Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Indwanyi kabuhariwe z’abacancuro bongeye kugaragara noneho bidegembya ntacyo bikanga

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
3
DRCongo: Indwanyi kabuhariwe z’abacancuro bongeye kugaragara noneho bidegembya ntacyo bikanga
Share on FacebookShare on Twitter

Indwanyi z’abacancuro bo mu itsinda ry’Abarusiya bamaze iminsi bavugwaho gufatanya na FARDC mu rugamba iki gisirikare cya DRC gihanganyemo na M23, zongeye kugaragara mu mujyi wa Goma ahakomeje kubera imyigaragambyo.

Aba bacancuro b’itsinda ry’indwanyi rizwi nka ‘Wagner Group’ batangiye kuvugwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’umwaka ushize ubwo byavugwaga ko hari abagera mu ijana (100) baje gufasha FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itarahakanye ko aba barwanyi bari muri iki Gihugu, yavuze ko baje guha imyitozio abasirikare ba FARDC, mu gihe mu bihe binyuranye bagiye bagaragara ku rugamba rwa M23.

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, bamwe muri aba bacancuro bivugwa ko bacumbitse muri hoteli z’i Goma, bagaragaye bari mu modoka ya FARDC, bari gukura amabuye yari yanyanyagijwemo n’abanyekongo bigaragambyaga.

Ababonye izi ndwanyi z’abacancuro bari mu iki gikorwa cyo gukura amabuye mu mihanda, bavuga ko zari kumwe na bamwe mu basirikare ba FARDC, bafite imbunda z’intambara bigaragara ko bari bavuye mu bikorwa by’urugamba.

Umutwe wa M23 uherutse kugira icyo uvuga kuri aba bacancuro, wavuze ko bibabaje kuba Guverinoma y’iki Gihugu yarinjije mu bibazo byayo, abanyamahanga.

Tariki 09 Mutarama 2023 ubwo Perezida Paul Kagame yongeraga kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse kuri aba bacancuro bahawe ikiraka n’iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda, avuga ko bazatuma ibibazo biri muri kiriya Gihugu birushaho kuba bibi.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yanagarutse ku byari bimaze igihe bitangazwa na Perezida Tshisekedi ko yifuza gutera u Rwanda, ndetse ko aba bacancuro bazanywe muri uyu mugambi, avuga ko ibyo bidashobora gutera ubwoba u Rwanda.

Yagize ati “Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Bagaragaye i Goma bidegembya

RADIOTV10

Comments 3

  1. Jean Claude says:
    3 years ago

    Talking ok et imbere abacancyuro ntaho bazotugeza

    Reply
  2. Jacques says:
    3 years ago

    Ahaaa imana niturengere naho ubundi abi gisenyi barapfa kubera inzara

    Reply
  3. Alexis says:
    3 years ago

    Ibyo n’ibikabyo Abo barisiya nizereko bazananye n’amasanduka cg amasanduku yo kubatwaramo ar’imirambo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nine =

Previous Post

Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Next Post

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.