Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Biravugwa ko hari abasirikare bakomeye ba FARDC biyunze kuri M23

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Biravugwa ko hari abasirikare bakomeye ba FARDC biyunze kuri M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko abasirikare benshi ba FARDC bakomeje kuyitera umugongo bakajya kwiyunga kuri uyu mutwe, ukavuga ko mu bo wamaze guha ikaze harimo babiri bafite ipeti rya Colonel bamaze kugera mu birindiro byawo.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Maj Willy Ngoma mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Mutarama 2024.

Maj Willy Ngoma yagize ati “Abasirikare benshi bo ku rwego rwo hejuru ndetse n’abato bakomeje gutera umugongo FARDC bakaza kwiyunga muri ARC/M23; muri bo harimo Colonel Biyoyo uri i Rutshuru kuva saa saba.”

Uyu muvugizi wa M23 mu bya gisirikare, yakomeje avuga ko ibikorwa bibi bikorwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari byo bituma aba basirikare bafata icyemezo bakajya gushyigikira uyu mutwe wiyemeje gushyira iherezo ku bibazo by’akarengane bikorerwa bamwe mu Banyekongo.

Mu bundi butumwa Maj Willy Ngoma yatangaje kuri uyu wa Kane tariki 11 Mutarama 2024, yavuze kandi ko muri abo basirikare bamaze kwiyunga kuri M23, harimo na “Colonel Bahati Balingene Sadda wari muri Buligade ya 21 RR, ubu ari i Rutshuru.”

Uyu mutwe wa M23 uvuga ko ukomeje kwakira abasirikare bava muri FARDC, unaherutse na wo kwiyunga ku Ihuriro rya AFC (Alliance Fleuve Congo) ryiyemeje gukura ku butegetsi Perezida Felix Tshisekedi uherutse gutsindira indi manda mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi gushize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − four =

Previous Post

Amakuru agezweho ku kirego kiregwamo Israel gukora Jenoside ifiteho amateka aremereye

Next Post

Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.