Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze kwivugana abaturage b’abasivile 161 mu gace ka Beni gaherereye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Depite Jean-Baptiste Kasekwa, yatangaje ko kuva tariki 28 Gicurasi kugeza 27 Kamena 2022, uyu mutwe wa ADF umaze kugaba ibitero 17.

Iyi ntumwa ya rubanda, yavuze ko muri iki gihe cy’ukwezi kumwe, ibi bitero byagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu ndetse no ku byabo.

Yavuze ko ibi bitero bya ADF byabaye mu gihe amezi abaye 14 hari kuba ibikorwa byo kurwanya uyu mutwe ku bufatanye bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF).

Yagize ati “ADF yakoze ibikorwa by’ibitero 17 mu minsi 30 muri Teritwari ya Beni byahitanye abasivile bagera mu 161, abandi 29 baburirwa irengero ndetse inzu nyinshi mu bice bitandukanye ziratwikwa.”

Muri iyi nyandiko ya Depite Jean-Baptiste Kasekwa, yashyize hanze muri iki cyumweri, yagarutse kandi ku bandi bantu 37 bishwe mu gace ka Beu-Manyama tariki 28 Gicurasi, abandi 16 bicirwa i Bulongo tariki 30 Gicurasi.

Yavuze kandi ko tariki 1 Kamena 2022, abandi bantu icyenda (9) biciwe mu duce twa Beu-Manyama, Mangungu na Kareseau mu gihe mu matariki ya 05 n’iya 06 Kamena, abantu 27 bishwe mu gace ka Otomabere.

Naho tariki 11 Kamena, mu duce twa Linzosisene na Kokola, hishwe abandi bantu 6 naho tariki 12 Kamena, mu duce twa Kisiki na Kijeki, hicwa abandi basivile bane.

Mu nyandiko ya Depite Jean-Baptiste Kasekwa igaragaza abantu bagiye bicwa mu bice bitandukanye n’amatariki bagiye bicirwago, yashinze ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurangwa n’imbaraga nke mu guhangana n’ibi bikorwa bihungabanya umutekano w’abantu bikanahitana abaturage.

Yavuze ko ibice bya Beni, Ituri na Fizi-Uvira na byo bikwiye gushyirwamo imbaraga nk’iziri gushyirwa mu bice birimo umutwe wa M23 muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 1 =

Previous Post

Benin: Abayobozi ba Polisi y’u Rwanda na RIB bitabiriye inama yiga ku kurwanya ibirimo iterabwoba

Next Post

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.