Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva ku wa Mbere tariki 22 Kanama, imodoka zirenga 600 zaheze mu muhanda wa Komanda-Mambasa muri Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera ibikorwa by’umutekano mucye.

Abayobozi b’iyi Ntara ya Ituri, barashinja abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa ADF urwanya Uganda, kuba ari bo bateje uyu iki kibazo.

Imodoka nyinshi zirimo inini n’into zari ziturutse muri Bunia mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, zimaze iminsi itatu ziri ahitwa Komanda.

Umurongo w’izi modoka ugera ahitwa Mambasa na zo zatumye iziva mu Ntara ya Tshopo zibura aho zinyura, na zo zigahita zihagararira aho zari zigeze.

Nkuko bitangazwa na Sosiyete Sivile yo mu Ntara ya Ituri, abagenzi babarirwa mu Bihumbi bari muri izi modoka, bari kubaho nabi nyuma yuko imodoka zari zibatwaye zibuze aho zinyura.

Iyi miryango itari iya Leta, isaba Guverinoma gushaka undi muhanda wakwifashishwa mu rwego rwo kugira ngo abari bafite gahunda bagiyemo, gukomeza ingendo.

Basabye kandi ko Guverinoma ikora igikorwa cya gisirikare kihariye cyo kwirukana abo barwanyi ba ADF bakomeje kugaba ibitero mu muhanda wa Komanda-Mambasa.

Kuri iyi ngingo, Umuvugizi w’Igisirikare mu Ntara ya Ituri, Lieutenat Jules Ngongo, yavuze ko nubundi ibikorwa bya gisirikare biri gukorwa ndetse ko igisirikare cya Leta gikomeje kubyitwaramo kuva mu mpera z’icyumweru gishize, aboneraho kwizeza ko urujya n’uruza muri uyu muhanda rwongera gusubukura mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Next Post

Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO iburizwamo igitaraganya

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO iburizwamo igitaraganya

Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO iburizwamo igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.