Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

radiotv10by radiotv10
01/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Indi modoka y’urugamba y’Ingabo za SADC ziri gufasha iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana na M23, yatwitswe n’uyu mutwe.

Ni nyuma y’uko ku wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, umutwe wa M23 uvuze ko wafashe imodoka z’intambara ebyiri z’uruhande bahanganye, ndetse igatwika izindi enye.

Mu mirwano yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2024, umutwe wa M23 wagaragaje ko washwanyaguje ikindi gifaru cy’uruhande bahanganye ruri gufashwa n’Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, zinjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitwaje intwaro za rutura.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, mu butumwa yatanze, yavuze ko ikindi gifaru cyo mu bwoko bwa APC “cy’ingabo za Afurika y’Epfo cyashwanyagurijwe i Mubambiro.”

Lt Con Willy Ngoma kandi yagaragaje amashusho yerekana iki gifaru cy’ingabo za Afurika y’Epfo kiri gushya, kiri gucumba umwotsi nyuma yo gushwanyaguzwa n’abarwanyi ba M23.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, na we mu butumwa bwe bugaragaza uko imirwano yari yifashe kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko yagejeje saa mbiri z’ijoro rucyambikanye.

Yavuze ko ingabo za SADC (SAMIDRC) zikomeje “kugaba ibitero mu bice birimo abasivile, bigahitana bamwe, abandi bagakomereka, abandi benshi bakava mu byabo.”

Lawrence Kanyuka yongeye kumenyesha Umuryango mpuzamahanga ko umutwe wa M23 “utazipfumbata amaboko ngo urebere abasivile bakomeza kwicwa. Uzakomeza kugira icyo ukora mu kurinda abasivile.”

Umutwe wa M23 kandi waburiye Ibihugu byo mu muryango wa SADC byohereje ingabo gufasha FARDC none zikaba zikomeje guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo, ko bigomba kuzirengera ingaruka zizabibaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda

Next Post

Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw’inzara yugarije abaturage muri Sudan

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw’inzara yugarije abaturage muri Sudan

Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw'inzara yugarije abaturage muri Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.