Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CaboDelgado: Perezida Nyusi yasuye Ingabo z’u Rwanda yongera kuzishimira

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
0
CaboDelgado: Perezida Nyusi yasuye Ingabo z’u Rwanda yongera kuzishimira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira ko kuva zagera muri iki Gihugu zaranzwe n’umuhate n’imyitwarire biboneye.

Perezida Filipe Jacinto Nyusi yasuye izi nzego z’umutekano z’u Rwanda mu Karere ka Mocimboa da Praia muri iyi Ntara ya Cabo Delgado kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022.

Mu butumwa yagejeje kuri izi nzego z’umutekano z’u Rwanda, Nyusi yazishimiye akazi keza zakoze mu kurwanya ibyihebe kuva zagera muri iki Gihugu muri Nyakanga 2021.

Yabashimiye kandi umuhate, kwiyemeza ndetse n’imyitwarire bibonyeye byabaranze muri iki gihe cyose bamaze muri ubu butumwa.

Yaboneyeho kandi gusura abaturage bo muri Mocimboa da Praia basubijwe mu byabo bari barakuwemo bakajya gucumbika mu nkambi bari bamazemo imyaka myinshi.

Yabizeje ko Guverinoma n’izindi nzego za Leta, bazakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo imibereho yabo yongere isubire mu buryo nkuko byahoze.

Perezida Filipe Jacinto Nyusi kandi yari yasuye ingabo z’u Rwanda muri Mutarama uyu mwaka mu duce twa Palma na Afungi, na bwo azishimira ibikorwa by’ubutwari byazo mu guhashya ibyihebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 7 =

Previous Post

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Next Post

Ubushinjacyaha bwahishuye ko no muri 2021 Bamporiki yakiriye indonke ya Miliyoni 10Frw

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushinjacyaha bwahishuye ko no muri 2021 Bamporiki yakiriye indonke ya Miliyoni 10Frw

Ubushinjacyaha bwahishuye ko no muri 2021 Bamporiki yakiriye indonke ya Miliyoni 10Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.