Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Dosiye ya Ousmane Sonko yo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Senegal yanzwe

radiotv10by radiotv10
07/01/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rya Senegal, rwanze Dosiye ya Ousmane Sonko impirimbanyi itavuga rumwe n’umutegetsi muri iki gihugu, ngo kubera ko itujuje ibisabwa.

Akanama gashinzwe guhitamo dosiye y’abaziyamamaza mu matora y’Umukuru w’igihugu azaba tariki 24 Gashyantare 2024, kavuze ko hari ibiburamo by’ingenzi gusa ntihatangajwe ibyo aribyo.

Ousmane Sonko tariki 14 Ukuboza 2023, Urukiko rwisumbuye rwa Dakar, rwari rwatesheje agaciro icyemezo cyo gukura Ousmane Sonko ku rutonde rw’abazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika.

Nubwo icyo cyemezo cy’Urukiko rwisumbuye rwa Dakar, cyasubije Sonko ku rutonde rw’abazahatana ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu 2024, ariko ntabwo cyakuyeho inzitizi zose, kuko abanyamategeko bahagarariye Leta muri urwo rubanza, bagisohoka mu cyumba Urukiko rwatangarijemo icyo cyemezo, bahise batangaza ko bagomba kukijuririra mu Rukiko rw’Ikirenga rukagitesha agaciro.

Me El Hadj Diouf, umwe mu banyamategeko bahagarariye Leta ya Senegal muri urwo rubanza, yahise atangaza ko ntacyo bimaze gutangira kwishimira ko batsinze, kuko bagombaga gusaba ko Urukiko rw’Ikirenga rutesha agaciro icyemezo cy’Urukiko rwisumbuye rwa Dakar.

Ousmane Sonko nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye mu butabera, birimo n’ibyo gusambanya umugore wakoraga ‘massage’, muri Kanama 2023, yakuwe ku rutonde rw’abakandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko hari hashize amezi abiri akatiwe gufungwa imyaka ibiri muri gereza, kuko Urukiko rwari rwamuhamije icyaha cyo gutanga ruswa ku rubyiruko.

Nyuma yaje kurekurwa anemererwa no kuba yakwiyamamariza umwanya wo kuyobora Senegal, ariko Akanama gashinzwe guhitamo dosiye y’abaziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu kanze dosiye ye.

Sonko w’imyaka 49 ni umunyapolitiki ukunzwe n’urubyiruko cyane, akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Macky Sall n’abo bakorana. Yigeze gutorerwa kuyobora Umujyi wa Ziguinchor, uherereye mu Majyepfo ya Senegal, akaba yarabaye uwa gatatu mu matora yo mu 2019.

Radiotv10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

Imikino ya BAL 2024 izabera mu bihugu birimo u Rwanda hamenyekanye igihe izabera

Next Post

UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

Related Posts

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by’agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

UPDATE: Umuhanda wari wafunzwe by'agateganyo wongeye kuba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.