Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in AMAHANGA
1
DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho y’abarwanyi bavuga ikinyarwanda bari kurasa inka, aho bivugwa ko ari aba FDLR, barashe inka z’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, zirimo n’inyana z’imitavu.

Ni amashusho akomeje gutambuka ku mbuga nkoranyambaga z’abantu batandukanye, agaragaza abarwanyi bavuga ikinyarwanda bambaye impuzankano ya FARDC, baba bari kurasa inka.

Muri aya mashusho, hagaragaramo inka ziba zamaze kuraswa zirimo izapfuye, n’izindi ziba zakomeretse ziryamye hasi zananiwe kugenda.

Aba barwanyi baba bavuga ikinyarwanda, humvikanamo uvuga nk’ubayoboye, asaba bagenzi be gufunga inzira ngo hatagira ubakoma mu nkokora muri iki gikorwa cy’ubugoma cyakorwaga.

Anyuzamo kandi akabaza aho izindi nka ziri, ngo na zo bazirase, bagahita biruka bajya kuzishaka ngo bazirase.

Urubuga Maisha 24 News rwashyize hanze aya mashusho, rwagize ruti “Dore uko ba Nyatura, FDLR na Wazalendo, basanzwe ari inkoramutima z’igisirikare cya Kinshasa (FARDC) za Tshisekedi baherutse kwica inka z’aborozi b’Abatutsi.”

Aya mashusho yatangajwe mu gihe mu cyumweru gishize, ku wa Kane tariki 04 Gicurasi 2023, umutwe wa M23 wasohoye itangazo wamagana ibikorwa by’ubugome byongeye gukorwa n’imitwe izwiho gufasha FARDC, irimo FDLR, NYATURA, PARECO, CODECO, APCLS, Mai-Mai.

Uyu mutwe wavugaga ko ku munsi wari wabanje tariki 03 Gicurasi, iyi mitwe yari yagabye igitero mu gace ka Kizimba, ikica abaturage 17, wanavuze ko tariki 02 Gicurasi, yanateze igico mu nzira ya Kalengera-Tongo, ikica inka zirenga 200 ndetse igakomeretsa izirenga 150.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Leodomir KAYUMBA says:
    3 years ago

    ibyo bakoze nibyo bashoboye ariko mukuri bizabakenya kdi bizabomaho kugera kubuvivi nubuvivure.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − ten =

Previous Post

Ikipe ikomeye i Burayi ikorana n’u Rwanda iri kurambagiza umutoza w’umunyabigwi

Next Post

Nyagatare: Igisubizo gihawe abifuza kubakirwa isoko gishobora kubaca intege kurushaho

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Igisubizo gihawe abifuza kubakirwa isoko gishobora kubaca intege kurushaho

Nyagatare: Igisubizo gihawe abifuza kubakirwa isoko gishobora kubaca intege kurushaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.