Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga
Share on FacebookShare on Twitter

Jeannne d’Arc De Bonheur wigeze kuba Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda, yarahiriye kuba Noteri wigenga, akaba yavuze ko yishimiye gukomeza gukorera Igihugu.

Jeannne d’Arc De Bonheur wabaye Minisitiri w’Imicungire y’Ibiza n’impunzi [ubwo iyi Minisiteri yari ikiriho ikaba yarasimbuwe n’iy’ibikorwa by’ubutabazi], mu butumwa bwe, yavuze ko atangiye inzira nshya.

Ati “Intambwe nshya nka Noteri Wigenga, ni amahirwe mashya yo gukomeza gukorera Igihugu cyanjye nkunda. Ndabyishimiye.”

A new step as a Private Notary, is a new opportunity for me to continue serving my beloved Country. I am Thankful @Rwanda_Justice @Gasabo_District pic.twitter.com/CmH9L62N4p

— DE BONHEUR Jeanne d'Arc (@DeBonheurJeanne) May 17, 2022

Jeannne d’Arc De Bonheur wabaye Minisitiri kuva tariki 31 Kanama 2017 kugeza tariki 18 Ukwakira 2018 ubwo yasimbuzwaga Germaine Kamayirese, kuva icyo gihe nta wundi mwanya yongeye kubona muri Guverinoma y’u Rwanda cyangwa mu zindi nzengo nkuru z’Igihugu.

Uyu munyamategeko w’umwuga, amaze imyaka ikabakaba ine atavugwa mu miyoborere yo mu Rwanda nyuma yo gukurwa muri Guverinoma yamazemo umwaka umwe n’amezi abiri.

Mu gikorwa cyabaye tariki 22 Ukwakira 2018, ubwo yahererekanyaga ububasha bw’inshingano na Kamayirese wari umusimbuye, Jeannne d’Arc De Bonheur ubwo yavugaga ijambo, yabaye nk’ufatwa n’ikiniga, abanza kwitsa afata umwanya muto wo gutuza.

Icyo gihe yagize ati “Murihangana wenda ku bw’ikiniga ngize ubusanzwe ni amatage, gutandukana birangora, ni cyo kibazo mba ngize.”

Jeannne d’Arc De Bonheur kandi yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame wari wamugiriye icyizere.

Icyo gihe yagize ati “n’ubundi sinshidikanya ko akikimfitiye [icyizere], gusa iyo umutoza afite ikipe agira uburyo asaranganya abakinnyi kugira ngo umukino ukomeze neza.”

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri ubu ni Noteri wigenga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 10 =

Previous Post

Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa

Next Post

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.