Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in MU RWANDA
0
Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko indwara zitandura ari zo zihitana abantu benshi mu Rwanda ugereranyije n’izindi, gusa zigatangaza ko hakomeje urugamba rwo gusobanurira abantu uburyo bagomba kuzisuzumisha hakiri kare kuko zabateza ibyago byinshi birimo n’ubumuga.

Muri Gashyantare 2023, ubwo Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin yagaragazaga ishusho y’uko ubuzima bwifashe mu Rwanda mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yavuze ko hari indwara zagabanutse mu Rwanda bitewe n’ingamba zafashwe mu kuzirwanya, ariko izitandura zo zikomeje gukataza mu guhitana umubare munini w’Abanyarwanda.

Yagize ati “Nko mu myaka itanu ishize twagiraga abantu miliyoni eshanu barwaye malaria buri mwaka, ariko uyu munsi turi munsi ya miliyoni… Icyakora ubushakashatsi bwa RBC bwo muri 2022, bwagaragaje ko indwara y’umuvuduko w’amaraso ukabije wiyongereyeho 2% mu myaka ibiri gusa, diyabete igeze kuri 3%, umubyibuho ukabije wikuba kabiri mu bice by’imijyi.”

 

Uko ziyongera niko ubumuga bwiyongera

Abarenga miliyari imwe y’abatuye Isi, bafite ubumuga, aho bangana na 15% by’abantu bose batuye isi. Prof. Joseph Mucumbitsi ukuriye umuryango urwanya indwara zitandura uzwi nka Rwanda NCDs Alliance, avuga ko nubwo nta bushakashatsi buhari bugaragaza imibare y’abafite ubumuga mu Rwanda, ariko hari abafite ubwo batewe n’indwara zitandura.

Akomeza asobanura ko umurwayi w’umuvuduko w’amaraso iyo atitaweho neza, ashobora gufatwa n’indwara ya Stroke itera udutsi two mu bwonko guturagurika, bikamuviramo kumugara nk’igice cyose cy’umubiri, kigafatwa na pararize (paralysie).

Minisiteri y’ubuzima kandi, igaragaza ko abafite umubyibuho ukabije biyongereye bava ku ijanisha bariho rya 2.8% mu mwaka wa 2013, bagera kuri 4.3% muri 2022.

Prof. Mucumbitsi avuga ko ibi biteye impungenge, kuko indwara y’umubyibuho ukabije na yo ubwayo ari intandaro y’izindi ndwara zitandura nka diyabete.

Ati “Iyi ndwara y’umubyibuho ukabije iriyongera cyane kandi nyamara ni indwara abantu bakwirinda bigashoboka. Ububi bwayo ni uko umuntu urwaye umubyibuho ukabije ashobora no kurwara umuvuduko w’amaraso ukabije, cyangwa se akaba yanarwara diyabete. Iyi diyabete ni mbi cyane kuko umurwayi wayo iyo ayirangaranye ishobora kumuviramo kumuca amaguru, akaba amugaye atyo.”

 

Bisuzumisha iyo barwaye gusa

Mu bice bisa n’ibyitaruye Umujyi wa Kigali, bamwe mu baturage bavuga ko bamenye iby’izi ndwara ari uko kwa muganga bazibasanganye, ariko batari barigeze batekereza kuzisuzumisha.

Bamwe mu bo mu Karere ka Nyabihu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko indwara zitandura zibaho, ariko kuzivuza ari gake, kuko baba bahugiye mu gushakisha ibibatunga.

Ndayambaje agira ati “Umuntu abyuka yiruka ajya gushakisha ibitunga umuryango, tujya kwa muganga ari uko twumvise twarembye kandi nabwo hari ubwo tugura ibinini muri farumasi.”

Ibi biranashimangirwa n’Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Bigogwe, Dr. Mfashingabo Martin uvuga ko ko nubwo abantu bose batarabyumva neza, ariko bamaze gusobanukirwa ububi bw’indwara zitandura.

Yagze ati “Bitewe n’uko tudakunda kubona abantu baje kwisuzumisha indwara zitandura ku bushake, inzego z’ubuzima zafashe ingamba zo gusuzuma izi ndwara ahahurira abantu benshi.’’

Avuga ko aho basanga aba bantu ari mu bigo by’amashuri, mu isoko n’ahandi. Icyakora ngo nta mibare barabona y’abantu baba bamugaye biturutse kuri izi ndwara.

Martha uri mu kigero cy’imyaka 65, umaze imyaka itatu amenye ko arwaye umuvuduko w’amaraso, avuga ko byatangiye ahondobera, agiye kwa muganga bamubwira ko arwaye umuvuduko w’amaraso.

Abajijwe niba azi ko iyo ndwara yamutera ubumuga, mu gisubizo gisa n’urwenya yagize ati “Ariko se mwana wa, ubumuga buruta kutarya akunyu ni ubuhe koko?

 

Ingamba mu bukangurambaga

CSP Oreste Tuganeyezu uyobora Ibitaro bya Gisenyi biherereye mu Karere ka Rubavu, avuga ko indwara zitandura zihangayikishije, kuko hari abantu bazirwaye babarirwa muri 3 338 bakurikiranwa mu Bitaro no mu Bigo Nderabuzima muri aka Karere ka Rubavu.

Agira ati “Hari igihe kinini twamaze dusa n’abafite imibare myinshi y’abantu barware indwara zandura, ariko byaje guhinduka ahubwo indwara zitandura ziba ari zo ziganza cyane, ku buryo ziri imbere mu zihitana abantu. Icyakora hari imbaraga nyinshi ziri gushyirwamo, kugira ngo turebe nibura abantu baba bafite izo ndwara, ariko kandi tukanabashishikariza kuzisuzumisha bakazivuza hakiri kare.”

Avuga ko ku bufatanye n’izindi nzego z’ubuyobozi, barimo bibutsa abaturage babinyujije mu bikorwa rusange nk’Umuganda, inama na siporo rusange, ibishobora gutera izi ndwara kuko zimwe muri zo zishobora kwirindwa bitewe n’ibishobora kuzitera.

Ubu bukangurambaga ntiburi muri ibi bice byitaruye umujyi wa Kigali gusa, kuko mu Gihugu hose Abaturarwanda bari gukangurirwa kwirinda no kurwanya indwara zitandura, kuko zishobora kubatera ubumuga abandi zikabahitana.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, rigaragaza ko abantu barenga miliyoni 41 ku Isi, bahitanwa n’indwara zitandura buri mwaka. Iyi mibare uyishyize ku ijanisha, OMS igaragaza ko nibura 71% by’ababura ubuzima buri mwaka, bahitanwa n’indwara zitandura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje impamvu Perezida Kagame agomba gutorwa 100%

Next Post

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.