Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in MU RWANDA
0
Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko indwara zitandura ari zo zihitana abantu benshi mu Rwanda ugereranyije n’izindi, gusa zigatangaza ko hakomeje urugamba rwo gusobanurira abantu uburyo bagomba kuzisuzumisha hakiri kare kuko zabateza ibyago byinshi birimo n’ubumuga.

Muri Gashyantare 2023, ubwo Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin yagaragazaga ishusho y’uko ubuzima bwifashe mu Rwanda mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yavuze ko hari indwara zagabanutse mu Rwanda bitewe n’ingamba zafashwe mu kuzirwanya, ariko izitandura zo zikomeje gukataza mu guhitana umubare munini w’Abanyarwanda.

Yagize ati “Nko mu myaka itanu ishize twagiraga abantu miliyoni eshanu barwaye malaria buri mwaka, ariko uyu munsi turi munsi ya miliyoni… Icyakora ubushakashatsi bwa RBC bwo muri 2022, bwagaragaje ko indwara y’umuvuduko w’amaraso ukabije wiyongereyeho 2% mu myaka ibiri gusa, diyabete igeze kuri 3%, umubyibuho ukabije wikuba kabiri mu bice by’imijyi.”

 

Uko ziyongera niko ubumuga bwiyongera

Abarenga miliyari imwe y’abatuye Isi, bafite ubumuga, aho bangana na 15% by’abantu bose batuye isi. Prof. Joseph Mucumbitsi ukuriye umuryango urwanya indwara zitandura uzwi nka Rwanda NCDs Alliance, avuga ko nubwo nta bushakashatsi buhari bugaragaza imibare y’abafite ubumuga mu Rwanda, ariko hari abafite ubwo batewe n’indwara zitandura.

Akomeza asobanura ko umurwayi w’umuvuduko w’amaraso iyo atitaweho neza, ashobora gufatwa n’indwara ya Stroke itera udutsi two mu bwonko guturagurika, bikamuviramo kumugara nk’igice cyose cy’umubiri, kigafatwa na pararize (paralysie).

Minisiteri y’ubuzima kandi, igaragaza ko abafite umubyibuho ukabije biyongereye bava ku ijanisha bariho rya 2.8% mu mwaka wa 2013, bagera kuri 4.3% muri 2022.

Prof. Mucumbitsi avuga ko ibi biteye impungenge, kuko indwara y’umubyibuho ukabije na yo ubwayo ari intandaro y’izindi ndwara zitandura nka diyabete.

Ati “Iyi ndwara y’umubyibuho ukabije iriyongera cyane kandi nyamara ni indwara abantu bakwirinda bigashoboka. Ububi bwayo ni uko umuntu urwaye umubyibuho ukabije ashobora no kurwara umuvuduko w’amaraso ukabije, cyangwa se akaba yanarwara diyabete. Iyi diyabete ni mbi cyane kuko umurwayi wayo iyo ayirangaranye ishobora kumuviramo kumuca amaguru, akaba amugaye atyo.”

 

Bisuzumisha iyo barwaye gusa

Mu bice bisa n’ibyitaruye Umujyi wa Kigali, bamwe mu baturage bavuga ko bamenye iby’izi ndwara ari uko kwa muganga bazibasanganye, ariko batari barigeze batekereza kuzisuzumisha.

Bamwe mu bo mu Karere ka Nyabihu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko indwara zitandura zibaho, ariko kuzivuza ari gake, kuko baba bahugiye mu gushakisha ibibatunga.

Ndayambaje agira ati “Umuntu abyuka yiruka ajya gushakisha ibitunga umuryango, tujya kwa muganga ari uko twumvise twarembye kandi nabwo hari ubwo tugura ibinini muri farumasi.”

Ibi biranashimangirwa n’Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Bigogwe, Dr. Mfashingabo Martin uvuga ko ko nubwo abantu bose batarabyumva neza, ariko bamaze gusobanukirwa ububi bw’indwara zitandura.

Yagze ati “Bitewe n’uko tudakunda kubona abantu baje kwisuzumisha indwara zitandura ku bushake, inzego z’ubuzima zafashe ingamba zo gusuzuma izi ndwara ahahurira abantu benshi.’’

Avuga ko aho basanga aba bantu ari mu bigo by’amashuri, mu isoko n’ahandi. Icyakora ngo nta mibare barabona y’abantu baba bamugaye biturutse kuri izi ndwara.

Martha uri mu kigero cy’imyaka 65, umaze imyaka itatu amenye ko arwaye umuvuduko w’amaraso, avuga ko byatangiye ahondobera, agiye kwa muganga bamubwira ko arwaye umuvuduko w’amaraso.

Abajijwe niba azi ko iyo ndwara yamutera ubumuga, mu gisubizo gisa n’urwenya yagize ati “Ariko se mwana wa, ubumuga buruta kutarya akunyu ni ubuhe koko?

 

Ingamba mu bukangurambaga

CSP Oreste Tuganeyezu uyobora Ibitaro bya Gisenyi biherereye mu Karere ka Rubavu, avuga ko indwara zitandura zihangayikishije, kuko hari abantu bazirwaye babarirwa muri 3 338 bakurikiranwa mu Bitaro no mu Bigo Nderabuzima muri aka Karere ka Rubavu.

Agira ati “Hari igihe kinini twamaze dusa n’abafite imibare myinshi y’abantu barware indwara zandura, ariko byaje guhinduka ahubwo indwara zitandura ziba ari zo ziganza cyane, ku buryo ziri imbere mu zihitana abantu. Icyakora hari imbaraga nyinshi ziri gushyirwamo, kugira ngo turebe nibura abantu baba bafite izo ndwara, ariko kandi tukanabashishikariza kuzisuzumisha bakazivuza hakiri kare.”

Avuga ko ku bufatanye n’izindi nzego z’ubuyobozi, barimo bibutsa abaturage babinyujije mu bikorwa rusange nk’Umuganda, inama na siporo rusange, ibishobora gutera izi ndwara kuko zimwe muri zo zishobora kwirindwa bitewe n’ibishobora kuzitera.

Ubu bukangurambaga ntiburi muri ibi bice byitaruye umujyi wa Kigali gusa, kuko mu Gihugu hose Abaturarwanda bari gukangurirwa kwirinda no kurwanya indwara zitandura, kuko zishobora kubatera ubumuga abandi zikabahitana.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, rigaragaza ko abantu barenga miliyoni 41 ku Isi, bahitanwa n’indwara zitandura buri mwaka. Iyi mibare uyishyize ku ijanisha, OMS igaragaza ko nibura 71% by’ababura ubuzima buri mwaka, bahitanwa n’indwara zitandura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 15 =

Previous Post

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje impamvu Perezida Kagame agomba gutorwa 100%

Next Post

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’ihagarikwa ry’umwe mu miti y’amaso ku isoko ryo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.