• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gutanga ibisobanuro birambuye kandi mu buryo bwihuse, impamvu yirukanye abasirikare b’u Rwanda bari mu bugenzuzi bw’ingabo z’uyu muryango ziri mu butumwa muri kiriya Gihugu.

Ibi bisobanuro bisabwe Guverinoma ya Congo nyuma y’iminsi ibiri ishyize hanze itangazo risaba ko abasirikare b’abofisiye b’u Rwanda bari muri ubu bugenzuzi bwa EACRF (Etat -Major) kuva ku butaka bw’iki Gihugu.

Iri tangazo ryanditswe tariki 30 Mutarama 2023 rigashyirwaho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Ekenge Bomusa Efomi Sylvan, rivuga ko “ku mpamvu z’umutekano wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubuyobozi bw’Ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba busubiza abofisiye b’u Rwanda mu Gihugu cyabo, bari abanyamuryango bari bafite icyicaro i Goma.”

Iri tangazo ryasozaga rivuga ko ku bw’iki cyemezo, u Rwanda na rwo rwahise rutumiza abofisiye bose bakoraga mu nzego zose zinyuranye z’amatsinda ya gisirikare mu Karere bari bafite ibyicaro muri Congo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusobara iby’iki cyemezo yafashe cyo kwirukana Abofisiye b’u Rwanda.

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mutuku Mathuki yanditswe ku ya 01 Gashyantare 2023, yatangiye avuga ko uyu muryango wamenye kandi ukanababazwa n’iki cyemezo cyo kwirukana abofisiye batatu b’u Rwanda bari mu butumwa bw’uyu muryango bafite icyicaro i Goma.

Muri iyi baruwa, Umunyamabanga Mukuru wa EAC yandikiye Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundura APALA PEN’ APALA, akomeza yibutsa ko iyoherezwa ry’aba basirikare baje gufasha ubuyobozi bw’ingabo z’akarere, ari icyemezo cy’Abakuru b’Ibihugu cyavuye mu nama ya COP 27 yabereye i Sharm El Sheik mu Misiri tariki 07 Ugushyingo 2022.

Nanone kandi yibutsa ko tariki 08 Nzeri 2022 DRC yemeranyijwe na EAC ko ibijyanye no kohereza abasirikare b’uyu muryango (EACRF) ingingo ya 2 y’aya masezerano impande zombi zemeranyijwe ko buri munyamuryango agomba kugira uruhare mu buyobozi bwa buriya butumwa.

Iyi baruwa igakomeza igira iti “Tugendeye ku bikomeje kuba, Ubunyamabanaga burifuza kumenya byimbitse kandi mu buryo bwihuse ibisobanuro byanyu nyakubahwa iby’icyo cyemezo.”

Yasoje yibutsa ko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ufite umuhate n’ubushake bwo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo kandi ko ushima imbaraga z’abakuru b’Ibihugu ndetse n’iz’umuhuza Uhuru Kenyatta.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Congolais says:
    3 years ago

    Ubundi RDC Yigize ibiki basubize impamvu yabyo kuko ntabwo aribo bagize uyu muryango kd bawugezemo ejobundi none batangiye kwigira abahayari

    Reply
  2. Fredo says:
    3 years ago

    DRC nituze EAC ikore akazi kayo kdi twizeyeko umutekano uzagaruka kuko ntagihugu kitagirwaho ingaruka iyo Congo ifite umutekano mucye,
    Congo ntiramaramo n’imyaka ibiri none irigusenya ibyo mwagezeho!(EAC) Ntimwemere
    Courage EAC,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

Next Post

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.