Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hatangajwe ikimaze gukorwa nyuma yuko hari abakoze igikorwa cyo kubahuka Lumumba

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Hatangajwe ikimaze gukorwa nyuma yuko hari abakoze igikorwa cyo kubahuka Lumumba
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hamaze gutabwa muri yombi abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare mu kwangiza urwibutso rw’Intwari y’iki Gihugu, Patrice-Emery Lumumba.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 19 Ugushyingo 2024, ahafatwa nk’urwibutso rwa Patrice-Emery Lumumba ruherereye ahitwa Echangeur de Limete mu Murwa mukuru wa Kinshasa, higabijwe n’abantu batahise bamenyekana bararwangiza. Bimwe mu bice byarwo, byamenaguwe n’abo bantu.

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri iki Gihugu cya DRC, Jacquemain Shabani yatangaje ko hamaze gufatwa abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa, ndetse hakaba hakomeje gushakishwa abandi babiri basigaye.

Yagize ati “Turifuza kumenyesha abantu bose ko Leta yatangiye iperereza, ndetse abantu batadantu bakaba bafunze, n’abandi babiri bakaba bakiri gushakishwa kandi na bo barafatwa vuba.”
Jacquemain Shabani yakomeje ahumuriza abantu ko umutekano uhagaze neza muri gace gaherereyemo uru rwibutso rw’Intwari y’iki Gihugu, ndetse ko nyuma yuko ibi bibaye, hahise hafatwa ingamba zo kuhakaza uburinzi.

Ati “Turamenyesha abantu bose yaba abo mu Gihugu no hanze yacyo ko hariya hakajijwe umutekano kandi ko harinzwe cyane.”

Minisiteri y’Umuco, Ubuhanzi n’Umurage, mu itangazo iherutse rigenewe abanyamakuru yashyize hanze, yamaganye yivuye inyuma ibi bikorwa byo gutesha agaciro Intwari Patrice Emery Lumumba, ndetse yari yatangaje ko hahise hatangira gukorwa iperereza.

Patrice-Emery Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Mbere wa Congo Kinshasa, yishwe mu 1961 n’itsinda ry’abasirikare bari bashyigikiwe n’u Bubiligi bwakolonije iki Gihugu. Afatwa nk’intwari y’ubwigenge bw’iki Gihugu kubera kugaragaza ububi bw’abakoloni n’ibyo bakoraga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 17 =

Previous Post

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Next Post

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.