Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Guverinoma yarakaye isaba ko abasirikare ba MONUSCO barashe abantu bahita birukanwa

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC: Guverinoma yarakaye isaba ko abasirikare ba MONUSCO barashe abantu bahita birukanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage ku mupaka wa Kasindi, bagahitana bamwe mu baturage, badakwiye gukomeza muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iki gikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022.

Guverinoma ya Congo kandi yatangaje ko ari yo yishyura ikiguzi cyo kuvura abakomerekeye muri iki gikorwa gikomeje kunengwa na benshi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya Katembwe rivuga ko batifuza ko izi ngabo zakoze iki gikorwa zikomeza kuguma mu bari mu butumwa bwa MONUSCO.

Rigira riti “Yemeje ko abasirikare bakoze iki gikorwa bataguma mu butumwa cyangwa ngo bakomeze kuba mu ngabo za MONUSCO.”

Amashusho yatangiye gushyirwa hanze ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, agaragaza abasirikare ba MONUSCO bari mu modoka zabo binjira ku mupaka uhuza DRC na Uganda uherereye i Kasindi muri Kivu ya Ruguru, bahagera bakabanza kwamaganwa n’abaturage, ubundi na bo bakabamishamo amasasu bagatatana.

Guverinoma ya Congo yanenze iki gikorwa, ivuga ko izakomeza gukurikirana ko ubutabera butangwa kuri aba basirikare.

Ku bufatanya bwa Guverinoma na MONUSCO bahise batangira iperereza kuri iki gikorwa kugira ngo hamenyekane icyateye aba basirikare kwivugana abaturage, ubundi bakazahanishwa ibihano by’intangarugero.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi bwaboneye guhamagarira abaturage kutijandika mu bikorwa by’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO byumwihariko ahabereye iki gikorwa i Kasinsi ndetse no mu Ntara yose ya Kivu ya Ruguru ndetse butangaza ko bugiye gukora ibishoboka byose kugira ngo igikorwa nka kiriya kitazongera ukundi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, na we yatangaje ko yashenguwe n’iki gikorwa cyakozwe n’abasirikare bari mu buryo bw’uyu muryango cyahitanye ubuzima bw’abaturage.

Ni igikorwa kandi nubundi cyamaganywe n’umuhagarariye muri DRC, Bintou Keita, mu itangazo yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanaga

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akaba ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasira uherutse kwinjiramo DRC, na we yamaganye iki gikorwa cyakozwe n’ingabo za MONUSCO, aboneraho kwihanganisha Guverinoma ya Congo n’imiryango y’ababuze ababo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Nyanza: Abarimu babiri bakurikiranyweho kumena ibanga ry’akazi no kuhereza ubutumwa budakenewe

Next Post

Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w’ikizungerezi arusha imyaka 70

Related Posts

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w’ikizungerezi arusha imyaka 70

Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w'ikizungerezi arusha imyaka 70

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.