Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson ko ubwo azaba yaje mu bikorwa bya CHOGM, yazasaba u Rwanda guhagarika ‘ibikorwa bihungabanya umutekano wa DRC’.

Bikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri DRC, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022 rivuga ko Guverinoma y’iki Gihugu yifuza ko u  Bwongereza bwasaba Perezida w’u Rwanda Paul Kagame guhagarika ibikorwa bibangamira Congo.

DRC ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 mu gihe u Rwanda rwo ruhakana ibi birego, rukavuga ko ibiri kubera muri Congo ari ibibazo bireba iki Gihugu ubwacyo.

Iri tangazo rya Guverinoma ya DRC, rivuga ko Minisitiri w’Intebe Boris Johnson yazakoresha ububasha afite, ubwo azaba yitabiriye CHOGM izaba mu cyumweru gitaha, agafasha u Rwanda kubana neza na DRC.

Minisitiri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde yagize ati “Inama izaba mu cyumweru gitaha ni umwanya mwiza ko Minisitiri w’Intebe Johnson yazafasha u Rwanda kugana mu nzira y’amahoro n’ituze hagati y’Ibihugu byombi.”

Ubu busabe bwashyikiriwe u Bwongereza kandi bwanahawe Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Afurika y’Epfo.

DRC yatanze ubu busabe mu gihe kandi kuri uyu wa Gatanu yanatangaje ko ihagaritse amasezerano yose ya dipolomasi iki Gihugu gisanzwe gifitanye n’u Rwanda.

Guverinoma y’Iki Gihugu ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ukomeje kotsa igitutu igisirikare cya FARDC ndetse unakomeje gufata ibice bimwe byo muri iki Gihugu.

Perezida Felix Tshisekedi kuri uyu wa Gatanu ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri, yavuze ko umwuka ukomeje kurushaho kuba bubi kuko Igihugu cye gihanganye n’umwanzi uri gukora ibikorwa bibi cyane.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Samuel ahishakiye says:
    4 years ago

    Ariko congo ntago mwabonye icyishaka irashaka ko bahagarika chigm yaratinze nge Niki mbibona ntizabijyeraho nihame hamwe

    Reply

Leave a Reply to Samuel ahishakiye Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 13 =

Previous Post

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Next Post

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Related Posts

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cyabereye i Goma muri DRC,...

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuhanda Nyamasheke- Nyamagabe (hagati y’Intara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo) nturi nyabagendwa nyuma yuko imodoka y’ikamyi igiriye ikibazo ahaziwa nka Gisakura, ikabuza ibindi...

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

by radiotv10
11/03/2026
0

I Kigali mu Rwanda hari kubera inama y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2
MU RWANDA

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

12/03/2026
Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

11/03/2026
Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

11/03/2026
Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

11/03/2026
BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

11/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.