Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Abaganga ibihumbi bashyamiranye n’Abapolisi ubwo bigaragambyaga bagaragaza ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Abaganga ibihumbi bashyamiranye n’Abapolisi ubwo bigaragambyaga bagaragaza ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

Abaganga babarirwa mu bihumbi bashyamiranye na Polisi y’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo bari mu myigaragambyo yo gusaba kongererwa umushahara no guhabwa ibyo bemerewe.

Iyi myigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, yakorewe mu mijyi inyuranye yo muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu Murwa mukuru i Kinshasa, yitabiriwe n’abaganga bagera mu bihumbi bibiri (2 000) baje bambaye umwambaro basanzwe bakoresha mu mwuga wabo uzwi nk’Itaburiya (Tablier/ Blouse).

Aba baganga banashyamiranye n’abapolisi, bavuga ko barambiwe guhembwa umushahara w’intica ntikize.

Umwe muri aba baganga witwa Parfait Luyindula yagize ati “Ntidushaka ko baduha nk’ibyo baha imbwa zabo kuko baziha ibifite agaciro gakubye umushahara wacu inshuro nyinshi, ariko nibura batwangerere.”

Umuyobozi wa sendika y’imiryango y’abaganga mu mujyi wa Kinshasa, Patrick Boloko yavuze ko barambiwe gukomeza kurenza ku bibazo byabo.

Yagize ati “Dufite abaganga barenga 10 000 bakora ariko batazwi n’ubuyobozi bwa Leta kandi ari abaganga bakorera Leta ariko bakaba badafite nimero y’abakozi ba Leta. Icya kabiri dufite abaganga bakabakaba 6 000 batishyurirwa ubwishingizi bw’impanuka z’umurimo.”

Yakomeje agira ati “Icya gatatu Guverinoma yiyemeje kuduha amacumbi ndetse n’uburyo bw’ingendo. Ibyo byemewe n’Umukuru w’Igihugu ariko na n’ubu ntibirashyirwa mu bikorwa.”

Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abapolisi babiri bakomerekejwe n’ibyaterwaga n’abigaragambyaga mu gihe ku ruhande rwabo ho na ho hakomeretse babiri bakomerekejwe n’umuvundo.

Nyuma y’amasaha menshi y’iyi myigaragambyo y’abaganga, Guverineri wa Kinshasa ni we wakurikiranye ikibazo cyabo mu gihe Perezida w’iki Gihugu, Minisitiri w’Intebe ndetse na Minisitiri w’Ubuzima; bose batari mu Gihugu.

Bashyamiranye n’abapolisi bamwe babikomerekeramo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 5 =

Previous Post

U Rwanda rwemeye gutanga Miliyari 3,2Frw mu kigega gikomeye ku Isi

Next Post

Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.