Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Urugamba rushobora gukomera kubera icyemezo kidasanzwe cyafashwe na M23

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
DRC: Urugamba rushobora gukomera kubera icyemezo kidasanzwe cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko utakomeza kurebera Abanyekongo b’Abatutsi bari gukorerwa Jenoside, wiyemeza ko ugiye guhagarika ubu bwicanyi bari gukorerwa.

Iki cyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, kibutsa amahanga ko kuva cyera havuzwe ijambo “Never again” ko Jenoside itazongera kubaho ukundi, ariko ko nyuma yuko rivuzwe yagiye yongera gukorwa.

M23 ivuga ko kuva kuri Jenoside yakorewe Abayahudi, hakoreshejwe iyi ntero ariko ko bitabujije ko mu 1994 mu Rwanda habaho Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, M23 ikomeza ivuga ko uyu mutwe wagiye uburira kenshi Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uyisaba guhagarika ibikorwa byo gutegura Jenoside mu Ntara za Ituri, mu ya Kivu ya Ruguru no mu ya Kivu y’Epfo.

Bati “Ariko ntibyabujije ko ibintu birushaho kuba bibi ndetse ubu harakorwa ibikorwa biteye ubwoba imbere y’amaso y’amahanga.”

M23 ivuga ko Abanyekongo b’Abatutsi batuye mu bice binyuranye birimo Kitshanga, Burungu, Kilolirwe no mu bice bibikikije, bari gukorerwa Jenoside, ikorwa na Guverinoma ya DRC ndetse n’abambari bayo bamenyereweho gukora ubu bwicanyi ari bo FDLR.

Iri tangazo rya M23 risoza rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu, M23 yiyemeje kugira uruhare mu guhagarika Jenoside mu karere k’ibiyaga bigari bya Afurika, mu gihe Isi ikomeje kurebera hari gukorwa ubwicanyi bwo kurimbura ubwoko bumwe.”

M23 ifashe iki cyemezo mu gihe yari imaze iminsi yubahiriza ibyo yasabwe byo guhagarika imirwano no kuva mu bice yafashe, ariko ikaba yarahuye n’imbogamizi zo kuba igisirikare cya Congo n’imitwe igifasha ndetse n’abacancuro baherutse kuzamo, batarasibye kugaba ibitero kuri uyu mutwe ndetse no gukorera ibikorwa by’itoteza Abanyekongo b’Abatutsi.

Uyu mutwe wakunze kuvuga ko urwana iyo FARDC n’imitwe bafatanyije bawugabyeho ibitero, gusa muri iki cyemezo, humvikanamo ko na wo waba ugiye kugaba ibitero bigamije guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyongabo jean Claude says:
    3 years ago

    Tubarinyuma bakomeze baharanire uburenganzira bwabo turabashigikiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Rwanda&DRC: Uko umubano wajemo igitotsi kugeza n’aho Congo yifuza intambara

Next Post

Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Related Posts

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.