Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri barangije mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi bitangiza ibidukikije RICA, yavuze ko icyerekezo 2050 kitazagerwaho bitagizwe uruhare n’ubuhinzi bugezweho.

Dr Ngirente yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, ubwo yahaga impamyabumenyi abanyeshuri 81 barangije muri iri Shuri RICA ku nshuro ya kabiri.

Dr Ron Rosati, Umuyobozi Wungirije wa RICA, yashimiye umurava aba banyeshuri bakoranye ndetse abasaba kuzabyaza umusaruro ubumenyi bavomye muri iri shuri.

Yabasabye kandi kuzagira uruhare mu guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa, ihindagurika ry’ibihe n’iterambere muri rusange.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yashimiye umushoramari Graham Buffet washinze iri shuri ndetse n’ubuyobozi bwaryo mu ruhare rwo gutanga amasomo arebana n’ubuhinzi butangiza ibidukikije.

Yavuze ko u Rwanda ruteganya gushora imari mu buhinzi bugezweho kuko ari ingenzi mu iterambere ry’igihugu.

Yagize ati “Duha agaciro uruhare rwawe mu guteza imbere ubuhinzi nka kimwe mu bigenderwaho mu guhangana n’ubukene.”

Dr Ngirente yagarutse ku cyerecyezo cy’u Rwanda cya 2025, avuga ko ubuhinzi bufatiye runini ubukungu n’iterambere by’Igihugu.

Ati “Mu cyerecyezo cya 2050 u Rwanda ruteganya gushora imari mu buhinzi bugezweho kugira ngo tuzamure umusaruro w’ibiribwa. Birumvikana ntitwagera ku cyerecyezo 2050 tudateje imbere urwego rw’ubuhinzi rufatiye runini gahunda yo kwihaza mu biribwa n’iterambere ry’Igihugu.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko mubyibuka mu ntangiriro z’uku kwezi u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga yiga ku buhinzi n’ibiribwa, bimwe mu byibanzweho ni uburyo bwo kubika umusaruro, gufata neza ubutaka no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima. Ibi biganiro byagaragaje uruhare rw’ubuhinzi mu ntego z’iterambere kugira ngo Igihugu kibigereho ni ngombwa kugaragaza ahari icyuho mu Gihugu.”

Iri shuri rikuru rya RICA ryatangiye gukorera mu Rwanda mu 2019, aho rifite icyicaro mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera. Ni ishuri ry’icyitegererezo mu kwigisha ikoranabuhanga rigezweho mu buhinzi n’ubworozi, ryashinzwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Howard G. Foundation.

Dr Ngirente yavuze ko u Rwanda rwiyemeje guteza imbere ubuhinzi bugezweho
Dr Ngirente yayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abarangije muri RICA
Abanyeshuri 81 barangije muri iri shuri

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + thirteen =

Previous Post

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Next Post

Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

by radiotv10
29/11/2025
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi, barimo Nirere Madeleine wongerewe Manda nk'Umuvunyi Mukuru, na Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho...

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

by radiotv10
29/11/2025
0

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.