Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Iby’amatora byajemo bomboribombori, bamwe batanga icyifuzo kitari cyitezwe

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Iby’amatora byajemo bomboribombori, bamwe batanga icyifuzo kitari cyitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hagaragaye imidugararo mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe mu Bakandida bahatanira kuba Perezida, basabye ko aya matora aseswa.

Ibi babitangaje nyuma y’uko bamwe bari bakomeje kugaragaza impungenge z’ibizava muri aya matora, dore ko yagombaga gutangira saa 06:00’ za mu gitondo ariko akaza gutinda.

Hamwe yatangiye saa 09:00’, ahandi saa tanu, ndetse hari n’aho yatangiye saa munani z’umugoroba kubera ibikoresho by’itora byatinze kuhagera.

Uretse aho aya matora yatinze gutangira, hari n’aho bari bukomeze gutora uyu munsi ku wa Kane kubera za birantega zayakomye mu nkokora ku munsi w’ejo.

Perezida Félix Tshisekedi ahanganye n’Abakandida 18 mu gihe ashaka manda ya kabiri, barimo Moise Katumbi na Martin Fayulu bari mu bahabwa amahirwe.

Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi akaba yaranegukanye umwanya wa kabiri mu matora y’Umukuru w’Igihugu yaherukaga kuba mu mpera za 2018, yavuze ko mu matora y’ejo habayemo akajagari kenshi ndetse n’uburiganya.

Itsinda ry’indorerezi rivuga ko hafi 60% by’ibiro by’itora byafunguwe bitinze, mu gihe 30% by’ibikoresho by’itora byari bifite inenge. Abaturage bari bemerewe gutora ni milliyoni 44.

Biteganijwe ko komisiyo y’igihugu y’amatora (CENI) izatangaza amajwi y’agateganyo ku ya 31 Ukuboza uyu mwaka wa 2023.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

Next Post

Impanuka ikomeye ya Bisi yari itwaye abakinnyi yatumye hahagarikwa imikino mu Gihugu hose

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impanuka ikomeye ya Bisi yari itwaye abakinnyi yatumye hahagarikwa imikino mu Gihugu hose

Impanuka ikomeye ya Bisi yari itwaye abakinnyi yatumye hahagarikwa imikino mu Gihugu hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.