Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Adophe Muzito wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yiyambaje u Bubiligi ngo bufashe Congo kubona igisubizo cy’ikibazo giterwa no kuba u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Uyu mugabo uherutse guhagarikwa mu Nteko Ishinga Amategeko ya DRC, akaba ari na Perezida w’Ishyaka Nouvel Elan yagiranye ikiganiro kihariye n’Intumwa Idasanzwe y’u Bubiligi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Stéphane Doppagne.

Uru ruzinduko rwabaye ku wa Gatanu tariki 15 Nyakanga 2022, Adophe Muzito avuga ko yifuza ko ubushotoranyi bw’u Rwanda bwo gufasha M23 mu guhungabanya umutekano mu Burasirazuba rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bugomba gushakirwa umuti urambye.

Mu biganiro aba banyapolitiki bagiranye, bemeranyijwe ko hakwiye gushyirwaho ubukangurambaga bwo guhamagarira abaturage ba Congo kugira uruhare mu kurandura ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa Congo.

Muzito yiyambaje u Bubiligi mu gihe ubutegetsi bwa Congo buherutse no kwiyambaza Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, aho Perezida Felix Tshisekedi yamwoherereje intumwa zari ziyobowe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo n’ibikorwa rusange, Alexis Gisaro, zagiye muri Uganda ku wa Kane tariki 14 Nyakanga 2022.

Mu ijambo rye, Alexis Gisaro yabwiye Museveni ko ikibazo cya M23 iri gufashwa n’Igihugu cy’igituranyi kitaranduka atabigizemo uruhare kuko ngo afite ijambo rikomeye mu karere.

Perezida Museveni na we wagaragarije DRC inzira zo kubona umuti urambye wa M23, yahishuriye Perezida Tshisekedi ko akwiye kuganira na M23 aho kuyishozaho intambara.

Adophe Muzito we wiyambaje u Bubiligi, ntiyigeze ahishira ko yanga u Rwanda aho aherutse kuvuga ko hakwiye kubakwa urukuta hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo kugira ngo rudakomeza kuvogera Igihugu cyabo.

Ibi yatangarije mu nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri Congo mu kwezi gushize, Muzito yavuze ko ku mipaka y’iki Gihugu n’u Rwanda na Uganda hashobora gushyirwa abasirikare ibihumbi 50 ngo bakajya bazibira abashaka kujya kubahungabanyiriza umutekano.

Icyo gihe yagize ati “Ku ruhande rw’u Rwanda ahantu hateye inkeke hangana na kilometero 60, twahakora urukuta rungana gutyo, ibya Uganda byo twaba tubireba neza mu gihe kiri imbere.”

Umubabo w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi urimo igitotso gishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya, byanatumye hiyambazwa Perezida wa Angola João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola uherutse kuyobora ibiganiro byahuje Perezida Kagame Paul na Felix Tshisekedi bakanzura ko Ibihugu byombi bigomba guhosha umwuka mubi.

Muri ibi biganiro byabaye tariki 06 Nyakanga 2022, hafatiwemo imyanzuro irimo isaba abategetsi bo muri Congo guhagarika amagambo mabi y’u Rwanda yari akomeje kweneyegeza uyu mwuka mubi.

Abasesenguzi bemeza ko ibi biganiro byatanze umusaruro kuko kuva byaba, amagambo mabi yavugwaga na bamwe mu banyapolitiki bo mu Congo, yagabanutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − four =

Previous Post

Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda aravugwaho gufungishwa na mugenzi we bakoranaga ufite izina rikomeye

Next Post

Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Related Posts

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.