Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze kwivugana abaturage b’abasivile 161 mu gace ka Beni gaherereye mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Depite Jean-Baptiste Kasekwa, yatangaje ko kuva tariki 28 Gicurasi kugeza 27 Kamena 2022, uyu mutwe wa ADF umaze kugaba ibitero 17.

Iyi ntumwa ya rubanda, yavuze ko muri iki gihe cy’ukwezi kumwe, ibi bitero byagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu ndetse no ku byabo.

Yavuze ko ibi bitero bya ADF byabaye mu gihe amezi abaye 14 hari kuba ibikorwa byo kurwanya uyu mutwe ku bufatanye bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF).

Yagize ati “ADF yakoze ibikorwa by’ibitero 17 mu minsi 30 muri Teritwari ya Beni byahitanye abasivile bagera mu 161, abandi 29 baburirwa irengero ndetse inzu nyinshi mu bice bitandukanye ziratwikwa.”

Muri iyi nyandiko ya Depite Jean-Baptiste Kasekwa, yashyize hanze muri iki cyumweri, yagarutse kandi ku bandi bantu 37 bishwe mu gace ka Beu-Manyama tariki 28 Gicurasi, abandi 16 bicirwa i Bulongo tariki 30 Gicurasi.

Yavuze kandi ko tariki 1 Kamena 2022, abandi bantu icyenda (9) biciwe mu duce twa Beu-Manyama, Mangungu na Kareseau mu gihe mu matariki ya 05 n’iya 06 Kamena, abantu 27 bishwe mu gace ka Otomabere.

Naho tariki 11 Kamena, mu duce twa Linzosisene na Kokola, hishwe abandi bantu 6 naho tariki 12 Kamena, mu duce twa Kisiki na Kijeki, hicwa abandi basivile bane.

Mu nyandiko ya Depite Jean-Baptiste Kasekwa igaragaza abantu bagiye bicwa mu bice bitandukanye n’amatariki bagiye bicirwago, yashinze ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurangwa n’imbaraga nke mu guhangana n’ibi bikorwa bihungabanya umutekano w’abantu bikanahitana abaturage.

Yavuze ko ibice bya Beni, Ituri na Fizi-Uvira na byo bikwiye gushyirwamo imbaraga nk’iziri gushyirwa mu bice birimo umutwe wa M23 muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Benin: Abayobozi ba Polisi y’u Rwanda na RIB bitabiriye inama yiga ku kurwanya ibirimo iterabwoba

Next Post

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

Related Posts

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away
MU RWANDA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.