Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique yari yarazengerejwe n’ibikorwa by’iterabwoba, barashima inzego z’umutekano z’u Rwanda, kuba zarabashije guhashya ibyihebe, ubu bakaba baryama bagasinzira ntacyo bikanga, bakavuga ko batifuza ko zahava.

Akarere ka Mocimboa da Praia n’Umujyi wa Palma muri iyi Ntara ya Cabo Delgado, ni tumwe mu duce twari twarabaye indiri y’ibyihebe byakoraga ibikorwa bihungabanya umutekano, ndetse abaturage bari bahatuye bakaba bari barahunze.

Kuva aho inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiriye mu butumwa muri iki Gihugu guhashya ibi byihebe, ibintu byarahindutse, amahoro aragaruka, ndetse n’abaturage basubira mu byabo, ubu bari gukora ibikorwa bibateza imbere nk’uko byahoze.

Mu Karere ka Mocimboa da Praia gasanzwe gakora ku nyanja y’u Buhindi, hari harazahajwe n’ibyihebe byakoreshaga icyambu cya Mocimboa da Praia bigahungabanya umutekano w’abaturage, ariko ubu amahoro arahinda.

Abatuye muri aka Karere, bavuga ko nta bandi bakesha iri tuze n’amahoro uretse ingabo z’u Rwanda, bifuza ko zahaguma zikabarindira umutekano.

Umwe ati “Turaryama tugasinzira, turashima cyane ingabo z’u Rwanda, turatekanye ntitukibaho dufite imitima ihagaze. Twumvise ko inzego z’umutekano z’u Rwanda ngo ziragiye, natwe twese twagenda nta n’umwe wasigara hano.”

Mugenzi we na we yagize ati “Njye mbonye bahagurutse nanjye nahita mfata imodoka insubiza aho nari narahungiye. Turifuza ko inzego z’u Rwanda zaguma hano.”

Undi muturage w’umubyeyi uvuga ko atakiri kumwe n’abana be kuko batwawe n’ibyehebe, avuga ko nubwo ibi byago byababayeho, ariko babonye ko ku Isi hakiriho abantu bafite umutima mwiza wo gukunda abantu, bakurikije uko babonye inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ati “Turabashimira kandi Imana na yo yumve ko dushimira u Rwanda. Twe nta bana tukigira kuko ibyihebe byabatwaye, ariko nibura ubu turatekanye.”

 

Muri Palma na ho amashimwe ni yose

Umwe mu baturage bo muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko yari yarasenyewe inzu, ndetse bamwe mu bo mu muryango we baricwa, ariko ko aho ingabo z’u Rwanda zigiriye mu butumwa bwo kugarura amahoro muri aka gace, ubu umutekano wagarutse.

Ati “Ubu turashimira Leta yacu ko tumeze neza, ndetse hari n’abanyamahanga bashaka kuza hano kubera umutekano dufite. Ibintu bimeze neza, ni karibu muri Palma.”

Amasoko yarongeye arafungura, abacuruzi bashora imari ubu bari mu bikorwa bibaha amikoro yo kubaho no kwiteza imbere, ndetse n’indi mirimo irakorwa nta kwikanga ko hari ubakoma mu nkokora nk’uko byahoze.

Undi muturage ati “Turashimira Imana, ubu turarya tukaryama tugasinzira, turahinga, tugakora imirimo yose ntacyo twikanga.”

Nyuma y’uko umutekano ugarutse muri uyu mujyi wa Palma bigizwemo uruhare runini na RDF, bamwe mu baturage bari batuye mu bindi bice bakomeje kuwugana bajya kuwuturamo.

Umurundikazi Jacqueline Dusabimana na we ni umwe mu bagiye gushakira imibereho muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko ubuzima bumeze neza.

Ati “Ibintu hano birahendutse, abaturage ba hano nta kibazo bafite, abantu bose barabakira ntakibazo.”

ACP Charles Butera uyoboye Polisi y’u Rwanda muri uyu Mujyi wa Palma, avuga ko abaturage baho bakunda inzego z’umutekano z’u Rwanda, kuko bahora bavuga ko ari zo bakesha kongera kubona umutekano.

Ati “Baradukunda. Iyo unyuze ku muntu akagupepera, burya ni ikimenyetso cy’uko akwizeye, icyo cyizere gituma mufatanya.”

ACP Butera avuga ko icyizere aba baturage bafitiye inzego z’umutekano z’u Rwanda, kizifasha mu kuzuza neza inshingano zazo, kuko baziha amakuru y’icyo babona gishobora guhungabanya umutekano, bigatuma zigikumira kitaraba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Next Post

Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Havutse amarushanwa abiri azongerera ibyishimo abakunzi ba Basketball mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.