Friday, May 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu

radiotv10by radiotv10
30/07/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu
Share on FacebookShare on Twitter

Byari biteganyijwe ko iminsi icumi ya gahunda ya Guma mu rugo ku mujyi wa Kigali n’utundi turere umunani irangirana n’yu wa mbere tariki 26 Nyakanga 2021 ariko byaje guhinduka biba ngombwa ko hongera gufatwa indi minsi itanu abatuye muri ibice bagakomeza kuguma muri iyi gahunda kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021.

Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere turimo; Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, abaturage bahatuye barakomeza kubahiriza ingamba za guma mu rugo kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021 ubwo hazaba harebwa niba abaturage basubira mu bikorwa cyangwa niba gahunda ikomeza.

Abaturage bari muri utu turere umunani n’umujyi wa Kigali babujijwe ibi bikurikira:

1.Kuva mu rugo no gusurana birabujijwe keretse ku mpamvu z’ingenzi nk’izerekeye ubuzima, guhaha ibiribwa, kujya kuri banki n’abakozi bagiye gutanga izo serivisi.

2.Ibikorwa bya siporo ikorewe hanze n’imyidagaduro birabujijwe.

3.Ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zirabujijwe. Gusa, imodoka zitwara abakozi bajya mu bikorwa byemerewe gukomeza zizakomeza gukora. Moto n’amagare ntibyemewe gutwara abagenzi, ariko bishobora kwifashishwa mu gutwara imizigo.

4.Ibiro by’inzego za leta n’iby’abikorera birafunze. Abakozi bose bazakorera mu rugo cyereka abatanga serivisi z’ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

5.Ibikorwa by’ubucuruzi birafunze, cyeretse abacuruza ibiribwa,imiti, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoresho by’ibanze byemejwe ariko bagakoresha abakozi batarenze 30% by’abakozi bose. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00’).

6.Amashuri yose arafunze harimo na za kaminuza. Amabwiriza areba abanyeshuri bazakora ibizamini bya leta muri Nyakanga na Kanama 2021 bizagenwa na Minisiteri y’ubuzima.

7.Abagenzi bose binjira mu gihugu bakoresheje ikibuga mpuzamahanga cya Kigali bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 (PCR Test) amasaha 72 mbere y’uko bahaguruka kandi bakubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda COVID-19.

8.Ibikorwa by’ubukerarugendo bizakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli,abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo.

9.Ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bizakomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.

10.Pisine na spas zizakomeza gufunga. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo muri hoteli bacumbitsemo ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

11.Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

Prime Minister Édouard Ngirente of Rwanda joins the Compact2025 Leadership Council

Dr.Edouard Ngirente Minisitiri w’intebe unashyira umukono kuri aya mabwiriza

Inkuru ya: Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10Rwanda

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Next Post

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Related Posts

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

by radiotv10
22/05/2026
0

Leta y’u Rwanda yashyizeho abagize itsinda rya komisiyo yo ku rwego rwo hejuru ishinzwe kwiga no gusesengura gahunda yo kwegurira...

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

by radiotv10
22/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko mu gihe cyo gushaka ibyangombwa byo kubaka, nta faranga na rimwe umuntu yakwa, ahubwo...

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

by radiotv10
22/05/2026
0

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Ujekuvuka Emmanuel uzwi nka Marchal Ujeku, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha birimo cyo kwihesha...

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

by radiotv10
22/05/2026
0

Mu bukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage bugamije gukumira no kurwanya ibyaha, mu Karere ka...

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Ubutumwa bwahawe uwari Umuvugizi wa RDF ku nshingano zo kuyobora Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye

by radiotv10
21/05/2026
0

Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, Jacob Marksons Oboth yabwiye Brig Gen Ronald Rwivanga ko inshingano yahawe zo kuyobora Umutwe w’Ingabo z’Ibihugu...

IZIHERUKA

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta
MU RWANDA

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

by radiotv10
22/05/2026
0

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

22/05/2026
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

22/05/2026
Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

22/05/2026
Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

22/05/2026
Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

22/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.