryango, tujya kwa muganga ari uko twumvise twarembye kandi nabwo hari ubwo tugura ibinini muri farumasi.”

Ibi biranashimangirwa n’Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Bigogwe, Dr. Mfashingabo Martin uvuga ko ko nubwo abantu bose batarabyumva neza, ariko bamaze gusobanukirwa ububi bw’indwara zitandura.

Yagze ati “Bitewe n’uko tudakunda kubona abantu baje kwisuzumisha indwara zitandura ku bushake, inzego z’ubuzima zafashe ingamba zo gusuzuma izi ndwara ahahurira abantu benshi.’’

Avuga ko aho basanga aba bantu ari mu bigo by’amashuri, mu isoko n’ahandi. Icyakora ngo nta mibare barabona y’abantu baba bamugaye biturutse kuri izi ndwara.

Martha uri mu kigero cy’imyaka 65, umaze imyaka itatu amenye ko arwaye umuvuduko w’amaraso, avuga ko byatangiye ahondobera, agiye kwa muganga bamubwira ko arwaye umuvuduko w’amaraso.

Abajijwe niba azi ko iyo ndwara yamutera ubumuga, mu gisubizo gisa n’urwenya yagize ati “Ariko se mwana wa, ubumuga buruta kutarya akunyu ni ubuhe koko?

 

Ingamba mu bukangurambaga

CSP Oreste Tuganeyezu uyobora Ibitaro bya Gisenyi biherereye mu Karere ka Rubavu, avuga ko indwara zitandura zihangayikishije, kuko hari abantu bazirwaye babarirwa muri 3 338 bakurikiranwa mu Bitaro no mu Bigo Nderabuzima muri aka Karere ka Rubavu.

Agira ati “Hari igihe kinini twamaze dusa n’abafite imibare myinshi y’abantu barware indwara zandura, ariko byaje guhinduka ahubwo indwara zitandura ziba ari zo ziganza cyane, ku buryo ziri imbere mu zihitana abantu. Icyakora hari imbaraga nyinshi ziri gushyirwamo, kugira ngo turebe nibura abantu baba bafite izo ndwara, ariko kandi tukanabashishikariza kuzisuzumisha bakazivuza hakiri kare.”

Avuga ko ku bufatanye n’izindi nzego z’ubuyobozi, barimo bibutsa abaturage babinyujije mu bikorwa rusange nk’Umuganda, inama na siporo rusange, ibishobora gutera izi ndwara kuko zimwe muri zo zishobora kwirindwa bitewe n’ibishobora kuzitera.

Ubu bukangurambaga ntiburi muri ibi bice byitaruye umujyi wa Kigali gusa, kuko mu Gihugu hose Abaturarwanda bari gukangurirwa kwirinda no kurwanya indwara zitandura, kuko zishobora kubatera ubumuga abandi zikabahitana.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, rigaragaza ko abantu barenga miliyoni 41 ku Isi, bahitanwa n’indwara zitandura buri mwaka. Iyi mibare uyishyize ku ijanisha, OMS igaragaza ko nibura 71% by’ababura ubuzima buri mwaka, bahitanwa n’indwara zitandura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje impamvu Perezida Kagame agomba gutorwa 100%

Next Post

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.