Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo yakoze igikorwa kigaragaza ko idafite ubushake ko ibyayo n’u Rwanda bikemuka mu mahoro

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Congo yakoze igikorwa kigaragaza ko idafite ubushake ko ibyayo n’u Rwanda bikemuka mu mahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze kwitabira ibiganiro byagombaga kuyihuza n’u Rwanda muri Qatar byari bigamije gukomeza mu nzira z’ibiganiro zo gushaka umuti w’ibibazo bihari, bituma u Rwanda rwibaza niba iki Gihugu cyifuza ko ibibazo bihari bikemuka burundu.

Ni ibiganiro byari biteganyijwe kubera i Doha muri Qatar kuri uyu wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, aho byavugwaga ko bigomba guhuza Abakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru witwa Pascal Mulegwa wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukorera ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ndetse na France 24, yatangaje ko Perezida Felix Tshisekedi yanze kwitabira ibi biganiro, kuko adashaka imishyikirano.

Perezida Tshisekedi yanze kwitabira ibi biganiro, nyuma y’iminsi micye Guverinoma y’Igihugu cye ishyize hanze itangazo ryagaragayemo ko iki Gihugu kiri gutegura umugambi mubisha wo gushoza intambara ku Rwanda.

Iri tangazo rya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagiye hanze tariki 17 Mutarama 2023, ryakurikiwe n’irya Guverinoma y’u Rwanda ryashyizwe hanze tariki 19 Mutarama 2023, rivuga ko ibikubiye mu rya DRC bigaragaza uwo mugambi wo gutera u Rwanda hanashingiwe ku kuba iki Gihugu cyarahaye ikiraka abacancuro b’Abarusiya.

 

Guverinoma y’u Rwanda yongeye kubyibazaho

Nyuma yuko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze kwitabira ibi biganuro byari biteganyijwe kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko bitumvikana kuba hari umuturanyi ushinja u Rwanda kumushotora ariko yatumirwa mu biganiro byo kubitorera umuti ntabyitabire kandi ko bitabaye inshuro imwe.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Mukuralinda yagize ati “Nyuma yuko ashinje u Rwanda ubushotoranyi n’abavandimwe [ba DRC] be bari kurwana [yavugaga M23], umuhuza yagutumiye kuguhuza na bo. Urabyanga.”

Mukuralinda yakomeje avuga kandi ko uwo muturanyi yongeye kwifuza ubuhuza ariko nanone akaba yanze kuganira n’u Rwanda. Ati “Niba wanga ibiganiro no guhura na bo, ukeka ko ari inde uzakemura ikibazo?”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwe yibaza niba koko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yifuza ko ibi bibazo bikemuka hifashishijwe inzira z’amahoro.

Ati “Ese mu by’ukuri waba wifuza ko haboneka umuti urambye w’iki kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo?”

Alain Mukuralinda kandi aherutse kuvuga ku marenga acibwa na DRC yagaragaje ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, avuga ko rutajya rwifuza na rimwe guteza intambara ku muturanyi ariko ko Congo niramuka iyirushoyeho, ntakizarubuza kuyirwana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Kigali: Inkongi itunguranye yibasiye amacumbi y’abanyeshuri ubwo bari mu masomo

Next Post

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya
MU RWANDA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.