Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo yakoze igikorwa kigaragaza ko idafite ubushake ko ibyayo n’u Rwanda bikemuka mu mahoro

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Congo yakoze igikorwa kigaragaza ko idafite ubushake ko ibyayo n’u Rwanda bikemuka mu mahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze kwitabira ibiganiro byagombaga kuyihuza n’u Rwanda muri Qatar byari bigamije gukomeza mu nzira z’ibiganiro zo gushaka umuti w’ibibazo bihari, bituma u Rwanda rwibaza niba iki Gihugu cyifuza ko ibibazo bihari bikemuka burundu.

Ni ibiganiro byari biteganyijwe kubera i Doha muri Qatar kuri uyu wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, aho byavugwaga ko bigomba guhuza Abakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru witwa Pascal Mulegwa wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukorera ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ndetse na France 24, yatangaje ko Perezida Felix Tshisekedi yanze kwitabira ibi biganiro, kuko adashaka imishyikirano.

Perezida Tshisekedi yanze kwitabira ibi biganiro, nyuma y’iminsi micye Guverinoma y’Igihugu cye ishyize hanze itangazo ryagaragayemo ko iki Gihugu kiri gutegura umugambi mubisha wo gushoza intambara ku Rwanda.

Iri tangazo rya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagiye hanze tariki 17 Mutarama 2023, ryakurikiwe n’irya Guverinoma y’u Rwanda ryashyizwe hanze tariki 19 Mutarama 2023, rivuga ko ibikubiye mu rya DRC bigaragaza uwo mugambi wo gutera u Rwanda hanashingiwe ku kuba iki Gihugu cyarahaye ikiraka abacancuro b’Abarusiya.

 

Guverinoma y’u Rwanda yongeye kubyibazaho

Nyuma yuko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze kwitabira ibi biganuro byari biteganyijwe kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko bitumvikana kuba hari umuturanyi ushinja u Rwanda kumushotora ariko yatumirwa mu biganiro byo kubitorera umuti ntabyitabire kandi ko bitabaye inshuro imwe.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Mukuralinda yagize ati “Nyuma yuko ashinje u Rwanda ubushotoranyi n’abavandimwe [ba DRC] be bari kurwana [yavugaga M23], umuhuza yagutumiye kuguhuza na bo. Urabyanga.”

Mukuralinda yakomeje avuga kandi ko uwo muturanyi yongeye kwifuza ubuhuza ariko nanone akaba yanze kuganira n’u Rwanda. Ati “Niba wanga ibiganiro no guhura na bo, ukeka ko ari inde uzakemura ikibazo?”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwe yibaza niba koko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yifuza ko ibi bibazo bikemuka hifashishijwe inzira z’amahoro.

Ati “Ese mu by’ukuri waba wifuza ko haboneka umuti urambye w’iki kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo?”

Alain Mukuralinda kandi aherutse kuvuga ku marenga acibwa na DRC yagaragaje ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, avuga ko rutajya rwifuza na rimwe guteza intambara ku muturanyi ariko ko Congo niramuka iyirushoyeho, ntakizarubuza kuyirwana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Kigali: Inkongi itunguranye yibasiye amacumbi y’abanyeshuri ubwo bari mu masomo

Next Post

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.