• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hatangajwe ikimaze gukorwa nyuma yuko hari abakoze igikorwa cyo kubahuka Lumumba

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Hatangajwe ikimaze gukorwa nyuma yuko hari abakoze igikorwa cyo kubahuka Lumumba
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hamaze gutabwa muri yombi abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare mu kwangiza urwibutso rw’Intwari y’iki Gihugu, Patrice-Emery Lumumba.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 19 Ugushyingo 2024, ahafatwa nk’urwibutso rwa Patrice-Emery Lumumba ruherereye ahitwa Echangeur de Limete mu Murwa mukuru wa Kinshasa, higabijwe n’abantu batahise bamenyekana bararwangiza. Bimwe mu bice byarwo, byamenaguwe n’abo bantu.

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri iki Gihugu cya DRC, Jacquemain Shabani yatangaje ko hamaze gufatwa abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa, ndetse hakaba hakomeje gushakishwa abandi babiri basigaye.

Yagize ati “Turifuza kumenyesha abantu bose ko Leta yatangiye iperereza, ndetse abantu batadantu bakaba bafunze, n’abandi babiri bakaba bakiri gushakishwa kandi na bo barafatwa vuba.”
Jacquemain Shabani yakomeje ahumuriza abantu ko umutekano uhagaze neza muri gace gaherereyemo uru rwibutso rw’Intwari y’iki Gihugu, ndetse ko nyuma yuko ibi bibaye, hahise hafatwa ingamba zo kuhakaza uburinzi.

Ati “Turamenyesha abantu bose yaba abo mu Gihugu no hanze yacyo ko hariya hakajijwe umutekano kandi ko harinzwe cyane.”

Minisiteri y’Umuco, Ubuhanzi n’Umurage, mu itangazo iherutse rigenewe abanyamakuru yashyize hanze, yamaganye yivuye inyuma ibi bikorwa byo gutesha agaciro Intwari Patrice Emery Lumumba, ndetse yari yatangaje ko hahise hatangira gukorwa iperereza.

Patrice-Emery Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Mbere wa Congo Kinshasa, yishwe mu 1961 n’itsinda ry’abasirikare bari bashyigikiwe n’u Bubiligi bwakolonije iki Gihugu. Afatwa nk’intwari y’ubwigenge bw’iki Gihugu kubera kugaragaza ububi bw’abakoloni n’ibyo bakoraga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + nine =

Previous Post

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Next Post

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.