Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta uzwi nka Action Congolaise, uri mu bukangurambaga bwo guhamagarira Abanyekongo bavuye mu bice byabereyemo intambara, kuzitwararika igihe bazaba basubiye mu ngo zabo, kubera ibisasu binyanyagiye ahantu hanyuranye.

Uyu muryango kandi wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira icyo ikora kuri ibi bisasu n’ibiturika bishobora kuzahitana abantu benshi bigiye bitabye ahantu hatandukanye by’umwihariko mu bice byabereyemo intambara.

Abayobozi b’uyu Muryango utari uwa Leta ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, wabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, mu bukangurambaga uri gukorera mu nkambi zicumbikiwemo abavanywe mu byabo n’intambara.

Muri ubu bukangumbaga kuri uyu wa Gatatu bwabereye i Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, wabwiye aba baturage bavanywe mu byabo n’intambara, ko bakwiye kuzitwararika kubera ibisasu bya mine n’ibindi biturika biri mu bice batuyemo by’umwihariko agace ka Kanyaruchinya.

Uyu muryango kandi wakoresheje ibyapa byanditseho ubutumwa bugaragaza ibimenyetso by’akaga gashobora kuba ku baturage bavuye mu gace ka Kanyaruchinya.

Bumwe mu butumwa bugira buti “Mukumire za Mine muramire ubuzima, mwirinde gukinsha mine, kuzitwara cyangwa kuzibika.”

Élysée Kabiribiri, ushinzwe ibikorwa by’ubuvugizi muri uyu Muryango Action Congolaise, yibukije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuzirikana no kubaha amasezerano mpuzamahanga yo muri Ottawa asaba kudakoresha ibisasu bya mine.

Yavuze kandi ko hari ubufasha buteganyirijwe abagizweho ingaruka n’iturika ry’ibisasu bya mine ndetse n’ibiturika, burimo kubaherekeza mu buzima busanzwe ndetse no kubafasha mu buryo bwo kwiyakira mu buzima bwo mu mutwe. Ati “Hari ibikorwa byinshi Guverinoma itarakora.”

Uyu muryango kandi wasabye Leta ya Congo kugira ikora mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano bimaze igihe muri iki Gihugu, kuko bitariho hatabaho imitwe yitwaje intwaro ndetse hatabaho n’ibi bisasu bigenda bihitana abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 13 =

Previous Post

Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora

Next Post

Nyuma ya Sitade Amahoro hagiye gutahwa ikindi gikorwa remezo cya Siporo mu Rwanda

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya Sitade Amahoro hagiye gutahwa ikindi gikorwa remezo cya Siporo mu Rwanda

Nyuma ya Sitade Amahoro hagiye gutahwa ikindi gikorwa remezo cya Siporo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.