Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Urugamba rushobora gukomera kubera icyemezo kidasanzwe cyafashwe na M23

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
DRC: Urugamba rushobora gukomera kubera icyemezo kidasanzwe cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko utakomeza kurebera Abanyekongo b’Abatutsi bari gukorerwa Jenoside, wiyemeza ko ugiye guhagarika ubu bwicanyi bari gukorerwa.

Iki cyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, kibutsa amahanga ko kuva cyera havuzwe ijambo “Never again” ko Jenoside itazongera kubaho ukundi, ariko ko nyuma yuko rivuzwe yagiye yongera gukorwa.

M23 ivuga ko kuva kuri Jenoside yakorewe Abayahudi, hakoreshejwe iyi ntero ariko ko bitabujije ko mu 1994 mu Rwanda habaho Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, M23 ikomeza ivuga ko uyu mutwe wagiye uburira kenshi Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uyisaba guhagarika ibikorwa byo gutegura Jenoside mu Ntara za Ituri, mu ya Kivu ya Ruguru no mu ya Kivu y’Epfo.

Bati “Ariko ntibyabujije ko ibintu birushaho kuba bibi ndetse ubu harakorwa ibikorwa biteye ubwoba imbere y’amaso y’amahanga.”

M23 ivuga ko Abanyekongo b’Abatutsi batuye mu bice binyuranye birimo Kitshanga, Burungu, Kilolirwe no mu bice bibikikije, bari gukorerwa Jenoside, ikorwa na Guverinoma ya DRC ndetse n’abambari bayo bamenyereweho gukora ubu bwicanyi ari bo FDLR.

Iri tangazo rya M23 risoza rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu, M23 yiyemeje kugira uruhare mu guhagarika Jenoside mu karere k’ibiyaga bigari bya Afurika, mu gihe Isi ikomeje kurebera hari gukorwa ubwicanyi bwo kurimbura ubwoko bumwe.”

M23 ifashe iki cyemezo mu gihe yari imaze iminsi yubahiriza ibyo yasabwe byo guhagarika imirwano no kuva mu bice yafashe, ariko ikaba yarahuye n’imbogamizi zo kuba igisirikare cya Congo n’imitwe igifasha ndetse n’abacancuro baherutse kuzamo, batarasibye kugaba ibitero kuri uyu mutwe ndetse no gukorera ibikorwa by’itoteza Abanyekongo b’Abatutsi.

Uyu mutwe wakunze kuvuga ko urwana iyo FARDC n’imitwe bafatanyije bawugabyeho ibitero, gusa muri iki cyemezo, humvikanamo ko na wo waba ugiye kugaba ibitero bigamije guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyongabo jean Claude says:
    3 years ago

    Tubarinyuma bakomeze baharanire uburenganzira bwabo turabashigikiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + one =

Previous Post

Rwanda&DRC: Uko umubano wajemo igitotsi kugeza n’aho Congo yifuza intambara

Next Post

Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Related Posts

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.