Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Urugamba rushobora gukomera kubera icyemezo kidasanzwe cyafashwe na M23

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
DRC: Urugamba rushobora gukomera kubera icyemezo kidasanzwe cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko utakomeza kurebera Abanyekongo b’Abatutsi bari gukorerwa Jenoside, wiyemeza ko ugiye guhagarika ubu bwicanyi bari gukorerwa.

Iki cyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, kibutsa amahanga ko kuva cyera havuzwe ijambo “Never again” ko Jenoside itazongera kubaho ukundi, ariko ko nyuma yuko rivuzwe yagiye yongera gukorwa.

M23 ivuga ko kuva kuri Jenoside yakorewe Abayahudi, hakoreshejwe iyi ntero ariko ko bitabujije ko mu 1994 mu Rwanda habaho Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, M23 ikomeza ivuga ko uyu mutwe wagiye uburira kenshi Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uyisaba guhagarika ibikorwa byo gutegura Jenoside mu Ntara za Ituri, mu ya Kivu ya Ruguru no mu ya Kivu y’Epfo.

Bati “Ariko ntibyabujije ko ibintu birushaho kuba bibi ndetse ubu harakorwa ibikorwa biteye ubwoba imbere y’amaso y’amahanga.”

M23 ivuga ko Abanyekongo b’Abatutsi batuye mu bice binyuranye birimo Kitshanga, Burungu, Kilolirwe no mu bice bibikikije, bari gukorerwa Jenoside, ikorwa na Guverinoma ya DRC ndetse n’abambari bayo bamenyereweho gukora ubu bwicanyi ari bo FDLR.

Iri tangazo rya M23 risoza rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu, M23 yiyemeje kugira uruhare mu guhagarika Jenoside mu karere k’ibiyaga bigari bya Afurika, mu gihe Isi ikomeje kurebera hari gukorwa ubwicanyi bwo kurimbura ubwoko bumwe.”

M23 ifashe iki cyemezo mu gihe yari imaze iminsi yubahiriza ibyo yasabwe byo guhagarika imirwano no kuva mu bice yafashe, ariko ikaba yarahuye n’imbogamizi zo kuba igisirikare cya Congo n’imitwe igifasha ndetse n’abacancuro baherutse kuzamo, batarasibye kugaba ibitero kuri uyu mutwe ndetse no gukorera ibikorwa by’itoteza Abanyekongo b’Abatutsi.

Uyu mutwe wakunze kuvuga ko urwana iyo FARDC n’imitwe bafatanyije bawugabyeho ibitero, gusa muri iki cyemezo, humvikanamo ko na wo waba ugiye kugaba ibitero bigamije guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyongabo jean Claude says:
    3 years ago

    Tubarinyuma bakomeze baharanire uburenganzira bwabo turabashigikiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Rwanda&DRC: Uko umubano wajemo igitotsi kugeza n’aho Congo yifuza intambara

Next Post

Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Yagiye kwaka serivisi kuri Polisi bamukekaho ubusinzi bamupimye basanga kabaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.