Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gutanga ibisobanuro birambuye kandi mu buryo bwihuse, impamvu yirukanye abasirikare b’u Rwanda bari mu bugenzuzi bw’ingabo z’uyu muryango ziri mu butumwa muri kiriya Gihugu.

Ibi bisobanuro bisabwe Guverinoma ya Congo nyuma y’iminsi ibiri ishyize hanze itangazo risaba ko abasirikare b’abofisiye b’u Rwanda bari muri ubu bugenzuzi bwa EACRF (Etat -Major) kuva ku butaka bw’iki Gihugu.

Iri tangazo ryanditswe tariki 30 Mutarama 2023 rigashyirwaho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Ekenge Bomusa Efomi Sylvan, rivuga ko “ku mpamvu z’umutekano wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubuyobozi bw’Ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba busubiza abofisiye b’u Rwanda mu Gihugu cyabo, bari abanyamuryango bari bafite icyicaro i Goma.”

Iri tangazo ryasozaga rivuga ko ku bw’iki cyemezo, u Rwanda na rwo rwahise rutumiza abofisiye bose bakoraga mu nzego zose zinyuranye z’amatsinda ya gisirikare mu Karere bari bafite ibyicaro muri Congo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusobara iby’iki cyemezo yafashe cyo kwirukana Abofisiye b’u Rwanda.

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mutuku Mathuki yanditswe ku ya 01 Gashyantare 2023, yatangiye avuga ko uyu muryango wamenye kandi ukanababazwa n’iki cyemezo cyo kwirukana abofisiye batatu b’u Rwanda bari mu butumwa bw’uyu muryango bafite icyicaro i Goma.

Muri iyi baruwa, Umunyamabanga Mukuru wa EAC yandikiye Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundura APALA PEN’ APALA, akomeza yibutsa ko iyoherezwa ry’aba basirikare baje gufasha ubuyobozi bw’ingabo z’akarere, ari icyemezo cy’Abakuru b’Ibihugu cyavuye mu nama ya COP 27 yabereye i Sharm El Sheik mu Misiri tariki 07 Ugushyingo 2022.

Nanone kandi yibutsa ko tariki 08 Nzeri 2022 DRC yemeranyijwe na EAC ko ibijyanye no kohereza abasirikare b’uyu muryango (EACRF) ingingo ya 2 y’aya masezerano impande zombi zemeranyijwe ko buri munyamuryango agomba kugira uruhare mu buyobozi bwa buriya butumwa.

Iyi baruwa igakomeza igira iti “Tugendeye ku bikomeje kuba, Ubunyamabanaga burifuza kumenya byimbitse kandi mu buryo bwihuse ibisobanuro byanyu nyakubahwa iby’icyo cyemezo.”

Yasoje yibutsa ko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ufite umuhate n’ubushake bwo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo kandi ko ushima imbaraga z’abakuru b’Ibihugu ndetse n’iz’umuhuza Uhuru Kenyatta.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Congolais says:
    3 years ago

    Ubundi RDC Yigize ibiki basubize impamvu yabyo kuko ntabwo aribo bagize uyu muryango kd bawugezemo ejobundi none batangiye kwigira abahayari

    Reply
  2. Fredo says:
    3 years ago

    DRC nituze EAC ikore akazi kayo kdi twizeyeko umutekano uzagaruka kuko ntagihugu kitagirwaho ingaruka iyo Congo ifite umutekano mucye,
    Congo ntiramaramo n’imyaka ibiri none irigusenya ibyo mwagezeho!(EAC) Ntimwemere
    Courage EAC,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Next Post

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Related Posts

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

by radiotv10
02/12/2025
0

Nigeria’s Minister of Defence has resigned, citing health reasons, even as the country continues to face a surge in kidnappings...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.