Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye abanyapolitiki bakomeje kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga watangajwe na Perezida Félix Tshisekedi, kudakomeza kugaragaza urwango bafitiye Umukuru w’Igihugu.

Ni nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi atangaje ko umwaka utaha hazakorwa igikorwa cyo guhindura Itegeko Nshinga ngo kuko ritajyanye n’imibereho y’Abanyekongo muri iki gihe.

Ni umugambi wamaganiwe kure n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Congo, barimo n’abo bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya na we winjiye mu rugamba rwo guhangana n’aba banyapolitiki, avuga ko abanyapolitiki bamagana uyu mugambi babiterwa n’urwango bafitiye Perezida Tshisekedi.

Yagize ati “Uyu munsi rwose ndumva mbabaye kandi zinzi niba twifuza gukora Politiki igamije gucengana cyangwa y’urwangano abantu bakomeje kugaragariza Umukuru w’Igihugu, ariko ndatekereza ko izi mpaka zitazamuwe no guhindura cyangwa kudahindura Itegeko Nshinga.”

Patrick Muyaya yavuze ko ibyo Perezida Tshisekedi yatangarije i Kisangani ku kuvugurura Itegeko Nshinga, bitumvikanye neza.

Ku bijyanye na Komisiyo yatangajwe na Perezida Tshisekedi igomba kuzajyaho umwaka utaha ngo ikusanye ibitekerezo ku bizaba bikubiye mu Itegeko Nshinga rivuguruye, Patrick Muyaya yavuze ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi, na bo bahawe karibu muri urwo rugendo rwo kugaragaza ibitekerezo.

Ati “Kuri iyi Komisiyo, byazaba byiza Sesanga [umunyamategeko udakozwe ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga] na we ayigiyemo, nk’uko yakomeje kuba umwe mu baharanira uburenganzira, wenda yazatanga ibindi bitekerezo. Njye ndabona izi mpaka ziterwa n’ubwoba abantu bafite ku bushake bwa Perezida wa Repubulika.”

Patrick Muyaya yatanze urugero rw’ibigomba kuvugurwa mu Itegeko Nshinga, nk’ubwenegihugu bubiri, buza mu bibazo by’ibanze bigomba kuzasuzumwa, aho yavuze ko hari Abanyekongo benshi bakorera imiryango mpuzamahanga nk’uw’Abibumbye, bakomeje gusaba ubwenegihugu bubiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Next Post

America yasabwe gukuraho ingamba yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yasabwe gukuraho ingamba  yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

America yasabwe gukuraho ingamba yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.