Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze kwivugana abaturage b’abasivile 161 mu gace ka Beni gaherereye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Depite Jean-Baptiste Kasekwa, yatangaje ko kuva tariki 28 Gicurasi kugeza 27 Kamena 2022, uyu mutwe wa ADF umaze kugaba ibitero 17.

Iyi ntumwa ya rubanda, yavuze ko muri iki gihe cy’ukwezi kumwe, ibi bitero byagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu ndetse no ku byabo.

Yavuze ko ibi bitero bya ADF byabaye mu gihe amezi abaye 14 hari kuba ibikorwa byo kurwanya uyu mutwe ku bufatanye bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF).

Yagize ati “ADF yakoze ibikorwa by’ibitero 17 mu minsi 30 muri Teritwari ya Beni byahitanye abasivile bagera mu 161, abandi 29 baburirwa irengero ndetse inzu nyinshi mu bice bitandukanye ziratwikwa.”

Muri iyi nyandiko ya Depite Jean-Baptiste Kasekwa, yashyize hanze muri iki cyumweri, yagarutse kandi ku bandi bantu 37 bishwe mu gace ka Beu-Manyama tariki 28 Gicurasi, abandi 16 bicirwa i Bulongo tariki 30 Gicurasi.

Yavuze kandi ko tariki 1 Kamena 2022, abandi bantu icyenda (9) biciwe mu duce twa Beu-Manyama, Mangungu na Kareseau mu gihe mu matariki ya 05 n’iya 06 Kamena, abantu 27 bishwe mu gace ka Otomabere.

Naho tariki 11 Kamena, mu duce twa Linzosisene na Kokola, hishwe abandi bantu 6 naho tariki 12 Kamena, mu duce twa Kisiki na Kijeki, hicwa abandi basivile bane.

Mu nyandiko ya Depite Jean-Baptiste Kasekwa igaragaza abantu bagiye bicwa mu bice bitandukanye n’amatariki bagiye bicirwago, yashinze ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurangwa n’imbaraga nke mu guhangana n’ibi bikorwa bihungabanya umutekano w’abantu bikanahitana abaturage.

Yavuze ko ibice bya Beni, Ituri na Fizi-Uvira na byo bikwiye gushyirwamo imbaraga nk’iziri gushyirwa mu bice birimo umutwe wa M23 muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + two =

Previous Post

Benin: Abayobozi ba Polisi y’u Rwanda na RIB bitabiriye inama yiga ku kurwanya ibirimo iterabwoba

Next Post

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.