Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Dosiye ya CG (Rtd) Gasana yamaze kugezwa mu Rukiko ruzamuburanisha ku ifungwa ry’agateganyo
Share on FacebookShare on Twitter

AGEZWEHO: Nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwakiriye Dosiye y’ikirego kiregwamo CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, bwatangaje ko na bwo bwayigejeje mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, mu kirego cy’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana yatawe muri yombi mu mpera z’ukwezi gushize tariki 25 Ukwakira 2023, nyuma y’amasaha macye Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bishyize hanze itangazo ryavugaga ko yakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, kuko hari ibyo yari akurikiranyweho agomba kubazwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko bwamaze kwakira dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu wahoze ari Guverineri wanabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin yemeje ko dosiye y’ikirego kiregwamo CG (Rtd) Emmanuel Gasana bwayakiriye tariki 30 Ukwakira 2023, ndetse na bwo ko bwayishyikirije Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023.

Faustin Nkusi avuga ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana akurikiranyweho ibyaha bibiri; ari byo gusaba cyangwa kwakira indonke, ndetse n’icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, atangaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, uru rwego rwashyikirije Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, dosiye y’ikirego kiregwamo CG (Rtd) Gasana kugira ngo rumuburanishe ku ifungwa ry’agateganyo.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka icyenda (2009-2018), akaba yarayoboraga Intara y’Iburasirazuba akibarizwa muri Polisi, yari aherutse gusezererwa ashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, yashyizwemo mu mpera za Nzeri nk’uko byatangajwe tariki 27 Nzeri 2023.

Yanabaye Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, inshingano yakuweho muri Gicurasi 2020 bivugwa ko na bwo hari ibyo yari akurikiranyweho yagombaga kubazwa, ariko muri Werurwe 2021 yongera kugirirwa icyizere ahabwa kuyobora Intara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

Next Post

Ibyamamare by’amazina akomeye byinjiye mu rugamba rusaba ko intambara ya Israel na Hamas ihagarara

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

by radiotv10
08/08/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rufunze Prof. Omar Munyaneza utari uzuza ukwezi akuwe mu nshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo...

IZIHERUKA

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye
AMAHANGA

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare by’amazina akomeye byinjiye mu rugamba rusaba ko intambara ya Israel na Hamas ihagarara

Ibyamamare by’amazina akomeye byinjiye mu rugamba rusaba ko intambara ya Israel na Hamas ihagarara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.