Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga
Share on FacebookShare on Twitter

Jeannne d’Arc De Bonheur wigeze kuba Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda, yarahiriye kuba Noteri wigenga, akaba yavuze ko yishimiye gukomeza gukorera Igihugu.

Jeannne d’Arc De Bonheur wabaye Minisitiri w’Imicungire y’Ibiza n’impunzi [ubwo iyi Minisiteri yari ikiriho ikaba yarasimbuwe n’iy’ibikorwa by’ubutabazi], mu butumwa bwe, yavuze ko atangiye inzira nshya.

Ati “Intambwe nshya nka Noteri Wigenga, ni amahirwe mashya yo gukomeza gukorera Igihugu cyanjye nkunda. Ndabyishimiye.”

A new step as a Private Notary, is a new opportunity for me to continue serving my beloved Country. I am Thankful @Rwanda_Justice @Gasabo_District pic.twitter.com/CmH9L62N4p

— DE BONHEUR Jeanne d'Arc (@DeBonheurJeanne) May 17, 2022

Jeannne d’Arc De Bonheur wabaye Minisitiri kuva tariki 31 Kanama 2017 kugeza tariki 18 Ukwakira 2018 ubwo yasimbuzwaga Germaine Kamayirese, kuva icyo gihe nta wundi mwanya yongeye kubona muri Guverinoma y’u Rwanda cyangwa mu zindi nzengo nkuru z’Igihugu.

Uyu munyamategeko w’umwuga, amaze imyaka ikabakaba ine atavugwa mu miyoborere yo mu Rwanda nyuma yo gukurwa muri Guverinoma yamazemo umwaka umwe n’amezi abiri.

Mu gikorwa cyabaye tariki 22 Ukwakira 2018, ubwo yahererekanyaga ububasha bw’inshingano na Kamayirese wari umusimbuye, Jeannne d’Arc De Bonheur ubwo yavugaga ijambo, yabaye nk’ufatwa n’ikiniga, abanza kwitsa afata umwanya muto wo gutuza.

Icyo gihe yagize ati “Murihangana wenda ku bw’ikiniga ngize ubusanzwe ni amatage, gutandukana birangora, ni cyo kibazo mba ngize.”

Jeannne d’Arc De Bonheur kandi yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame wari wamugiriye icyizere.

Icyo gihe yagize ati “n’ubundi sinshidikanya ko akikimfitiye [icyizere], gusa iyo umutoza afite ikipe agira uburyo asaranganya abakinnyi kugira ngo umukino ukomeze neza.”

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri ubu ni Noteri wigenga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 15 =

Previous Post

Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa

Next Post

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

IZIHERUKA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.