Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Iby’amatora byajemo bomboribombori, bamwe batanga icyifuzo kitari cyitezwe

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Iby’amatora byajemo bomboribombori, bamwe batanga icyifuzo kitari cyitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hagaragaye imidugararo mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe mu Bakandida bahatanira kuba Perezida, basabye ko aya matora aseswa.

Ibi babitangaje nyuma y’uko bamwe bari bakomeje kugaragaza impungenge z’ibizava muri aya matora, dore ko yagombaga gutangira saa 06:00’ za mu gitondo ariko akaza gutinda.

Hamwe yatangiye saa 09:00’, ahandi saa tanu, ndetse hari n’aho yatangiye saa munani z’umugoroba kubera ibikoresho by’itora byatinze kuhagera.

Uretse aho aya matora yatinze gutangira, hari n’aho bari bukomeze gutora uyu munsi ku wa Kane kubera za birantega zayakomye mu nkokora ku munsi w’ejo.

Perezida Félix Tshisekedi ahanganye n’Abakandida 18 mu gihe ashaka manda ya kabiri, barimo Moise Katumbi na Martin Fayulu bari mu bahabwa amahirwe.

Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi akaba yaranegukanye umwanya wa kabiri mu matora y’Umukuru w’Igihugu yaherukaga kuba mu mpera za 2018, yavuze ko mu matora y’ejo habayemo akajagari kenshi ndetse n’uburiganya.

Itsinda ry’indorerezi rivuga ko hafi 60% by’ibiro by’itora byafunguwe bitinze, mu gihe 30% by’ibikoresho by’itora byari bifite inenge. Abaturage bari bemerewe gutora ni milliyoni 44.

Biteganijwe ko komisiyo y’igihugu y’amatora (CENI) izatangaza amajwi y’agateganyo ku ya 31 Ukuboza uyu mwaka wa 2023.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 16 =

Previous Post

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

Next Post

Impanuka ikomeye ya Bisi yari itwaye abakinnyi yatumye hahagarikwa imikino mu Gihugu hose

Related Posts

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impanuka ikomeye ya Bisi yari itwaye abakinnyi yatumye hahagarikwa imikino mu Gihugu hose

Impanuka ikomeye ya Bisi yari itwaye abakinnyi yatumye hahagarikwa imikino mu Gihugu hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.