• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango itari iya Leta irenga 60 yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Leta Zunze Ubumwe za America kuba ari yo ijyayo gukora ibikorwa byo kubyaza umusaruro umutungo kamere wabo ngo kuko babona byatuma bagira amahoro.

Iyi miryango yatangaje ibi mu rwandiko bageneye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ubwo yari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Franck Mfwamba uhagarariye izi Sosiyete Sivile yavuze ko iyi miryango yiteze ko Guverinoma ya America izazana kompanyi z’Abanyamerika kuza kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro ari muri DRC.

Uyu muyobozi w’Imiryango itari iya Leta wavuze ko yizeye Guverinoma z’Ibihugu byombi [DRC na USA] zizabiganiraho, yavuze ko ziriya kompanyi z’Abanyamerika zazajya gucukura amabuye muri Kivu ya Ruguru no muri Grand-Katanga.

Yavuze ko ibi bizatuma Abanye-Congo benshi babona imirimo ndetse Igihugu cyabo kikarushaho kubona amadovize y’ibyo bazohereza hanze.

Yagize ati “Iyi miryango kandi yizeye ko Guverina ya America izabikora mu nyungu za DRC n’abaturage bato mu mikoranire kandi bizatuma haboneka amahoro n’umutekano.”

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, ubwo yari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yizeje iki Gihugu ko icye kizakomeza kugifasha mu nzego zitandukanye zirimo no kugarura amahoro mu burarazuba bwacyo bumaze iminsi bwugarijwe n’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 9 =

Previous Post

NRM ifite benshi bansimbura- Museveni yahumurije abakeka ko ari gutegura Muhoozi kuzamusimbura

Next Post

Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke

Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.