Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gutanga ibisobanuro birambuye kandi mu buryo bwihuse, impamvu yirukanye abasirikare b’u Rwanda bari mu bugenzuzi bw’ingabo z’uyu muryango ziri mu butumwa muri kiriya Gihugu.

Ibi bisobanuro bisabwe Guverinoma ya Congo nyuma y’iminsi ibiri ishyize hanze itangazo risaba ko abasirikare b’abofisiye b’u Rwanda bari muri ubu bugenzuzi bwa EACRF (Etat -Major) kuva ku butaka bw’iki Gihugu.

Iri tangazo ryanditswe tariki 30 Mutarama 2023 rigashyirwaho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Ekenge Bomusa Efomi Sylvan, rivuga ko “ku mpamvu z’umutekano wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubuyobozi bw’Ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba busubiza abofisiye b’u Rwanda mu Gihugu cyabo, bari abanyamuryango bari bafite icyicaro i Goma.”

Iri tangazo ryasozaga rivuga ko ku bw’iki cyemezo, u Rwanda na rwo rwahise rutumiza abofisiye bose bakoraga mu nzego zose zinyuranye z’amatsinda ya gisirikare mu Karere bari bafite ibyicaro muri Congo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusobara iby’iki cyemezo yafashe cyo kwirukana Abofisiye b’u Rwanda.

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mutuku Mathuki yanditswe ku ya 01 Gashyantare 2023, yatangiye avuga ko uyu muryango wamenye kandi ukanababazwa n’iki cyemezo cyo kwirukana abofisiye batatu b’u Rwanda bari mu butumwa bw’uyu muryango bafite icyicaro i Goma.

Muri iyi baruwa, Umunyamabanga Mukuru wa EAC yandikiye Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundura APALA PEN’ APALA, akomeza yibutsa ko iyoherezwa ry’aba basirikare baje gufasha ubuyobozi bw’ingabo z’akarere, ari icyemezo cy’Abakuru b’Ibihugu cyavuye mu nama ya COP 27 yabereye i Sharm El Sheik mu Misiri tariki 07 Ugushyingo 2022.

Nanone kandi yibutsa ko tariki 08 Nzeri 2022 DRC yemeranyijwe na EAC ko ibijyanye no kohereza abasirikare b’uyu muryango (EACRF) ingingo ya 2 y’aya masezerano impande zombi zemeranyijwe ko buri munyamuryango agomba kugira uruhare mu buyobozi bwa buriya butumwa.

Iyi baruwa igakomeza igira iti “Tugendeye ku bikomeje kuba, Ubunyamabanaga burifuza kumenya byimbitse kandi mu buryo bwihuse ibisobanuro byanyu nyakubahwa iby’icyo cyemezo.”

Yasoje yibutsa ko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ufite umuhate n’ubushake bwo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo kandi ko ushima imbaraga z’abakuru b’Ibihugu ndetse n’iz’umuhuza Uhuru Kenyatta.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Congolais says:
    3 years ago

    Ubundi RDC Yigize ibiki basubize impamvu yabyo kuko ntabwo aribo bagize uyu muryango kd bawugezemo ejobundi none batangiye kwigira abahayari

    Reply
  2. Fredo says:
    3 years ago

    DRC nituze EAC ikore akazi kayo kdi twizeyeko umutekano uzagaruka kuko ntagihugu kitagirwaho ingaruka iyo Congo ifite umutekano mucye,
    Congo ntiramaramo n’imyaka ibiri none irigusenya ibyo mwagezeho!(EAC) Ntimwemere
    Courage EAC,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 13 =

Previous Post

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Next Post

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.