Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hagaragaye ibyazamuye uburakari mu baturage kuri site zimwe z’amatora

radiotv10by radiotv10
20/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Hagaragaye ibyazamuye uburakari mu baturage kuri site zimwe z’amatora
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri site zimwe z’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagaragaye inenge za mbere, aho bamwe bageraga bagasanga nta n’ikimenyetso cy’uko hateganyijwe iki gikorwa, kubera gukererwa kw’abatoresha.

Ni amatora arimo n’ay’Umukuru w’Igihugu, byari biteganyijwe ko atangira ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’igitondo, cyakora hamwe na hamwe ngo ayo masaha yageze hagifunze, ahandi ari bwo batangiye kuzana ibikoresho by’itora.

Hari amashusho y’ibinyamakuru nka AFP na Africa news agaragaza abaturage bafite uburakari binjira ku ngufu mu cyumba cy’itora bavuga ko barambiwe gutegereza.

Ahandi hagaragaye imirongo miremire y’abari bategereje kugera mu cyumba cy’itora, ibyo bamwe bijujutiraga, bavuga ko bitateguwe neza.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yavuze ko nubwo gutangira bitabaye ku gihe, ngo bagomba kubahiriza isaha ya saa kumi n’imwe yo gusoza.

Abakurikirana iby’amatora muri iki Gihugu, bavuga ko bitewe no gukererwa kwabayeho bishobora gutuma hongerwa amasaha cyangwa iminsi yo gutora.

Biteganyijwe abasaga miliyoni 44 bagomba gutora uzayobora Congo muri manda ikurikira mu bahatanira intebe y’Umukuru w’Igihugu barimo Perezida Felix Tshisekedi, umuherwe Moise Katumbi wigeze kuyobora intara ya Katanga, hari kandi Martin Fayulu wari wiyamamaje mu matora aheruka.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda ari mu byishimo byo kuba asoje 2023 aguze imodoka igezweho

Next Post

Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.