Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ugushyingo 2021, mu Rwanda haratangira gahunda yo gutanga doze y’ishimangira ya gatatu y’Urukingo rwa COVID-19 itangirira ku byiciro byihariye birimo abakuze n’abafite indwara za karande. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yasobanuye iby’iyi gahunda.

Iyi gahunda iratangirira mu Mujyi wa Kigali ku bantu bamaze amezi atandatu bakingiwe bakuze bafite kuva ku myaka 50 kuzamura ndetse n’abafite imyaka hagati ya 30 na 49 bafite indwara za karande kimwe n’abafite indwara zica intege umubiri nka SIDA.

Dr Daniel Ngamije, Minisitiri w’Ubuzima avuga ko iyi doze ishimangira, itangirwa mu bigo Nderabuzima n’Ibitaro byo mu Mujyi wa Kigali.

Ati “Turiteguye kuba twabakingira kugira ngo tubongerere ingufu mu mubiri zo guhangana na COVID-19.”

Kuki hatanzwe doze ya gatatu?

Dr Daniel Ngamije avuga ko atari ubwa mbere hatanzwe doze ya gatatu ishimangira iziba zaratanzwe by’umwihariko ko bimenyerewe ku nkingo zihabwa abana.

Minisitiri w’Ubuzima amara impungenge abashobora kuzigira kuko guterwa doze ya gatatu nta ngaruka byagira mu mubiri ahubwo ko biwongerera ubudahangarwa kuri iki cyorezo cya COVID-19.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ugushyingo 2021 rivuga ko iyi doze y’urukiko rwa COVID-19 igiye gutangwa, ishobora gufatwa nk’iya gatatu ishimangira ebyiri ku batewe izisanzwe ziterwa ari ebyiri cyangwa iya kabiri ku batewe urukingo ruterwa ari rumwe.

Iri tangazo rivuga ko iyi gahunda itangirira kuri ibi byiciro byihariye ku batuye mu Mujyi wa Kigali ariko ikazakomereza no ku bandi bantu bose bakingiwe baba abo muri Kigali ndetse no mu bindi bice by’Igihugu mu gihe cya vuba.

Dr Ngamije ati “Iyi gahunda izabageraho uko tugenda tubona inkingo. Duhereye mu Mujyi wa Kigali kuko ni na ho twahereye dufite abantu bamaze kugira amezi atandatu benshi, birumvikana mu Turere hari abamaze kugira amezi ane, bazajya kugera ku mezi atandatu na bo dufite gahunda ifatika n’inkingo zikwiriye zo kugira ngo muri ibi byiciro twavuze bazabashe kubona uru rukingo rushimangira.”

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zari ziherutse gutangaza ko igihe cyose bizagaragara ko hari ubudahangarwa bw’umubiri bwagabanutse kuri bamwe mu bamaze guhabwa doze ebyiri z’urukingo rwa COVID-19, nta kabuza ko bazahabwa doze ya gatatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + nineteen =

Previous Post

Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or, Cristiano Ronaldo aza ku mwanya wa 7 (Amafoto)

Next Post

Kicukiro: Imodoka itwara Abanyeshuri yafashwe n’Inkongi irashya irakongoka

Related Posts

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

by radiotv10
20/11/2025
0

A major road linking the districts of Nyanza in the Southern Province and Bugesera and Ngoma in the Eastern Province...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Imodoka itwara Abanyeshuri yafashwe n’Inkongi irashya irakongoka

Kicukiro: Imodoka itwara Abanyeshuri yafashwe n’Inkongi irashya irakongoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.