Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CaboDelgado: Perezida Nyusi yasuye Ingabo z’u Rwanda yongera kuzishimira

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
0
CaboDelgado: Perezida Nyusi yasuye Ingabo z’u Rwanda yongera kuzishimira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira ko kuva zagera muri iki Gihugu zaranzwe n’umuhate n’imyitwarire biboneye.

Perezida Filipe Jacinto Nyusi yasuye izi nzego z’umutekano z’u Rwanda mu Karere ka Mocimboa da Praia muri iyi Ntara ya Cabo Delgado kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022.

Mu butumwa yagejeje kuri izi nzego z’umutekano z’u Rwanda, Nyusi yazishimiye akazi keza zakoze mu kurwanya ibyihebe kuva zagera muri iki Gihugu muri Nyakanga 2021.

Yabashimiye kandi umuhate, kwiyemeza ndetse n’imyitwarire bibonyeye byabaranze muri iki gihe cyose bamaze muri ubu butumwa.

Yaboneyeho kandi gusura abaturage bo muri Mocimboa da Praia basubijwe mu byabo bari barakuwemo bakajya gucumbika mu nkambi bari bamazemo imyaka myinshi.

Yabizeje ko Guverinoma n’izindi nzego za Leta, bazakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo imibereho yabo yongere isubire mu buryo nkuko byahoze.

Perezida Filipe Jacinto Nyusi kandi yari yasuye ingabo z’u Rwanda muri Mutarama uyu mwaka mu duce twa Palma na Afungi, na bwo azishimira ibikorwa by’ubutwari byazo mu guhashya ibyihebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Next Post

Ubushinjacyaha bwahishuye ko no muri 2021 Bamporiki yakiriye indonke ya Miliyoni 10Frw

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha bwahishuye ko no muri 2021 Bamporiki yakiriye indonke ya Miliyoni 10Frw

Ubushinjacyaha bwahishuye ko no muri 2021 Bamporiki yakiriye indonke ya Miliyoni 10Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.