Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko ingabo zawo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri DRC buzwi nka MONUSCO, zigiye gukomereza ibikorwa byazo mu gace ka Beni, mu Ntara ya Kivu ruguru, unavuga ko kandi bugiye kuzamo impinduka.

Umuyobozi w’ingabo za MONUSCO, Lt. Gen Ulisses de Mesquita Gomes, yasobanuye ko bagiye kuba bimuriye ibirindiro byabo muri Beni, bakaba bagiye gukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), aboneraho gusaba abaturage ba Beni kugirira icyizere izi ngabo.

Yagize ati “Icyo abaturage bo muri Beni bagomba kwitega, ni uko tuzakorana n’igisirikare cya Congo FARDC, kandi ibikorwa byacu bizahinduka ukuntu, hagamijwe gushyira mu bikorwa imirongo ngenderwaho igenga MONUSCO, ishingiye cyane cyane ku kurinda umutekano w’abaturage b’abasivili.”

Beni iri mu birometero 11 werecyeza muri Kididiwe, agace kigaruriwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF, ibyanatumye mu mwaka wa 2021 MONUSCO ishyira ibirindiro aho muri Kididiwe, kabone nubwo uyu mutwe wa ADF utacitse ahubwo wakomeje ibikorwa byawo by’ubugizi bwa nabi.

Na Beni ubwayo, Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko yibasiwe n’imitwe yitwaje intwaro guhera mu mwaka wa 2019, ari na cyo cyatumye Umuryango w’Abibumbye uvuga ko ugiye kuhimurira ibikorwa byawo byo kubungabunga amahoro.

Nubwo MONUSCO yizeza umutekano abaturage bo muri Beni, Perezida Paul Kagame aherutse kugaragaza ko izi ngabo zimaze imyaka isaga 24 muri RDC, nyamara umusaruro wazo ukaba utagaragara, kuko aho zihagereye ahubwo ibintu byarushijeho kudogera.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga

Next Post

Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

Related Posts

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel Bonfort Ndoreraho usanzwe ari Komiseri Mukuru wa polisi y’Intara ya Ngozi mu Burundi, ari mu maboko y’urwego rushinzwe iperereza...

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

by radiotv10
05/11/2025
0

Mu Gihugu cy’u Buhindi, abantu 11 bapfiriye mu mpanuka ya gari ya moshi yari itwaye abagenzi, yagonganye n’iyari itwaye ibicuruzwa...

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Ikibuga cy’Indege cya Bruxelles cyari cyahagaritse ibikorwa kubera impungenge z’umutekano zatewe n’indege zitagira abapilote (Drones) bitazwi aho zaturutse zahazengurutse, cyasubukuye...

IZIHERUKA

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo
FOOTBALL

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

06/11/2025
Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.