Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in AMAHANGA
0
Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa yizeje ko Guverinoma igiye kwihutisha umugambi wo gufunga Gereza ya Makala iherereye i Kinshasa iherutse gupfiramo abantu 129 barimo abishwe n’amasasu yarashwe ubwo imfungwa zageragezaga gutoroka.

Ni nyuma yuko mu ijoro rishyira tariki 02 Nzeri 2024, kuri iyi gereza ya Makala, harashwe amasasu menshi yamaze umwanya, ubwo zimwe mu mfungwa zageragezaga gutoroka.

Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa wasuye iyi Gereza kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Nzeri 2024, yanagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, atangaza ko Guverinoma igiye gukomeza umugambi wo gufunga iyi gereza.

Yagize ati “Ni ngombwa ko dushaka uburyo hakomeza inzira zo kuyifunga mu rwego rwo kubahiriza ibyemeranyijweho.”

Bamwe mu basize ubuzima muri iyi gereza, barimo abarashwe amasasu, ndetse n’abandi bazize umubyigano no kubura umwuka kubera ubwinshi bw’abafungiyemo.

Iyi gereza ya Makara yubatswe mu 1957 ubwo yakiraga abantu 1 500, ariko ubu ifungiyemo abantu ibihumbi 15. Ibintu bituma abayifungiyemo babaho mu buzima bubi burimo kwanduzanya indwara, biri no mu bituma abafungiyemo bahora bashaka kuyitoroka

Muri Werurwe uyu mwaka wa 2024, harekuwe imfungwa 67 mu mugambi wo gushaka uburyo iyi gereza yafungwa, ndetse hanatangazwa ko abantu bose bayifungiyemo badafite amadosiye bazafungurwa, abandi bakazoherezwa mu zindi gereza ziri muri iki Gihugu cya DRC.

Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa ubwo yasuraga iyi Gereza kuri uyu wa Gatatu, yanizeje ko igikoni cyayo cyafashwe n’inkongi, kigomba gusubukura imirimo.

Yanaganiriye kandi n’abagore basambanyirijwe muri aka kaduruvayo kabayeho ubwo habaga igikorwa cy’abashakaga gutoroka iyi gereza, ndetse anabizeza ko Guverinoma izabitaho.

Uyu mukuru wa Guverinoma ya Kinshasa kandi yanasabye ko hashyirwaho Komisiyo ishinzwe gufasha Ubushinjacyaha gukora iperereza ku byabaye muri ririya joro ryabereyemo iki gikorwa cyasize abarenga 120 bahasize ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + nine =

Previous Post

Uganda: Amakuru agezweho ku bagore bigabije imihanda bagaragaza imyanya y’ibanga

Next Post

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.