Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo n’u Rwanda bagarutse ku meza y’ibiganiro ku nshuro ya gatatu mu kwezi kumwe

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Congo n’u Rwanda bagarutse ku meza y’ibiganiro ku nshuro ya gatatu mu kwezi kumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongeye guhurira i Luanda muri Angola mu biganiro bibaye ku nshuro ya gatatu mu gihe cy’ibyumweru bitatu.

Ibi biganiro biri guhuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni ibyo ku rwego rw’Abaminisitiri, aho byitabiriwe n’intumwa ziyobowe na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi.

Nk’uko tubikesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Angola, mu butumwa yatangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, iyi Minisiteri yavuze ko “yakiriye mu masaha y’ikigoroba kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kanama i Luanda, inama ya gatatu yo ku rwego rw’Abaminisitiri ku bibazo by’umutekano n’amahoro biri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Ni ibiganiro biri kuyobora na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António; mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ihagarariwe n’intumwa ziyobowe na Minisitiri Olivier Nduhungirehe, ndetse na Thérèse Kayikwamba Wagner uyoboye intumwa zihagarariye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, na yo yagize icyo ivuga kuri ibi biganiro bya gatatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri, aho yavuze ko ku munsi wa mbere w’iyi nama, habayeho ibiganiro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri.

Ibi biganiro bibaye ibya gatatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri mu nzira zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo, bije bikurikira ibiherutse guhuza abahagarariye inzego z’iperereza z’Ibihugu byombi (Rwanda na DRC) na bo bahuriye i Luanda muri Angola.

Aba bahagarariye inzego z’iperereza, bari bahuye mu nama yabaye tariki 07 n’iya 08 Kanama 2024, nyuma y’uko indi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yo yari yabaye tariki 30 Nyakanga 2025.

Iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yari yafatiwemo ibyemezo, birimo icyasabaga impande zihanganye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imirwano, aho iki cyemezo cyagombaga gutangira kubahirizwa tariki 04 Kanama 2024.

Ibi biganiro byayobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe ayoboye intumwa z’u Rwanda
Intumwa za DRC ziyobowe na Minisitiri Thérèse Kayikwamba Wagner

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 7 =

Previous Post

Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Next Post

Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w’ikimero

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w’ikimero

Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w'ikimero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.