Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta uzwi nka Action Congolaise, uri mu bukangurambaga bwo guhamagarira Abanyekongo bavuye mu bice byabereyemo intambara, kuzitwararika igihe bazaba basubiye mu ngo zabo, kubera ibisasu binyanyagiye ahantu hanyuranye.

Uyu muryango kandi wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira icyo ikora kuri ibi bisasu n’ibiturika bishobora kuzahitana abantu benshi bigiye bitabye ahantu hatandukanye by’umwihariko mu bice byabereyemo intambara.

Abayobozi b’uyu Muryango utari uwa Leta ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, wabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, mu bukangurambaga uri gukorera mu nkambi zicumbikiwemo abavanywe mu byabo n’intambara.

Muri ubu bukangumbaga kuri uyu wa Gatatu bwabereye i Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, wabwiye aba baturage bavanywe mu byabo n’intambara, ko bakwiye kuzitwararika kubera ibisasu bya mine n’ibindi biturika biri mu bice batuyemo by’umwihariko agace ka Kanyaruchinya.

Uyu muryango kandi wakoresheje ibyapa byanditseho ubutumwa bugaragaza ibimenyetso by’akaga gashobora kuba ku baturage bavuye mu gace ka Kanyaruchinya.

Bumwe mu butumwa bugira buti “Mukumire za Mine muramire ubuzima, mwirinde gukinsha mine, kuzitwara cyangwa kuzibika.”

Élysée Kabiribiri, ushinzwe ibikorwa by’ubuvugizi muri uyu Muryango Action Congolaise, yibukije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuzirikana no kubaha amasezerano mpuzamahanga yo muri Ottawa asaba kudakoresha ibisasu bya mine.

Yavuze kandi ko hari ubufasha buteganyirijwe abagizweho ingaruka n’iturika ry’ibisasu bya mine ndetse n’ibiturika, burimo kubaherekeza mu buzima busanzwe ndetse no kubafasha mu buryo bwo kwiyakira mu buzima bwo mu mutwe. Ati “Hari ibikorwa byinshi Guverinoma itarakora.”

Uyu muryango kandi wasabye Leta ya Congo kugira ikora mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano bimaze igihe muri iki Gihugu, kuko bitariho hatabaho imitwe yitwaje intwaro ndetse hatabaho n’ibi bisasu bigenda bihitana abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − one =

Previous Post

Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora

Next Post

Nyuma ya Sitade Amahoro hagiye gutahwa ikindi gikorwa remezo cya Siporo mu Rwanda

Related Posts

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

by radiotv10
02/12/2025
0

Nigeria’s Minister of Defence has resigned, citing health reasons, even as the country continues to face a surge in kidnappings...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya Sitade Amahoro hagiye gutahwa ikindi gikorwa remezo cya Siporo mu Rwanda

Nyuma ya Sitade Amahoro hagiye gutahwa ikindi gikorwa remezo cya Siporo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.