Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA
0
CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko kuva abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique bakura ibyihebe mu birindiro byabyo, bitigeze bihirahira guhindukira ngo bigabe ibitero.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, agaruka ku gikorwa cy’uruzinduko rw’Ibitangazamakuru byaje gusura ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado.

Yavuze ko ibi bitangazamakuru byasuye ibirindiro bya RDF biri muri Mocimbao da Praia no muri Palma.

Ati “Intego nyamukuru y’uru ruzinduko, ni ukwereka amahanga ko ubuzima buri gusubira mu buryo mu Turere tubiri. Twabanyuriyemo muri macye ibyo tugiye gukora, bakagenda baganiriza abasivile babiyerekera ubwabo ko nta kibazo gihari ko ubuzima buri gusubira mu buryo. Abasivile ubwabo baraboneraho kwibwirira itangazamakuru uko biyumva aka kanya.”

Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique ndetse n’inzego z’ibanze muri ibi bice byari byarazahajwe n’ibikorwa by’ibyihebe, bamaze iminsi basubiza mu byabo bamwe mu baturage bari barabikuwemo n’ibyihebe.

Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko kuva muri Kanama umwaka ushize wa 2021, ubwo ingabo z’u Rwanda zirukanaga ibyihebe mu birindiro byabyo, nta bitero birongera kubaho ngo bibe byagaruka guteza umutekano mucye.

Ati “Ntabwo twigeze tugira ikibazo cyo kuba byahirahira kugaruka ngo bigabe ibitero. Icyo twakoze twirukanye ibyihebe muri Macomia, twaburijemo aho byari bitangiye kubaka ibirindiro bishya mu gace kitwa Chai.”

Brig Gen Rwivanga avuga kandi ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa zabashije no kumenya ibindi bice ibi byihebe byahungiyemo nko muri Pundanhar, ubu zikaba ziri gutegura ibitero byo kujya kubihirukana nubwo hariyo ibyihebe bicye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke

Next Post

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Related Posts

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.