Friday, March 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson ko ubwo azaba yaje mu bikorwa bya CHOGM, yazasaba u Rwanda guhagarika ‘ibikorwa bihungabanya umutekano wa DRC’.

Bikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri DRC, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022 rivuga ko Guverinoma y’iki Gihugu yifuza ko u  Bwongereza bwasaba Perezida w’u Rwanda Paul Kagame guhagarika ibikorwa bibangamira Congo.

DRC ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 mu gihe u Rwanda rwo ruhakana ibi birego, rukavuga ko ibiri kubera muri Congo ari ibibazo bireba iki Gihugu ubwacyo.

Iri tangazo rya Guverinoma ya DRC, rivuga ko Minisitiri w’Intebe Boris Johnson yazakoresha ububasha afite, ubwo azaba yitabiriye CHOGM izaba mu cyumweru gitaha, agafasha u Rwanda kubana neza na DRC.

Minisitiri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde yagize ati “Inama izaba mu cyumweru gitaha ni umwanya mwiza ko Minisitiri w’Intebe Johnson yazafasha u Rwanda kugana mu nzira y’amahoro n’ituze hagati y’Ibihugu byombi.”

Ubu busabe bwashyikiriwe u Bwongereza kandi bwanahawe Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Afurika y’Epfo.

DRC yatanze ubu busabe mu gihe kandi kuri uyu wa Gatanu yanatangaje ko ihagaritse amasezerano yose ya dipolomasi iki Gihugu gisanzwe gifitanye n’u Rwanda.

Guverinoma y’Iki Gihugu ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ukomeje kotsa igitutu igisirikare cya FARDC ndetse unakomeje gufata ibice bimwe byo muri iki Gihugu.

Perezida Felix Tshisekedi kuri uyu wa Gatanu ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri, yavuze ko umwuka ukomeje kurushaho kuba bubi kuko Igihugu cye gihanganye n’umwanzi uri gukora ibikorwa bibi cyane.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Samuel ahishakiye says:
    4 years ago

    Ariko congo ntago mwabonye icyishaka irashaka ko bahagarika chigm yaratinze nge Niki mbibona ntizabijyeraho nihame hamwe

    Reply

Leave a Reply to Samuel ahishakiye Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Next Post

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Related Posts

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka...

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza,...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

by radiotv10
13/03/2026
0

Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z'Ingabo (Defence...

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

by radiotv10
13/03/2026
0

Every year, more people from across Africa, Europe, Asia, and America choose Kigali as a place to live, work, or...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

IZIHERUKA

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera
IBYAMAMARE

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

by radiotv10
13/03/2026
0

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

13/03/2026
Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

13/03/2026
RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

13/03/2026
Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

13/03/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

13/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.