Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Guverinoma yarakaye isaba ko abasirikare ba MONUSCO barashe abantu bahita birukanwa

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC: Guverinoma yarakaye isaba ko abasirikare ba MONUSCO barashe abantu bahita birukanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage ku mupaka wa Kasindi, bagahitana bamwe mu baturage, badakwiye gukomeza muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iki gikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022.

Guverinoma ya Congo kandi yatangaje ko ari yo yishyura ikiguzi cyo kuvura abakomerekeye muri iki gikorwa gikomeje kunengwa na benshi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya Katembwe rivuga ko batifuza ko izi ngabo zakoze iki gikorwa zikomeza kuguma mu bari mu butumwa bwa MONUSCO.

Rigira riti “Yemeje ko abasirikare bakoze iki gikorwa bataguma mu butumwa cyangwa ngo bakomeze kuba mu ngabo za MONUSCO.”

Amashusho yatangiye gushyirwa hanze ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, agaragaza abasirikare ba MONUSCO bari mu modoka zabo binjira ku mupaka uhuza DRC na Uganda uherereye i Kasindi muri Kivu ya Ruguru, bahagera bakabanza kwamaganwa n’abaturage, ubundi na bo bakabamishamo amasasu bagatatana.

Guverinoma ya Congo yanenze iki gikorwa, ivuga ko izakomeza gukurikirana ko ubutabera butangwa kuri aba basirikare.

Ku bufatanya bwa Guverinoma na MONUSCO bahise batangira iperereza kuri iki gikorwa kugira ngo hamenyekane icyateye aba basirikare kwivugana abaturage, ubundi bakazahanishwa ibihano by’intangarugero.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi bwaboneye guhamagarira abaturage kutijandika mu bikorwa by’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO byumwihariko ahabereye iki gikorwa i Kasinsi ndetse no mu Ntara yose ya Kivu ya Ruguru ndetse butangaza ko bugiye gukora ibishoboka byose kugira ngo igikorwa nka kiriya kitazongera ukundi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, na we yatangaje ko yashenguwe n’iki gikorwa cyakozwe n’abasirikare bari mu buryo bw’uyu muryango cyahitanye ubuzima bw’abaturage.

Ni igikorwa kandi nubundi cyamaganywe n’umuhagarariye muri DRC, Bintou Keita, mu itangazo yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanaga

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akaba ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasira uherutse kwinjiramo DRC, na we yamaganye iki gikorwa cyakozwe n’ingabo za MONUSCO, aboneraho kwihanganisha Guverinoma ya Congo n’imiryango y’ababuze ababo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 14 =

Previous Post

Nyanza: Abarimu babiri bakurikiranyweho kumena ibanga ry’akazi no kuhereza ubutumwa budakenewe

Next Post

Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w’ikizungerezi arusha imyaka 70

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w’ikizungerezi arusha imyaka 70

Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w'ikizungerezi arusha imyaka 70

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.