Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Adophe Muzito wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yiyambaje u Bubiligi ngo bufashe Congo kubona igisubizo cy’ikibazo giterwa no kuba u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Uyu mugabo uherutse guhagarikwa mu Nteko Ishinga Amategeko ya DRC, akaba ari na Perezida w’Ishyaka Nouvel Elan yagiranye ikiganiro kihariye n’Intumwa Idasanzwe y’u Bubiligi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Stéphane Doppagne.

Uru ruzinduko rwabaye ku wa Gatanu tariki 15 Nyakanga 2022, Adophe Muzito avuga ko yifuza ko ubushotoranyi bw’u Rwanda bwo gufasha M23 mu guhungabanya umutekano mu Burasirazuba rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bugomba gushakirwa umuti urambye.

Mu biganiro aba banyapolitiki bagiranye, bemeranyijwe ko hakwiye gushyirwaho ubukangurambaga bwo guhamagarira abaturage ba Congo kugira uruhare mu kurandura ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa Congo.

Muzito yiyambaje u Bubiligi mu gihe ubutegetsi bwa Congo buherutse no kwiyambaza Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, aho Perezida Felix Tshisekedi yamwoherereje intumwa zari ziyobowe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo n’ibikorwa rusange, Alexis Gisaro, zagiye muri Uganda ku wa Kane tariki 14 Nyakanga 2022.

Mu ijambo rye, Alexis Gisaro yabwiye Museveni ko ikibazo cya M23 iri gufashwa n’Igihugu cy’igituranyi kitaranduka atabigizemo uruhare kuko ngo afite ijambo rikomeye mu karere.

Perezida Museveni na we wagaragarije DRC inzira zo kubona umuti urambye wa M23, yahishuriye Perezida Tshisekedi ko akwiye kuganira na M23 aho kuyishozaho intambara.

Adophe Muzito we wiyambaje u Bubiligi, ntiyigeze ahishira ko yanga u Rwanda aho aherutse kuvuga ko hakwiye kubakwa urukuta hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo kugira ngo rudakomeza kuvogera Igihugu cyabo.

Ibi yatangarije mu nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri Congo mu kwezi gushize, Muzito yavuze ko ku mipaka y’iki Gihugu n’u Rwanda na Uganda hashobora gushyirwa abasirikare ibihumbi 50 ngo bakajya bazibira abashaka kujya kubahungabanyiriza umutekano.

Icyo gihe yagize ati “Ku ruhande rw’u Rwanda ahantu hateye inkeke hangana na kilometero 60, twahakora urukuta rungana gutyo, ibya Uganda byo twaba tubireba neza mu gihe kiri imbere.”

Umubabo w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi urimo igitotso gishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya, byanatumye hiyambazwa Perezida wa Angola João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola uherutse kuyobora ibiganiro byahuje Perezida Kagame Paul na Felix Tshisekedi bakanzura ko Ibihugu byombi bigomba guhosha umwuka mubi.

Muri ibi biganiro byabaye tariki 06 Nyakanga 2022, hafatiwemo imyanzuro irimo isaba abategetsi bo muri Congo guhagarika amagambo mabi y’u Rwanda yari akomeje kweneyegeza uyu mwuka mubi.

Abasesenguzi bemeza ko ibi biganiro byatanze umusaruro kuko kuva byaba, amagambo mabi yavugwaga na bamwe mu banyapolitiki bo mu Congo, yagabanutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 20 =

Previous Post

Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda aravugwaho gufungishwa na mugenzi we bakoranaga ufite izina rikomeye

Next Post

Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.