Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Canada yemeye kwakira umurambo wa Bicamumpaka wabaye muri Leta y’Abatabazi umaze ibyumweru 3 apfuye

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Canada yemeye kwakira umurambo wa Bicamumpaka wabaye muri Leta y’Abatabazi umaze ibyumweru 3 apfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta ya Canada yari yaranze kwakira Jérôme Bicamumpaka wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane muri Leta yiyise iy’Abatabazi, yemeye kwakira umurambo we nyuma y’ibyumweru bitatu apfiriye muri Kenya.

Uyu Jérôme Bicamumpaka wari waraburanishwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda i Arusha, rukamugira umwere, yapfuye mu kwezi gushize, akaba amaze ibyumweru bitatu.

Uyu wabaye umunyapolitiki mu butegetsi bwateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi, yari umwe mu Banyarwanda bagombaga koherezwa muri Neger nyuma y’uko iki Gihugu kigiranye amasezerano n’Umuryango w’Abibumbye yo koherezayo bamwe mu Banyarwanda baburanishijwe na ICTR/TPIR bari bararangije ibihano n’abagizwe abere.

Gusa uyu mugabo yasigaye i Arusha ubwo bamwe muri abo Banyarwanda bajyaga muri Niger, kubera uburwayi yari amaranye igihe.

Leta ya Canada yari yaranze kwakira uyu Jérôme Bicamumpaka, yashyize yemera kwakira umurambo we kugira ngo ushyinguwe muri iki Gihugu.

Jeannine Hakizimana Bicamumpaka wari warashakanye n’uyu mugabo, yabwiye Ijwi rya Amerika ko bishimiye kuba iki Gihugu cyemeye kwakira umurambo w’umugabo we nubwo kimwakiriye yaramaze kuva mu mubiri w’abazima.

Yagize ati “Cyari icyifuzo cya nyakwigendera ariko ni n’icyifuzo cy’abana be, twabonye batwemereye turiruhutsa kuko byari ngombwa ko aza nibura iyo myaka banze ko aza ngo tubane hano ariko nibura tujye tubasha kumenya ko ari hano aho yifuje kuba kuva bamurekura.”

Jérôme Bicamumpaka ndetse n’umuryango we, bari bifuje ko uyu mugabo wari ukurikiranyweho Jenoside Yakorewe Abatutsi asanga umuryango we muri Canada ariko guverinoma y’iki Gihugu irabyanga.

Jeannine Hakizimana Bicamumpaka yavuze ko kuba iki Gihugu cyaranze kwakira umugabo we ubwo yari akiriho, ari ukumwigirizaho nkana.

Ati “Nabonye ko iki Gihugu cyamuciriye nk’urubanza rwa Pilato kubera ko igihe yari akiriho ntacyo tutakoze kugira ngo tubereke ko uyu mugabo ari umwere kandi ko nta kintu cyahungabanya ubutegetsi bwa hano. Kuba bamwakiriye nyuma yo kwitaba Imana, nyine tugumana intimba y’uko banze kumwakira.”

Uyu mugore wa Jérôme Bicamumpaka avuga ko bazakomeza guharanira ko umugabo we azahanagurwaho ubusembwa yashatse gusigwa na Canada ubwo yari akiri muzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 16 =

Previous Post

Kuba turi Igihugu cyakira neza abantu ntibiha uburenganzira abaturanyi kutuvogera- Tshisekedi

Next Post

Volleyball: REG na APR Women zegukanye irushanwa ryo Kwibuka28

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: REG na APR Women zegukanye irushanwa ryo Kwibuka28

Volleyball: REG na APR Women zegukanye irushanwa ryo Kwibuka28

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.