Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri barangije mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi bitangiza ibidukikije RICA, yavuze ko icyerekezo 2050 kitazagerwaho bitagizwe uruhare n’ubuhinzi bugezweho.

Dr Ngirente yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, ubwo yahaga impamyabumenyi abanyeshuri 81 barangije muri iri Shuri RICA ku nshuro ya kabiri.

Dr Ron Rosati, Umuyobozi Wungirije wa RICA, yashimiye umurava aba banyeshuri bakoranye ndetse abasaba kuzabyaza umusaruro ubumenyi bavomye muri iri shuri.

Yabasabye kandi kuzagira uruhare mu guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa, ihindagurika ry’ibihe n’iterambere muri rusange.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yashimiye umushoramari Graham Buffet washinze iri shuri ndetse n’ubuyobozi bwaryo mu ruhare rwo gutanga amasomo arebana n’ubuhinzi butangiza ibidukikije.

Yavuze ko u Rwanda ruteganya gushora imari mu buhinzi bugezweho kuko ari ingenzi mu iterambere ry’igihugu.

Yagize ati “Duha agaciro uruhare rwawe mu guteza imbere ubuhinzi nka kimwe mu bigenderwaho mu guhangana n’ubukene.”

Dr Ngirente yagarutse ku cyerecyezo cy’u Rwanda cya 2025, avuga ko ubuhinzi bufatiye runini ubukungu n’iterambere by’Igihugu.

Ati “Mu cyerecyezo cya 2050 u Rwanda ruteganya gushora imari mu buhinzi bugezweho kugira ngo tuzamure umusaruro w’ibiribwa. Birumvikana ntitwagera ku cyerecyezo 2050 tudateje imbere urwego rw’ubuhinzi rufatiye runini gahunda yo kwihaza mu biribwa n’iterambere ry’Igihugu.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko mubyibuka mu ntangiriro z’uku kwezi u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga yiga ku buhinzi n’ibiribwa, bimwe mu byibanzweho ni uburyo bwo kubika umusaruro, gufata neza ubutaka no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima. Ibi biganiro byagaragaje uruhare rw’ubuhinzi mu ntego z’iterambere kugira ngo Igihugu kibigereho ni ngombwa kugaragaza ahari icyuho mu Gihugu.”

Iri shuri rikuru rya RICA ryatangiye gukorera mu Rwanda mu 2019, aho rifite icyicaro mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera. Ni ishuri ry’icyitegererezo mu kwigisha ikoranabuhanga rigezweho mu buhinzi n’ubworozi, ryashinzwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Howard G. Foundation.

Dr Ngirente yavuze ko u Rwanda rwiyemeje guteza imbere ubuhinzi bugezweho
Dr Ngirente yayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abarangije muri RICA
Abanyeshuri 81 barangije muri iri shuri

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 12 =

Previous Post

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Next Post

Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.