Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu by’Ibihangange birimo Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bamenyesheje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko bababajwe n’imbaraga z’umurengera ziherutse gukoreshwa n’inzego z’umutekano z’iki Gihugu ubwo zahanganaga n’abigaragambya, zigakubita abarimo umwana muto zikamugira intere.

Ni nyuma yuko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 20 Gicurasi 2023, i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habaye imyigaragambyo yo kwamagana ibibazo byugarije abaturage birimo imibereho ikomeje guhenda ndetse n’intambara zabaye urudaca.

Muri iyi myigaragambyo, inzego z’umutekano z’iki Gihugu, ziraye mu baturage zishaka kubatatanya, zirabakubita ndetse zirasa n’amasasu, hakomerekeramo benshi.

Leta Zunze Ubumwe za America zasohoye itangazo zivuga ku zababajwe n’imbaraga z’umurengera zakoreshejwe n’izi nzego z’umutekano za Congo.

Itangazo ryashyizwe hanze na Ambasade ya USA muri DRC, ritangira rivuga ko “Leta Zunze Ubumwe za America itewe impungenge n’imbaraga z’umurengeza zakoreshejwe n’inzego z’umutekano mu guhangana n’imyigagarambyo yabereye i Kinshasa ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi, harimo no gukubita umwana muto.”

Nyuma y’iyi myigaragambyo, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho agaragaza abapolisi bari gukubita umwana muto bamukubita imigeri umubiri wose, ubu akaba arembeye mu Bitaro.

USA ikomeza ivuga ko iki Gihugu gisanzwe cyubaha ihame ry’ukwishyira ukizana kw’abantu, mu gukora imyigaragambyo yo mu mahoro, bakagira ubwisanzure bwo kuvuga, ikavuga ko ubu burenganzira ari ntayegayezwa kandi bukwiye kubahwa.

Iki Gihugu kandi cyaboneyeho gushimira Guverinoma ya Congo yihutiye gukurikirana abo mu nzego z’umutekano bagize uruhare muri biriya bikorwa, ubu bakaba bafashwe.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na wo wamaganye imbaraga z’umurengera zakoreshejwe n’inzego z’umutekano muri iriya myigaragambyo, zikabangamira uburenganzira bw’abaturage barimo n’abana.

Uyu Muryango wavuze ko wizeye ko hatangwa ubutabera kuri biriya bikorwa kandi Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu muri DRC agatanga umucyo kuri iki kibazo.

Abapolisi baherutse kugaragara bakubita umwana muto
Babanje kumukurubana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 7 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa

Next Post

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.