Thursday, February 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu

radiotv10by radiotv10
30/07/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu
Share on FacebookShare on Twitter

Byari biteganyijwe ko iminsi icumi ya gahunda ya Guma mu rugo ku mujyi wa Kigali n’utundi turere umunani irangirana n’yu wa mbere tariki 26 Nyakanga 2021 ariko byaje guhinduka biba ngombwa ko hongera gufatwa indi minsi itanu abatuye muri ibice bagakomeza kuguma muri iyi gahunda kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021.

Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere turimo; Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, abaturage bahatuye barakomeza kubahiriza ingamba za guma mu rugo kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021 ubwo hazaba harebwa niba abaturage basubira mu bikorwa cyangwa niba gahunda ikomeza.

Abaturage bari muri utu turere umunani n’umujyi wa Kigali babujijwe ibi bikurikira:

1.Kuva mu rugo no gusurana birabujijwe keretse ku mpamvu z’ingenzi nk’izerekeye ubuzima, guhaha ibiribwa, kujya kuri banki n’abakozi bagiye gutanga izo serivisi.

2.Ibikorwa bya siporo ikorewe hanze n’imyidagaduro birabujijwe.

3.Ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zirabujijwe. Gusa, imodoka zitwara abakozi bajya mu bikorwa byemerewe gukomeza zizakomeza gukora. Moto n’amagare ntibyemewe gutwara abagenzi, ariko bishobora kwifashishwa mu gutwara imizigo.

4.Ibiro by’inzego za leta n’iby’abikorera birafunze. Abakozi bose bazakorera mu rugo cyereka abatanga serivisi z’ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

5.Ibikorwa by’ubucuruzi birafunze, cyeretse abacuruza ibiribwa,imiti, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoresho by’ibanze byemejwe ariko bagakoresha abakozi batarenze 30% by’abakozi bose. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00’).

6.Amashuri yose arafunze harimo na za kaminuza. Amabwiriza areba abanyeshuri bazakora ibizamini bya leta muri Nyakanga na Kanama 2021 bizagenwa na Minisiteri y’ubuzima.

7.Abagenzi bose binjira mu gihugu bakoresheje ikibuga mpuzamahanga cya Kigali bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 (PCR Test) amasaha 72 mbere y’uko bahaguruka kandi bakubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda COVID-19.

8.Ibikorwa by’ubukerarugendo bizakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli,abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo.

9.Ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bizakomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.

10.Pisine na spas zizakomeza gufunga. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo muri hoteli bacumbitsemo ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

11.Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

Prime Minister Édouard Ngirente of Rwanda joins the Compact2025 Leadership Council

Dr.Edouard Ngirente Minisitiri w’intebe unashyira umukono kuri aya mabwiriza

Inkuru ya: Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10Rwanda

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 18 =

Previous Post

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Next Post

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Related Posts

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
19/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko inzira yihariye y’abakora imyitozo ngororamubiri yo kwiruka no kugenda n'amaguru iherereye i Nyarutarama mu...

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

by radiotv10
19/02/2026
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Howo yari irimo abakozi bari mu mirimo yo gusana umuhanda, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

by radiotv10
19/02/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14 inshuro ebyiri...

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

by radiotv10
19/02/2026
0

Leta y’u Rwanda iravuga ko iri muri gahunda yo kugabanya imidugudu yo guturamo iri hirya no hino mu Gihugu, ikava...

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

by radiotv10
19/02/2026
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, haravugwa ikibazo cy’umusore ushinja umukobwa ko yamuhaye ibihumbi 50 Frw ngo baryamane,...

IZIHERUKA

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo
MU RWANDA

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
19/02/2026
0

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

19/02/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

19/02/2026
Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

19/02/2026
Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

19/02/2026
Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

19/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.