Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Ihuriro ryiyemeje gukura Tshisekedi ku butegetsi ryatangiye gushyigikirwa n’abari mu murongo w’ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abiyemeje gukura Tshisekedi ku butegetsi bagaragaje ko ntakizabakoma imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abanyekongo baba hanze y’Igihugu (LDC/ Leadership de la Diaspora Congolaise) wavuze ko na wo wamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cyabo, bagahamagarira abantu gushyigikira ihuriro AFC rifite intego yo gukura Perezida Felix Tshisekedi ku butegetsi.

Bikubiye mu itangazo ryasohotse mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ry’Ubuyobozi bwa Diyasiporo y’Abanyekongo (LDC/ Leadership de la Diaspora Congolaise).

Iri tangazo ritangira rivuga ko abanyamuryango b’uyu muryango basanzwe batanga 13% by’ingengo y’Imari ikoreshwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bityo ko “badakwiye kwirengagizwa mu buzima bw’Igihugu.”

Rikomeza rivuga ko uyu muryango uhangayikishijwe n’ibibazo biri kuba mu Gihugu cyabo byakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba mu kwezi gushize, kandi ko atabaye mu mucyo no mu bwisanzure.

LDC ivuga ko Perezida Felix Tshisekedi uherutse gutangazwa ko yatsinze aya matora, yateguye aya matora mu gihe mu Gihugu harimo haba ibibazo bikomeye birimo ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bazira ubwoko bwabo ndetse n’urwangano rukomeje kuzamuka kandi bikaba bikomeje kototera ubukungu bw’Igihugu cyabo.

Uyu muryango ukavuga ko kongera gutorwa kwa Tshisekedi bishobora kuzatiza umurindi ibi bibazo kuko yanakoresheje iturufu yumvikanamo urwango ku buryo hari impungenge ko ibi bibazo bizarushaho gukomera.

Muri iri tangazo, uyu muryango ugira uti “Twiyemeje guhagarika ubwo bushake bwose mu bushobozi bwose dufite.”

LDC yakomeje igira iti “Leadership de la Diaspora Congolaise irasaba ko habaho gutesha agaciro mu buryo burunduye ibyavuye mu matora, kandi hakabaho guhererekanya ubutegetsi mu nzira zikurikije amategeko yaba ay’Igihugu na mpuzamahanga, kugira ngo Igihugu cyacu kigendere kuri demokarasi, Nyakubahwa Tshisekedi ashaka gusenya akoresheje ubushobozi bwe bucye.”

Uyu muryango kandi wahamagariye Abanyekongo gushyigikira ihuriro AFC (Alliance du Fleuve Congo) riherutse no kwinjirwamo n’umutwe wa M23, rikaba rifite intego yo kubohora Congo, rikuye ku butegetsi Perezida Tshisekedi.

Iri tangazo rikagira riti “LDC irahamagarira imitwe yose kumva neza ibibazo biri mu Gihugu imbere ikiyunga kuri AFC, twese hamwe tugashyira mu bikorwa ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga, hagashyirwaho Leta igendera kuri Demokarasi.”

Ibi bitangajwe n’uyu muryango nyuma y’uko bamwe mu bari bahanganye na Perezida Tshisekedi mu matora, bakomeje kwamagana intsinzi ye, bavuga ko yabayemo uburiganya, ndetse bagasaba ko ibyavuye mu matora biteshwa agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + eleven =

Previous Post

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Next Post

Abayobozi babiri mu nzego z’ibanze bakurikiranyweho ibyaviriyemo umuturage urupfu

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abayobozi babiri mu nzego z’ibanze bakurikiranyweho ibyaviriyemo umuturage urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.