Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in AMAHANGA
0
Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa yizeje ko Guverinoma igiye kwihutisha umugambi wo gufunga Gereza ya Makala iherereye i Kinshasa iherutse gupfiramo abantu 129 barimo abishwe n’amasasu yarashwe ubwo imfungwa zageragezaga gutoroka.

Ni nyuma yuko mu ijoro rishyira tariki 02 Nzeri 2024, kuri iyi gereza ya Makala, harashwe amasasu menshi yamaze umwanya, ubwo zimwe mu mfungwa zageragezaga gutoroka.

Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa wasuye iyi Gereza kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Nzeri 2024, yanagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, atangaza ko Guverinoma igiye gukomeza umugambi wo gufunga iyi gereza.

Yagize ati “Ni ngombwa ko dushaka uburyo hakomeza inzira zo kuyifunga mu rwego rwo kubahiriza ibyemeranyijweho.”

Bamwe mu basize ubuzima muri iyi gereza, barimo abarashwe amasasu, ndetse n’abandi bazize umubyigano no kubura umwuka kubera ubwinshi bw’abafungiyemo.

Iyi gereza ya Makara yubatswe mu 1957 ubwo yakiraga abantu 1 500, ariko ubu ifungiyemo abantu ibihumbi 15. Ibintu bituma abayifungiyemo babaho mu buzima bubi burimo kwanduzanya indwara, biri no mu bituma abafungiyemo bahora bashaka kuyitoroka

Muri Werurwe uyu mwaka wa 2024, harekuwe imfungwa 67 mu mugambi wo gushaka uburyo iyi gereza yafungwa, ndetse hanatangazwa ko abantu bose bayifungiyemo badafite amadosiye bazafungurwa, abandi bakazoherezwa mu zindi gereza ziri muri iki Gihugu cya DRC.

Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa ubwo yasuraga iyi Gereza kuri uyu wa Gatatu, yanizeje ko igikoni cyayo cyafashwe n’inkongi, kigomba gusubukura imirimo.

Yanaganiriye kandi n’abagore basambanyirijwe muri aka kaduruvayo kabayeho ubwo habaga igikorwa cy’abashakaga gutoroka iyi gereza, ndetse anabizeza ko Guverinoma izabitaho.

Uyu mukuru wa Guverinoma ya Kinshasa kandi yanasabye ko hashyirwaho Komisiyo ishinzwe gufasha Ubushinjacyaha gukora iperereza ku byabaye muri ririya joro ryabereyemo iki gikorwa cyasize abarenga 120 bahasize ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 2 =

Previous Post

Uganda: Amakuru agezweho ku bagore bigabije imihanda bagaragaza imyanya y’ibanga

Next Post

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Related Posts

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

by radiotv10
05/11/2025
0

The Banyamulenge people, together with other ethnic groups including the Babembe, Bapfuru, Bashi, and others living in Minembwe in the...

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Ikibuga cy’Indege cya Bruxelles cyari cyahagaritse ibikorwa kubera impungenge z’umutekano zatewe n’indege zitagira abapilote (Drones) bitazwi aho zaturutse zahazengurutse, cyasubukuye...

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

by radiotv10
05/11/2025
0

Perezida Xi Jinping w'u Bushinwa yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Mikhail Mishustin; yizeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi. Kuri...

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

IZIHERUKA

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore
MU RWANDA

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

05/11/2025
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.