Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hagaragaye ibyazamuye uburakari mu baturage kuri site zimwe z’amatora

radiotv10by radiotv10
20/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Hagaragaye ibyazamuye uburakari mu baturage kuri site zimwe z’amatora
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri site zimwe z’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagaragaye inenge za mbere, aho bamwe bageraga bagasanga nta n’ikimenyetso cy’uko hateganyijwe iki gikorwa, kubera gukererwa kw’abatoresha.

Ni amatora arimo n’ay’Umukuru w’Igihugu, byari biteganyijwe ko atangira ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’igitondo, cyakora hamwe na hamwe ngo ayo masaha yageze hagifunze, ahandi ari bwo batangiye kuzana ibikoresho by’itora.

Hari amashusho y’ibinyamakuru nka AFP na Africa news agaragaza abaturage bafite uburakari binjira ku ngufu mu cyumba cy’itora bavuga ko barambiwe gutegereza.

Ahandi hagaragaye imirongo miremire y’abari bategereje kugera mu cyumba cy’itora, ibyo bamwe bijujutiraga, bavuga ko bitateguwe neza.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yavuze ko nubwo gutangira bitabaye ku gihe, ngo bagomba kubahiriza isaha ya saa kumi n’imwe yo gusoza.

Abakurikirana iby’amatora muri iki Gihugu, bavuga ko bitewe no gukererwa kwabayeho bishobora gutuma hongerwa amasaha cyangwa iminsi yo gutora.

Biteganyijwe abasaga miliyoni 44 bagomba gutora uzayobora Congo muri manda ikurikira mu bahatanira intebe y’Umukuru w’Igihugu barimo Perezida Felix Tshisekedi, umuherwe Moise Katumbi wigeze kuyobora intara ya Katanga, hari kandi Martin Fayulu wari wiyamamaje mu matora aheruka.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 8 =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda ari mu byishimo byo kuba asoje 2023 aguze imodoka igezweho

Next Post

Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.