Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Indwanyi kabuhariwe z’abacancuro bongeye kugaragara noneho bidegembya ntacyo bikanga

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
3
DRCongo: Indwanyi kabuhariwe z’abacancuro bongeye kugaragara noneho bidegembya ntacyo bikanga
Share on FacebookShare on Twitter

Indwanyi z’abacancuro bo mu itsinda ry’Abarusiya bamaze iminsi bavugwaho gufatanya na FARDC mu rugamba iki gisirikare cya DRC gihanganyemo na M23, zongeye kugaragara mu mujyi wa Goma ahakomeje kubera imyigaragambyo.

Aba bacancuro b’itsinda ry’indwanyi rizwi nka ‘Wagner Group’ batangiye kuvugwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’umwaka ushize ubwo byavugwaga ko hari abagera mu ijana (100) baje gufasha FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itarahakanye ko aba barwanyi bari muri iki Gihugu, yavuze ko baje guha imyitozio abasirikare ba FARDC, mu gihe mu bihe binyuranye bagiye bagaragara ku rugamba rwa M23.

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, bamwe muri aba bacancuro bivugwa ko bacumbitse muri hoteli z’i Goma, bagaragaye bari mu modoka ya FARDC, bari gukura amabuye yari yanyanyagijwemo n’abanyekongo bigaragambyaga.

Ababonye izi ndwanyi z’abacancuro bari mu iki gikorwa cyo gukura amabuye mu mihanda, bavuga ko zari kumwe na bamwe mu basirikare ba FARDC, bafite imbunda z’intambara bigaragara ko bari bavuye mu bikorwa by’urugamba.

Umutwe wa M23 uherutse kugira icyo uvuga kuri aba bacancuro, wavuze ko bibabaje kuba Guverinoma y’iki Gihugu yarinjije mu bibazo byayo, abanyamahanga.

Tariki 09 Mutarama 2023 ubwo Perezida Paul Kagame yongeraga kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse kuri aba bacancuro bahawe ikiraka n’iki Gihugu cyo mu burengerazuba bw’u Rwanda, avuga ko bazatuma ibibazo biri muri kiriya Gihugu birushaho kuba bibi.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yanagarutse ku byari bimaze igihe bitangazwa na Perezida Tshisekedi ko yifuza gutera u Rwanda, ndetse ko aba bacancuro bazanywe muri uyu mugambi, avuga ko ibyo bidashobora gutera ubwoba u Rwanda.

Yagize ati “Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Bagaragaye i Goma bidegembya

RADIOTV10

Comments 3

  1. Jean Claude says:
    3 years ago

    Talking ok et imbere abacancyuro ntaho bazotugeza

    Reply
  2. Jacques says:
    3 years ago

    Ahaaa imana niturengere naho ubundi abi gisenyi barapfa kubera inzara

    Reply
  3. Alexis says:
    3 years ago

    Ibyo n’ibikabyo Abo barisiya nizereko bazananye n’amasanduka cg amasanduku yo kubatwaramo ar’imirambo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − nine =

Previous Post

Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Next Post

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.