Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique yari yarazengerejwe n’ibikorwa by’iterabwoba, barashima inzego z’umutekano z’u Rwanda, kuba zarabashije guhashya ibyihebe, ubu bakaba baryama bagasinzira ntacyo bikanga, bakavuga ko batifuza ko zahava.

Akarere ka Mocimboa da Praia n’Umujyi wa Palma muri iyi Ntara ya Cabo Delgado, ni tumwe mu duce twari twarabaye indiri y’ibyihebe byakoraga ibikorwa bihungabanya umutekano, ndetse abaturage bari bahatuye bakaba bari barahunze.

Kuva aho inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiriye mu butumwa muri iki Gihugu guhashya ibi byihebe, ibintu byarahindutse, amahoro aragaruka, ndetse n’abaturage basubira mu byabo, ubu bari gukora ibikorwa bibateza imbere nk’uko byahoze.

Mu Karere ka Mocimboa da Praia gasanzwe gakora ku nyanja y’u Buhindi, hari harazahajwe n’ibyihebe byakoreshaga icyambu cya Mocimboa da Praia bigahungabanya umutekano w’abaturage, ariko ubu amahoro arahinda.

Abatuye muri aka Karere, bavuga ko nta bandi bakesha iri tuze n’amahoro uretse ingabo z’u Rwanda, bifuza ko zahaguma zikabarindira umutekano.

Umwe ati “Turaryama tugasinzira, turashima cyane ingabo z’u Rwanda, turatekanye ntitukibaho dufite imitima ihagaze. Twumvise ko inzego z’umutekano z’u Rwanda ngo ziragiye, natwe twese twagenda nta n’umwe wasigara hano.”

Mugenzi we na we yagize ati “Njye mbonye bahagurutse nanjye nahita mfata imodoka insubiza aho nari narahungiye. Turifuza ko inzego z’u Rwanda zaguma hano.”

Undi muturage w’umubyeyi uvuga ko atakiri kumwe n’abana be kuko batwawe n’ibyehebe, avuga ko nubwo ibi byago byababayeho, ariko babonye ko ku Isi hakiriho abantu bafite umutima mwiza wo gukunda abantu, bakurikije uko babonye inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ati “Turabashimira kandi Imana na yo yumve ko dushimira u Rwanda. Twe nta bana tukigira kuko ibyihebe byabatwaye, ariko nibura ubu turatekanye.”

 

Muri Palma na ho amashimwe ni yose

Umwe mu baturage bo muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko yari yarasenyewe inzu, ndetse bamwe mu bo mu muryango we baricwa, ariko ko aho ingabo z’u Rwanda zigiriye mu butumwa bwo kugarura amahoro muri aka gace, ubu umutekano wagarutse.

Ati “Ubu turashimira Leta yacu ko tumeze neza, ndetse hari n’abanyamahanga bashaka kuza hano kubera umutekano dufite. Ibintu bimeze neza, ni karibu muri Palma.”

Amasoko yarongeye arafungura, abacuruzi bashora imari ubu bari mu bikorwa bibaha amikoro yo kubaho no kwiteza imbere, ndetse n’indi mirimo irakorwa nta kwikanga ko hari ubakoma mu nkokora nk’uko byahoze.

Undi muturage ati “Turashimira Imana, ubu turarya tukaryama tugasinzira, turahinga, tugakora imirimo yose ntacyo twikanga.”

Nyuma y’uko umutekano ugarutse muri uyu mujyi wa Palma bigizwemo uruhare runini na RDF, bamwe mu baturage bari batuye mu bindi bice bakomeje kuwugana bajya kuwuturamo.

Umurundikazi Jacqueline Dusabimana na we ni umwe mu bagiye gushakira imibereho muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko ubuzima bumeze neza.

Ati “Ibintu hano birahendutse, abaturage ba hano nta kibazo bafite, abantu bose barabakira ntakibazo.”

ACP Charles Butera uyoboye Polisi y’u Rwanda muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko abaturage baho bakunda inzego z’umutekano z’u Rwanda, kuko bahora bavuga ko ari zo bakesha kongera kubona umutekano.

Ati “Baradukunda. Iyo unyuze ku muntu akagupepera, burya ni ikimenyetso cy’uko akwizeye, icyo cyizere gituma mufatanya.”

ACP Butera avuga ko icyizere aba baturage bafitiye inzego z’umutekano z’u Rwanda, kizifasha mu kuzuza neza inshingano zazo, kuko baziha amakuru y’icyo babona gishobora guhungabanya umutekano, bigatuma zigikumira kitaraba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Next Post

Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.