Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Ihuriro ryiyemeje gukura Tshisekedi ku butegetsi ryatangiye gushyigikirwa n’abari mu murongo w’ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abiyemeje gukura Tshisekedi ku butegetsi bagaragaje ko ntakizabakoma imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abanyekongo baba hanze y’Igihugu (LDC/ Leadership de la Diaspora Congolaise) wavuze ko na wo wamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cyabo, bagahamagarira abantu gushyigikira ihuriro AFC rifite intego yo gukura Perezida Felix Tshisekedi ku butegetsi.

Bikubiye mu itangazo ryasohotse mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ry’Ubuyobozi bwa Diyasiporo y’Abanyekongo (LDC/ Leadership de la Diaspora Congolaise).

Iri tangazo ritangira rivuga ko abanyamuryango b’uyu muryango basanzwe batanga 13% by’ingengo y’Imari ikoreshwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bityo ko “badakwiye kwirengagizwa mu buzima bw’Igihugu.”

Rikomeza rivuga ko uyu muryango uhangayikishijwe n’ibibazo biri kuba mu Gihugu cyabo byakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba mu kwezi gushize, kandi ko atabaye mu mucyo no mu bwisanzure.

LDC ivuga ko Perezida Felix Tshisekedi uherutse gutangazwa ko yatsinze aya matora, yateguye aya matora mu gihe mu Gihugu harimo haba ibibazo bikomeye birimo ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bazira ubwoko bwabo ndetse n’urwangano rukomeje kuzamuka kandi bikaba bikomeje kototera ubukungu bw’Igihugu cyabo.

Uyu muryango ukavuga ko kongera gutorwa kwa Tshisekedi bishobora kuzatiza umurindi ibi bibazo kuko yanakoresheje iturufu yumvikanamo urwango ku buryo hari impungenge ko ibi bibazo bizarushaho gukomera.

Muri iri tangazo, uyu muryango ugira uti “Twiyemeje guhagarika ubwo bushake bwose mu bushobozi bwose dufite.”

LDC yakomeje igira iti “Leadership de la Diaspora Congolaise irasaba ko habaho gutesha agaciro mu buryo burunduye ibyavuye mu matora, kandi hakabaho guhererekanya ubutegetsi mu nzira zikurikije amategeko yaba ay’Igihugu na mpuzamahanga, kugira ngo Igihugu cyacu kigendere kuri demokarasi, Nyakubahwa Tshisekedi ashaka gusenya akoresheje ubushobozi bwe bucye.”

Uyu muryango kandi wahamagariye Abanyekongo gushyigikira ihuriro AFC (Alliance du Fleuve Congo) riherutse no kwinjirwamo n’umutwe wa M23, rikaba rifite intego yo kubohora Congo, rikuye ku butegetsi Perezida Tshisekedi.

Iri tangazo rikagira riti “LDC irahamagarira imitwe yose kumva neza ibibazo biri mu Gihugu imbere ikiyunga kuri AFC, twese hamwe tugashyira mu bikorwa ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga, hagashyirwaho Leta igendera kuri Demokarasi.”

Ibi bitangajwe n’uyu muryango nyuma y’uko bamwe mu bari bahanganye na Perezida Tshisekedi mu matora, bakomeje kwamagana intsinzi ye, bavuga ko yabayemo uburiganya, ndetse bagasaba ko ibyavuye mu matora biteshwa agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 4 =

Previous Post

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Next Post

Abayobozi babiri mu nzego z’ibanze bakurikiranyweho ibyaviriyemo umuturage urupfu

Related Posts

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

by radiotv10
02/12/2025
0

Nigeria’s Minister of Defence has resigned, citing health reasons, even as the country continues to face a surge in kidnappings...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abayobozi babiri mu nzego z’ibanze bakurikiranyweho ibyaviriyemo umuturage urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.