Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Abaganga ibihumbi bashyamiranye n’Abapolisi ubwo bigaragambyaga bagaragaza ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Abaganga ibihumbi bashyamiranye n’Abapolisi ubwo bigaragambyaga bagaragaza ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

Abaganga babarirwa mu bihumbi bashyamiranye na Polisi y’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo bari mu myigaragambyo yo gusaba kongererwa umushahara no guhabwa ibyo bemerewe.

Iyi myigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, yakorewe mu mijyi inyuranye yo muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu Murwa mukuru i Kinshasa, yitabiriwe n’abaganga bagera mu bihumbi bibiri (2 000) baje bambaye umwambaro basanzwe bakoresha mu mwuga wabo uzwi nk’Itaburiya (Tablier/ Blouse).

Aba baganga banashyamiranye n’abapolisi, bavuga ko barambiwe guhembwa umushahara w’intica ntikize.

Umwe muri aba baganga witwa Parfait Luyindula yagize ati “Ntidushaka ko baduha nk’ibyo baha imbwa zabo kuko baziha ibifite agaciro gakubye umushahara wacu inshuro nyinshi, ariko nibura batwangerere.”

Umuyobozi wa sendika y’imiryango y’abaganga mu mujyi wa Kinshasa, Patrick Boloko yavuze ko barambiwe gukomeza kurenza ku bibazo byabo.

Yagize ati “Dufite abaganga barenga 10 000 bakora ariko batazwi n’ubuyobozi bwa Leta kandi ari abaganga bakorera Leta ariko bakaba badafite nimero y’abakozi ba Leta. Icya kabiri dufite abaganga bakabakaba 6 000 batishyurirwa ubwishingizi bw’impanuka z’umurimo.”

Yakomeje agira ati “Icya gatatu Guverinoma yiyemeje kuduha amacumbi ndetse n’uburyo bw’ingendo. Ibyo byemewe n’Umukuru w’Igihugu ariko na n’ubu ntibirashyirwa mu bikorwa.”

Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abapolisi babiri bakomerekejwe n’ibyaterwaga n’abigaragambyaga mu gihe ku ruhande rwabo ho na ho hakomeretse babiri bakomerekejwe n’umuvundo.

Nyuma y’amasaha menshi y’iyi myigaragambyo y’abaganga, Guverineri wa Kinshasa ni we wakurikiranye ikibazo cyabo mu gihe Perezida w’iki Gihugu, Minisitiri w’Intebe ndetse na Minisitiri w’Ubuzima; bose batari mu Gihugu.

Bashyamiranye n’abapolisi bamwe babikomerekeramo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

U Rwanda rwemeye gutanga Miliyari 3,2Frw mu kigega gikomeye ku Isi

Next Post

Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Umunyamakurukazi Clarisse aciye impaka…Ubuzima buraryoshye mu kwa buki (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.