Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Ihuriro ryiyemeje gukura Tshisekedi ku butegetsi ryatangiye gushyigikirwa n’abari mu murongo w’ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abiyemeje gukura Tshisekedi ku butegetsi bagaragaje ko ntakizabakoma imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abanyekongo baba hanze y’Igihugu (LDC/ Leadership de la Diaspora Congolaise) wavuze ko na wo wamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cyabo, bagahamagarira abantu gushyigikira ihuriro AFC rifite intego yo gukura Perezida Felix Tshisekedi ku butegetsi.

Bikubiye mu itangazo ryasohotse mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ry’Ubuyobozi bwa Diyasiporo y’Abanyekongo (LDC/ Leadership de la Diaspora Congolaise).

Iri tangazo ritangira rivuga ko abanyamuryango b’uyu muryango basanzwe batanga 13% by’ingengo y’Imari ikoreshwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bityo ko “badakwiye kwirengagizwa mu buzima bw’Igihugu.”

Rikomeza rivuga ko uyu muryango uhangayikishijwe n’ibibazo biri kuba mu Gihugu cyabo byakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba mu kwezi gushize, kandi ko atabaye mu mucyo no mu bwisanzure.

LDC ivuga ko Perezida Felix Tshisekedi uherutse gutangazwa ko yatsinze aya matora, yateguye aya matora mu gihe mu Gihugu harimo haba ibibazo bikomeye birimo ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bazira ubwoko bwabo ndetse n’urwangano rukomeje kuzamuka kandi bikaba bikomeje kototera ubukungu bw’Igihugu cyabo.

Uyu muryango ukavuga ko kongera gutorwa kwa Tshisekedi bishobora kuzatiza umurindi ibi bibazo kuko yanakoresheje iturufu yumvikanamo urwango ku buryo hari impungenge ko ibi bibazo bizarushaho gukomera.

Muri iri tangazo, uyu muryango ugira uti “Twiyemeje guhagarika ubwo bushake bwose mu bushobozi bwose dufite.”

LDC yakomeje igira iti “Leadership de la Diaspora Congolaise irasaba ko habaho gutesha agaciro mu buryo burunduye ibyavuye mu matora, kandi hakabaho guhererekanya ubutegetsi mu nzira zikurikije amategeko yaba ay’Igihugu na mpuzamahanga, kugira ngo Igihugu cyacu kigendere kuri demokarasi, Nyakubahwa Tshisekedi ashaka gusenya akoresheje ubushobozi bwe bucye.”

Uyu muryango kandi wahamagariye Abanyekongo gushyigikira ihuriro AFC (Alliance du Fleuve Congo) riherutse no kwinjirwamo n’umutwe wa M23, rikaba rifite intego yo kubohora Congo, rikuye ku butegetsi Perezida Tshisekedi.

Iri tangazo rikagira riti “LDC irahamagarira imitwe yose kumva neza ibibazo biri mu Gihugu imbere ikiyunga kuri AFC, twese hamwe tugashyira mu bikorwa ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga, hagashyirwaho Leta igendera kuri Demokarasi.”

Ibi bitangajwe n’uyu muryango nyuma y’uko bamwe mu bari bahanganye na Perezida Tshisekedi mu matora, bakomeje kwamagana intsinzi ye, bavuga ko yabayemo uburiganya, ndetse bagasaba ko ibyavuye mu matora biteshwa agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + seventeen =

Previous Post

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Next Post

Abayobozi babiri mu nzego z’ibanze bakurikiranyweho ibyaviriyemo umuturage urupfu

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe
MU RWANDA

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abayobozi babiri mu nzego z’ibanze bakurikiranyweho ibyaviriyemo umuturage urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.