Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA
0
CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko kuva abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique bakura ibyihebe mu birindiro byabyo, bitigeze bihirahira guhindukira ngo bigabe ibitero.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, agaruka ku gikorwa cy’uruzinduko rw’Ibitangazamakuru byaje gusura ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado.

Yavuze ko ibi bitangazamakuru byasuye ibirindiro bya RDF biri muri Mocimbao da Praia no muri Palma.

Ati “Intego nyamukuru y’uru ruzinduko, ni ukwereka amahanga ko ubuzima buri gusubira mu buryo mu Turere tubiri. Twabanyuriyemo muri macye ibyo tugiye gukora, bakagenda baganiriza abasivile babiyerekera ubwabo ko nta kibazo gihari ko ubuzima buri gusubira mu buryo. Abasivile ubwabo baraboneraho kwibwirira itangazamakuru uko biyumva aka kanya.”

Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique ndetse n’inzego z’ibanze muri ibi bice byari byarazahajwe n’ibikorwa by’ibyihebe, bamaze iminsi basubiza mu byabo bamwe mu baturage bari barabikuwemo n’ibyihebe.

Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko kuva muri Kanama umwaka ushize wa 2021, ubwo ingabo z’u Rwanda zirukanaga ibyihebe mu birindiro byabyo, nta bitero birongera kubaho ngo bibe byagaruka guteza umutekano mucye.

Ati “Ntabwo twigeze tugira ikibazo cyo kuba byahirahira kugaruka ngo bigabe ibitero. Icyo twakoze twirukanye ibyihebe muri Macomia, twaburijemo aho byari bitangiye kubaka ibirindiro bishya mu gace kitwa Chai.”

Brig Gen Rwivanga avuga kandi ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa zabashije no kumenya ibindi bice ibi byihebe byahungiyemo nko muri Pundanhar, ubu zikaba ziri gutegura ibitero byo kujya kubihirukana nubwo hariyo ibyihebe bicye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Rwanda&DRCongo: Ibyatangajwe na Tshisekedi i NewYork bishobora gusubiza ibintu irudubi- Impuguke

Next Post

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.