Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Indwanyi kabuhariwe z’abacancuro bongeye kugaragara noneho bidegembya ntacyo bikanga

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
3
DRCongo: Indwanyi kabuhariwe z’abacancuro bongeye kugaragara noneho bidegembya ntacyo bikanga
Share on FacebookShare on Twitter

Indwanyi z’abacancuro bo mu itsinda ry’Abarusiya bamaze iminsi bavugwaho gufatanya na FARDC mu rugamba iki gisirikare cya DRC gihanganyemo na M23, zongeye kugaragara mu mujyi wa Goma ahakomeje kubera imyigaragambyo.

Aba bacancuro b’itsinda ry’indwanyi rizwi nka ‘Wagner Group’ batangiye kuvugwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’umwaka ushize ubwo byavugwaga ko hari abagera mu ijana (100) baje gufasha FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itarahakanye ko aba barwanyi bari muri iki Gihugu, yavuze ko baje guha imyitozio abasirikare ba FARDC, mu gihe mu bihe binyuranye bagiye bagaragara ku rugamba rwa M23.

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, bamwe muri aba bacancuro bivugwa ko bacumbitse muri hoteli z’i Goma, bagaragaye bari mu modoka ya FARDC, bari gukura amabuye yari yanyanyagijwemo n’abanyekongo bigaragambyaga.

Ababonye izi ndwanyi z’abacancuro bari mu iki gikorwa cyo gukura amabuye mu mihanda, bavuga ko zari kumwe na bamwe mu basirikare ba FARDC, bafite imbunda z’intambara bigaragara ko bari bavuye mu bikorwa by’urugamba.

Umutwe wa M23 uherutse kugira icyo uvuga kuri aba bacancuro, wavuze ko bibabaje kuba Guverinoma y’iki Gihugu yarinjije mu bibazo byayo, abanyamahanga.

Tariki 09 Mutarama 2023 ubwo Perezida Paul Kagame yongeraga kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse kuri aba bacancuro bahawe ikiraka n’iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda, avuga ko bazatuma ibibazo biri muri kiriya Gihugu birushaho kuba bibi.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yanagarutse ku byari bimaze igihe bitangazwa na Perezida Tshisekedi ko yifuza gutera u Rwanda, ndetse ko aba bacancuro bazanywe muri uyu mugambi, avuga ko ibyo bidashobora gutera ubwoba u Rwanda.

Yagize ati “Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Bagaragaye i Goma bidegembya

RADIOTV10

Comments 3

  1. Jean Claude says:
    3 years ago

    Talking ok et imbere abacancyuro ntaho bazotugeza

    Reply
  2. Jacques says:
    3 years ago

    Ahaaa imana niturengere naho ubundi abi gisenyi barapfa kubera inzara

    Reply
  3. Alexis says:
    3 years ago

    Ibyo n’ibikabyo Abo barisiya nizereko bazananye n’amasanduka cg amasanduku yo kubatwaramo ar’imirambo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fifteen =

Previous Post

Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Next Post

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.