• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’uduce tunyuranye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabye ko hakorwa umukwabu wo guhiga abasirikare ba Burigade ya 11, bahagumye rwihishwa ubwo bagenzi babo bari bahavuye, ubu bakaba bakora ibikorwa by’urugomo.

Iki cyifuzo cyatanzwe mu nama y’umutekano yahuje abayobozi b’uduce tunyuranye mu Mujyi wa Goma, n’Umuyobozi w’uyu Mujyi wa Goma.

Bavuze ko hari abasirikare bagumye muri uyu Mujyi wa Goma mu buryo bunyuranyije n’amategeko ubwo Inite yabo yarangizaga inshingano zayo ikava muri uyu mujyi, aho bavugwaho kuba bakora ibikorwa by’ibyaha.

Dedesi Mitima uyobora agace ka Lac Vert, yagize ati “Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo abataragenda bafatwe kugira ngo dukomeza kubaho dutekanye.”

Uyu muyobozi kandi yavuze ko yifuza ko abaturage na bo bagira umuco wo kwanga ikibi, kandi bakajya batangaza ibintu nk’ibi mu gihe babona bibabangamiye, asaba abaturage kugaragaza abo bakeka ko bari muri aka gatsiko k’abasirikare bakoze ibitemewe n’amategeko banakomeje gukora ibikorwa by’urugomo.

Ni mu gihe kandi mu cyumweru gishize, ku wa Gatandatu tariki 07 Nzeri 2024, umuyobozi mukuru w’Umujyi wa Goma, yagaragarije itangazamakuru abantu 27 bakurikiranyweho ibyaha, bafatiwe muri operasiyo yitwa ‘Safisha Muji wa Goma’ isanzwe ikorwa n’inzego z’umutekano muri uyu mujyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bafite ubumenyi mu gucunga umutekano wo mu mazi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bafite ubumenyi mu gucunga umutekano wo mu mazi

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bafite ubumenyi mu gucunga umutekano wo mu mazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.