Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dore igisubizo cyahawe uwavugaga ko yarenganyijwe na Camera zifotora abarengeje umuvuduko

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in MU RWANDA
1
Dore igisubizo cyahawe uwavugaga ko yarenganyijwe na Camera zifotora abarengeje umuvuduko
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku kibazo cy’uwavugaga ko yaciwe amande mu buryo bw’ikoranabuhanga kubera kurenza umuvuduko ubwo yafotorwaga na camera zo ku muhanda, kandi ngo ari mu muvuduko ugaragazwa n’icyapa, igaragaza uko byagenze ngo ayacibwe.

Uwitwa Rugamba Olivier, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, yavugaga ko yarenganyijwe, agacibwa amande yo kurenza umuvuduko kandi yari ari mu werekanwa n’icyapa.

Ni amande yaciwe kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024, aho yagaragaje ko yari ari mu muvuduko wa 68Km/h mu muhanda Nyagatare-Ryabega, agacibwa ibihumbi 25 Frw.

Mu butumwa bwe, Rugamba Olivier yagize ati “camera yaramfotoye ndi kuri iyi speed [umuvuduko] kandi ahantu nari ndi hari icyapa cya 80km/h.”

Mu butumwa busubiza iki kibazo, Ubuyobozi bw’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, bwagize buti “Nyuma yo gusuzuma ikibazo cyanyu, twasanze nyuma y’icyapa cya 80 hari icyapa cya 60, mu Kagali ka Rutaraka, Umudugudu wa Ryabega.”

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda, bukomeza bugira buti “Mwarenze ku cyapa cya 60, murenza umuvuduko uteganyijwe, camera irabafotora.”

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, ryasoje ubutumwa bugira inama abatwara ibinyabiziga kujya bubahiriza iteka ryose ibiteganywa n’ibyapa, birinda icyateza impanuka aho kwirinda gucibwa amande.

Mu cyumweru gishize, Senateri Evode Uwizeyimana yatanze inama y’uburyo hakosorwa ibyapa bigaragaza umuvuduko ugomba kubahirizwa, aho yavuze ko umuntu adashobora kuva mu muvuduko wa 80Km/h ngo ahite yinjira mu wa 60Km/h, akavuga ko habanza kujya hajyamo uwa 70Km/h.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baptiste says:
    2 years ago

    Ngewe sinumvikana na evode ibyo byapa ntibikurikirana gutyo,asibire mwigazeti ya leta asomye neza atiriwe anasoma icyapa yajya amenya ngo ngiye kugera mu cyapa cya 80 ikindi icyapa gishyirwa muri metero runaka ahagaragara mbere Yuko ukigeraho uwo muvudiko Uba wawufashe rwose yirushya police yacu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Next Post

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.