Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe
Share on FacebookShare on Twitter

Kimwe mu bikunze gutera ipfunwe abantu, ni ibiheri byo mu maso, bigera mu isura ya bamwe bikayihindanya, ku buryo hari n’abagenda bumva batifitiye icyizere mu nzira. Gusa hari uburyo bwafasha ababaswe n’ibiheri guca ukubiri na byo.

Ibiheri byo mu maso bikunze kwibasira ab’igitsinagore, ndetse bamwe kugira ngo biveho bigafata igihe kinini, ku buryo hari abiyambaza abahanga mu gusiga ibirungo by’umubiri (make up) kugira ngo babihishe.

Gusa ibirungo by’umubiri na byo iyo bibaye byinshi bishobora kugira ingaruka ku ruhu rw’umuntu kubera bimwe mu biba bibigize.

Bamwe ntibamenya uburyo bakwifashisha bivura ibiheri byo mu maso, ari na yo mpamvu twegeranyije ibyafasha ababite:

Umunyu uri mu mazi y’akazuyazi

Fata umunyu uwushyire mu mazi y’akazuyazi, ubundi ufate agatambaro gasa neza ugakoze muri ya mazi ukoze ku giheri, ureke amazi yumireho, ubundi uze kubanza guhanagura umunyu n’amazi meza, amazi adatembeye ahandi, ubundi woge mu maso neza n’amazi meza.

Vinegar

Vinegar na yo wayikoresha ufata ipamba ugatonyangirizaho udutonyanga twa Vinegre ugasiga ku giheri, ubundi ukaza koga neza ukoresheje amazi meza.

Urunyanya

Urunyanya na rwo urusiga ahari ibiheri, cyane ko rwo warusiga mu maso hose kuko rufasha kugira mu maso heza, warangiza byamaze kuma ugakaraba.

Ibumba ry’icyatsi

Ibumba na ryo urishyira mu mazi y’akazuyazi, ubundi ugasigaho, byamara kuma ugakaraba neza mu maso, bikaba byagufasha gukira ibiheri mu maso.

Kudahindagura amavuta yo kwisiga

Abantu bamwe bakunda guhindagura amavuta yo kwisiga, mu gihe abahanga mu byo kwita ku ruhu, bavuga ko bituma rutamenyera amavuta, bityo bikaba byatera ibiheri.

Kwirinda kwihanaguza mu maso isuyume (Essui-Main) isa nabi

Iyo isuyume isa nabi mu maso ishobora kukugiraho ingaruka, ukaba warwara ibiheri byo mu maso, rero ihanaguze isuyume isa neza kandi idatose.

Isimbi Noella AKIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

Next Post

Hari kurangishwa amafaranga yatoraguwe ku Mupaka w’u Rwanda na Uganda

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari kurangishwa amafaranga yatoraguwe ku Mupaka w’u Rwanda na Uganda

Hari kurangishwa amafaranga yatoraguwe ku Mupaka w’u Rwanda na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.