Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dore igisubizo cyahawe uwavugaga ko yarenganyijwe na Camera zifotora abarengeje umuvuduko

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in MU RWANDA
1
Dore igisubizo cyahawe uwavugaga ko yarenganyijwe na Camera zifotora abarengeje umuvuduko
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku kibazo cy’uwavugaga ko yaciwe amande mu buryo bw’ikoranabuhanga kubera kurenza umuvuduko ubwo yafotorwaga na camera zo ku muhanda, kandi ngo ari mu muvuduko ugaragazwa n’icyapa, igaragaza uko byagenze ngo ayacibwe.

Uwitwa Rugamba Olivier, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, yavugaga ko yarenganyijwe, agacibwa amande yo kurenza umuvuduko kandi yari ari mu werekanwa n’icyapa.

Ni amande yaciwe kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024, aho yagaragaje ko yari ari mu muvuduko wa 68Km/h mu muhanda Nyagatare-Ryabega, agacibwa ibihumbi 25 Frw.

Mu butumwa bwe, Rugamba Olivier yagize ati “camera yaramfotoye ndi kuri iyi speed [umuvuduko] kandi ahantu nari ndi hari icyapa cya 80km/h.”

Mu butumwa busubiza iki kibazo, Ubuyobozi bw’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, bwagize buti “Nyuma yo gusuzuma ikibazo cyanyu, twasanze nyuma y’icyapa cya 80 hari icyapa cya 60, mu Kagali ka Rutaraka, Umudugudu wa Ryabega.”

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda, bukomeza bugira buti “Mwarenze ku cyapa cya 60, murenza umuvuduko uteganyijwe, camera irabafotora.”

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, ryasoje ubutumwa bugira inama abatwara ibinyabiziga kujya bubahiriza iteka ryose ibiteganywa n’ibyapa, birinda icyateza impanuka aho kwirinda gucibwa amande.

Mu cyumweru gishize, Senateri Evode Uwizeyimana yatanze inama y’uburyo hakosorwa ibyapa bigaragaza umuvuduko ugomba kubahirizwa, aho yavuze ko umuntu adashobora kuva mu muvuduko wa 80Km/h ngo ahite yinjira mu wa 60Km/h, akavuga ko habanza kujya hajyamo uwa 70Km/h.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baptiste says:
    2 years ago

    Ngewe sinumvikana na evode ibyo byapa ntibikurikirana gutyo,asibire mwigazeti ya leta asomye neza atiriwe anasoma icyapa yajya amenya ngo ngiye kugera mu cyapa cya 80 ikindi icyapa gishyirwa muri metero runaka ahagaragara mbere Yuko ukigeraho uwo muvudiko Uba wawufashe rwose yirushya police yacu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Next Post

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.