Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Guverinoma yarakaye isaba ko abasirikare ba MONUSCO barashe abantu bahita birukanwa

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC: Guverinoma yarakaye isaba ko abasirikare ba MONUSCO barashe abantu bahita birukanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage ku mupaka wa Kasindi, bagahitana bamwe mu baturage, badakwiye gukomeza muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iki gikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022.

Guverinoma ya Congo kandi yatangaje ko ari yo yishyura ikiguzi cyo kuvura abakomerekeye muri iki gikorwa gikomeje kunengwa na benshi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya Katembwe rivuga ko batifuza ko izi ngabo zakoze iki gikorwa zikomeza kuguma mu bari mu butumwa bwa MONUSCO.

Rigira riti “Yemeje ko abasirikare bakoze iki gikorwa bataguma mu butumwa cyangwa ngo bakomeze kuba mu ngabo za MONUSCO.”

Amashusho yatangiye gushyirwa hanze ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, agaragaza abasirikare ba MONUSCO bari mu modoka zabo binjira ku mupaka uhuza DRC na Uganda uherereye i Kasindi muri Kivu ya Ruguru, bahagera bakabanza kwamaganwa n’abaturage, ubundi na bo bakabamishamo amasasu bagatatana.

Guverinoma ya Congo yanenze iki gikorwa, ivuga ko izakomeza gukurikirana ko ubutabera butangwa kuri aba basirikare.

Ku bufatanya bwa Guverinoma na MONUSCO bahise batangira iperereza kuri iki gikorwa kugira ngo hamenyekane icyateye aba basirikare kwivugana abaturage, ubundi bakazahanishwa ibihano by’intangarugero.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi bwaboneye guhamagarira abaturage kutijandika mu bikorwa by’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO byumwihariko ahabereye iki gikorwa i Kasinsi ndetse no mu Ntara yose ya Kivu ya Ruguru ndetse butangaza ko bugiye gukora ibishoboka byose kugira ngo igikorwa nka kiriya kitazongera ukundi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, na we yatangaje ko yashenguwe n’iki gikorwa cyakozwe n’abasirikare bari mu buryo bw’uyu muryango cyahitanye ubuzima bw’abaturage.

Ni igikorwa kandi nubundi cyamaganywe n’umuhagarariye muri DRC, Bintou Keita, mu itangazo yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanaga

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akaba ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasira uherutse kwinjiramo DRC, na we yamaganye iki gikorwa cyakozwe n’ingabo za MONUSCO, aboneraho kwihanganisha Guverinoma ya Congo n’imiryango y’ababuze ababo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 8 =

Previous Post

Nyanza: Abarimu babiri bakurikiranyweho kumena ibanga ry’akazi no kuhereza ubutumwa budakenewe

Next Post

Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w’ikizungerezi arusha imyaka 70

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w’ikizungerezi arusha imyaka 70

Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w'ikizungerezi arusha imyaka 70

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.