Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup iri kubera muri Tanzania, yatangiye itsinda umukino wa mbere, bituma itangira iyoboye itsinda irimo.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Kabiri, i Dar es Salaam, nyuma y’uko iri rushanwa ryari rimaze imyaka itatu ritaba, dore ko ryaherukaga muri 2021 ubwo ryegukanwaga na Express yo muri Uganda.

Mu mukino wa mbere wa APR FC, yatangiye ibona intsinzi y’igitego 1-0 Singida Black Stars yo muri Tanzania yari iri imbere y’abafana bayo.

Muri uyu mukino wabereye Chamazi ku bibuga cya Azam Complex, igitego cya APR FC cyatsinzwe na rutahizamu Victor Mbaoma ku munota wa 22’.

Umutoza Darko Novic ukomoka muri Serbia yahisemo gukoresha abakinnyi batarimo abashya berekanywe kuri iki Cyumweru, barimo Mamadou Sy, RICHMOND Lamptey, Dauda Yousif ndetse na Aliou Soune, aho bose binjiye mu kibuga basimbuye mu gice cya Kabiri.

Ikipe ya APR FC ubu ni yo iyoboye itsinda rya gatatu, kuko undi mukino wabaye mbere muri iri tsinda, SC Villa yo muri Uganda yanganyije na Al Mereik Bentui yo muri Sudan y’Epfo 0-0.

Ikipe ya APR FC izagaruka mu kibuga kuri uyu wa Gatanu, aho izacakirana na Al Mereik Bentui yo Sudan y’Epfo.

Victor Mbaoma watsinze igitego cya APR FC
Byari ibyishimo

Kagere Meddi wigeze gukinira APR yari yaje kuyishyigikira

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Comments 1

  1. nibishaka jean Paul says:
    1 year ago

    Nibishaka Jean paul

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + three =

Previous Post

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Next Post

Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye

Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.