Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye abanyapolitiki bakomeje kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga watangajwe na Perezida Félix Tshisekedi, kudakomeza kugaragaza urwango bafitiye Umukuru w’Igihugu.

Ni nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi atangaje ko umwaka utaha hazakorwa igikorwa cyo guhindura Itegeko Nshinga ngo kuko ritajyanye n’imibereho y’Abanyekongo muri iki gihe.

Ni umugambi wamaganiwe kure n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Congo, barimo n’abo bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya na we winjiye mu rugamba rwo guhangana n’aba banyapolitiki, avuga ko abanyapolitiki bamagana uyu mugambi babiterwa n’urwango bafitiye Perezida Tshisekedi.

Yagize ati “Uyu munsi rwose ndumva mbabaye kandi zinzi niba twifuza gukora Politiki igamije gucengana cyangwa y’urwangano abantu bakomeje kugaragariza Umukuru w’Igihugu, ariko ndatekereza ko izi mpaka zitazamuwe no guhindura cyangwa kudahindura Itegeko Nshinga.”

Patrick Muyaya yavuze ko ibyo Perezida Tshisekedi yatangarije i Kisangani ku kuvugurura Itegeko Nshinga, bitumvikanye neza.

Ku bijyanye na Komisiyo yatangajwe na Perezida Tshisekedi igomba kuzajyaho umwaka utaha ngo ikusanye ibitekerezo ku bizaba bikubiye mu Itegeko Nshinga rivuguruye, Patrick Muyaya yavuze ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi, na bo bahawe karibu muri urwo rugendo rwo kugaragaza ibitekerezo.

Ati “Kuri iyi Komisiyo, byazaba byiza Sesanga [umunyamategeko udakozwe ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga] na we ayigiyemo, nk’uko yakomeje kuba umwe mu baharanira uburenganzira, wenda yazatanga ibindi bitekerezo. Njye ndabona izi mpaka ziterwa n’ubwoba abantu bafite ku bushake bwa Perezida wa Repubulika.”

Patrick Muyaya yatanze urugero rw’ibigomba kuvugurwa mu Itegeko Nshinga, nk’ubwenegihugu bubiri, buza mu bibazo by’ibanze bigomba kuzasuzumwa, aho yavuze ko hari Abanyekongo benshi bakorera imiryango mpuzamahanga nk’uw’Abibumbye, bakomeje gusaba ubwenegihugu bubiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Next Post

America yasabwe gukuraho ingamba yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

Related Posts

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yasabwe gukuraho ingamba  yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

America yasabwe gukuraho ingamba yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.