Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cameroon: Abana bari bashimuswe n’umutwe w’iterabwoba ukabajyana mu kindi Gihugu bacyuwe

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Cameroon: Abana bari bashimuswe n’umutwe w’iterabwoba ukabajyana mu kindi Gihugu bacyuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abana 13 bari bashimwe n’umutwe w’Iterabwoba wa Boko Haram ukabajyana muri Nigeria, ubakuye muri Cameroon, batabawe, basubizwe mu Gihugu cyabo.

Aba bana basubijwe iwabo nyuma y’ibyumweru bibiri bashimuswe n’abo bikekwa ko abarwanyi ba Boko Haram, babakuye ahitwa Zigague muri Cameroun.

Ubu basubijwe mu mujyi wa Maroua, umurwa mukuru w’Intara y’Amajyaruguru y’Igihugu cya Cameroon bari bakuwemo ubwo bashimutwaga.

Abana bari baraburiwe irengero ku itariki 13 Kanama ubwo bajyanwaga mu modoka itwara abagenzi. Nubwo Umwe muri bo yishwe nyuma yuko amafaranga yari yatswe umuryango we ngo arekurwe, atatanzwe ku gihe.

Abri barashimuswe, barimo bakomoka mu Gihugu cya Tchad n’abanyeshuri 13 b’Abanya-Cameroun, bose babohowe n’ingabo z’Igihugu cya Cameroon.

Midjiyawa Bakari, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru y’Igihugu, yagize ati “Abashimuswe bari bajyanywe mu Gihugu cya Nigeria mu bice byo kure y’umujyi, ariko kubera ubufatanye bw’ingabo zacu, ndetse n’abaturage ubwabo, buri wese yagize uruhare rwe, kandi twabashije kubabohoza.”

Bryan Bessala w’imyaka 19, umwe mu bashimuswe ntiyabashije kurokoka kuko yishwe n’abamushimuse, nyuma yuko amafaranga yo kumucungura atabonekeye igihe ntarengwa cy’aamasaha 24 cyari cyatanzwe.

Ababyeyi be, n’abaturage ba Cameroun bakaba bakomeje gusaba Leta gushakisha umurambo ugashyingirwa mu cyubahiro.

Muri Cameroon, byumwihariko mu Turere twa Logone na Chari, Mayo Sava na Mayi Tsanaga, bahanganye n’ibikorwa byo gushimuta, bikorwa n’umutwe witwaje intwaro wa Boko Haram, aho ikibazo gikomeje kwiyongera no gutera ubwoba abaturage bahatuye.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eighteen =

Previous Post

Amakuru mashya: Abarimo abanyamakuru baregwa mu rubanza rumwe n’Abofisiye muri RDF bafatiwe icyemezo kibafungura

Next Post

Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.