Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

radiotv10by radiotv10
07/01/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rya Senegal, rwanze Dosiye ya Ousmane Sonko impirimbanyi itavuga rumwe n’umutegetsi muri iki gihugu, ngo kubera ko itujuje ibisabwa.

Akanama gashinzwe guhitamo dosiye y’abaziyamamaza mu matora y’Umukuru w’igihugu azaba tariki 24 Gashyantare 2024, kavuze ko hari ibiburamo by’ingenzi gusa ntihatangajwe ibyo aribyo.

Ousmane Sonko tariki 14 Ukuboza 2023, Urukiko rwisumbuye rwa Dakar, rwari rwatesheje agaciro icyemezo cyo gukura Ousmane Sonko ku rutonde rw’abazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika.

Nubwo icyo cyemezo cy’Urukiko rwisumbuye rwa Dakar, cyasubije Sonko ku rutonde rw’abazahatana ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu 2024, ariko ntabwo cyakuyeho inzitizi zose, kuko abanyamategeko bahagarariye Leta muri urwo rubanza, bagisohoka mu cyumba Urukiko rwatangarijemo icyo cyemezo, bahise batangaza ko bagomba kukijuririra mu Rukiko rw’Ikirenga rukagitesha agaciro.

Me El Hadj Diouf, umwe mu banyamategeko bahagarariye Leta ya Senegal muri urwo rubanza, yahise atangaza ko ntacyo bimaze gutangira kwishimira ko batsinze, kuko bagombaga gusaba ko Urukiko rw’Ikirenga rutesha agaciro icyemezo cy’Urukiko rwisumbuye rwa Dakar.

Ousmane Sonko nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye mu butabera, birimo n’ibyo gusambanya umugore wakoraga ‘massage’, muri Kanama 2023, yakuwe ku rutonde rw’abakandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko hari hashize amezi abiri akatiwe gufungwa imyaka ibiri muri gereza, kuko Urukiko rwari rwamuhamije icyaha cyo gutanga ruswa ku rubyiruko.

Nyuma yaje kurekurwa anemererwa no kuba yakwiyamamariza umwanya wo kuyobora Senegal, ariko Akanama gashinzwe guhitamo dosiye y’abaziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu kanze dosiye ye.

Sonko w’imyaka 49 ni umunyapolitiki ukunzwe n’urubyiruko cyane, akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Macky Sall n’abo bakorana. Yigeze gutorerwa kuyobora Umujyi wa Ziguinchor, uherereye mu Majyepfo ya Senegal, akaba yarabaye uwa gatatu mu matora yo mu 2019.

Radiotv10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

Imikino ya BAL 2024 izabera mu bihugu birimo u Rwanda hamenyekanye igihe izabera

Next Post

UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by'agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.