Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga
Share on FacebookShare on Twitter

Jeannne d’Arc De Bonheur wigeze kuba Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda, yarahiriye kuba Noteri wigenga, akaba yavuze ko yishimiye gukomeza gukorera Igihugu.

Jeannne d’Arc De Bonheur wabaye Minisitiri w’Imicungire y’Ibiza n’impunzi [ubwo iyi Minisiteri yari ikiriho ikaba yarasimbuwe n’iy’ibikorwa by’ubutabazi], mu butumwa bwe, yavuze ko atangiye inzira nshya.

Ati “Intambwe nshya nka Noteri Wigenga, ni amahirwe mashya yo gukomeza gukorera Igihugu cyanjye nkunda. Ndabyishimiye.”

A new step as a Private Notary, is a new opportunity for me to continue serving my beloved Country. I am Thankful @Rwanda_Justice @Gasabo_District pic.twitter.com/CmH9L62N4p

— DE BONHEUR Jeanne d'Arc (@DeBonheurJeanne) May 17, 2022

Jeannne d’Arc De Bonheur wabaye Minisitiri kuva tariki 31 Kanama 2017 kugeza tariki 18 Ukwakira 2018 ubwo yasimbuzwaga Germaine Kamayirese, kuva icyo gihe nta wundi mwanya yongeye kubona muri Guverinoma y’u Rwanda cyangwa mu zindi nzengo nkuru z’Igihugu.

Uyu munyamategeko w’umwuga, amaze imyaka ikabakaba ine atavugwa mu miyoborere yo mu Rwanda nyuma yo gukurwa muri Guverinoma yamazemo umwaka umwe n’amezi abiri.

Mu gikorwa cyabaye tariki 22 Ukwakira 2018, ubwo yahererekanyaga ububasha bw’inshingano na Kamayirese wari umusimbuye, Jeannne d’Arc De Bonheur ubwo yavugaga ijambo, yabaye nk’ufatwa n’ikiniga, abanza kwitsa afata umwanya muto wo gutuza.

Icyo gihe yagize ati “Murihangana wenda ku bw’ikiniga ngize ubusanzwe ni amatage, gutandukana birangora, ni cyo kibazo mba ngize.”

Jeannne d’Arc De Bonheur kandi yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame wari wamugiriye icyizere.

Icyo gihe yagize ati “n’ubundi sinshidikanya ko akikimfitiye [icyizere], gusa iyo umutoza afite ikipe agira uburyo asaranganya abakinnyi kugira ngo umukino ukomeze neza.”

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri ubu ni Noteri wigenga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + nine =

Previous Post

Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa

Next Post

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.