Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Abaganga ibihumbi bashyamiranye n’Abapolisi ubwo bigaragambyaga bagaragaza ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Abaganga ibihumbi bashyamiranye n’Abapolisi ubwo bigaragambyaga bagaragaza ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

Abaganga babarirwa mu bihumbi bashyamiranye na Polisi y’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo bari mu myigaragambyo yo gusaba kongererwa umushahara no guhabwa ibyo bemerewe.

Iyi myigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, yakorewe mu mijyi inyuranye yo muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu Murwa mukuru i Kinshasa, yitabiriwe n’abaganga bagera mu bihumbi bibiri (2 000) baje bambaye umwambaro basanzwe bakoresha mu mwuga wabo uzwi nk’Itaburiya (Tablier/ Blouse).

Aba baganga banashyamiranye n’abapolisi, bavuga ko barambiwe guhembwa umushahara w’intica ntikize.

Umwe muri aba baganga witwa Parfait Luyindula yagize ati “Ntidushaka ko baduha nk’ibyo baha imbwa zabo kuko baziha ibifite agaciro gakubye umushahara wacu inshuro nyinshi, ariko nibura batwangerere.”

Umuyobozi wa sendika y’imiryango y’abaganga mu mujyi wa Kinshasa, Patrick Boloko yavuze ko barambiwe gukomeza kurenza ku bibazo byabo.

Yagize ati “Dufite abaganga barenga 10 000 bakora ariko batazwi n’ubuyobozi bwa Leta kandi ari abaganga bakorera Leta ariko bakaba badafite nimero y’abakozi ba Leta. Icya kabiri dufite abaganga bakabakaba 6 000 batishyurirwa ubwishingizi bw’impanuka z’umurimo.”

Yakomeje agira ati “Icya gatatu Guverinoma yiyemeje kuduha amacumbi ndetse n’uburyo bw’ingendo. Ibyo byemewe n’Umukuru w’Igihugu ariko na n’ubu ntibirashyirwa mu bikorwa.”

Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abapolisi babiri bakomerekejwe n’ibyaterwaga n’abigaragambyaga mu gihe ku ruhande rwabo ho na ho hakomeretse babiri bakomerekejwe n’umuvundo.

Nyuma y’amasaha menshi y’iyi myigaragambyo y’abaganga, Guverineri wa Kinshasa ni we wakurikiranye ikibazo cyabo mu gihe Perezida w’iki Gihugu, Minisitiri w’Intebe ndetse na Minisitiri w’Ubuzima; bose batari mu Gihugu.

Bashyamiranye n’abapolisi bamwe babikomerekeramo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

U Rwanda rwemeye gutanga Miliyari 3,2Frw mu kigega gikomeye ku Isi

Next Post

Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.