Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

radiotv10by radiotv10
01/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Indi modoka y’urugamba y’Ingabo za SADC ziri gufasha iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana na M23, yatwitswe n’uyu mutwe.

Ni nyuma y’uko ku wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, umutwe wa M23 uvuze ko wafashe imodoka z’intambara ebyiri z’uruhande bahanganye, ndetse igatwika izindi enye.

Mu mirwano yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2024, umutwe wa M23 wagaragaje ko washwanyaguje ikindi gifaru cy’uruhande bahanganye ruri gufashwa n’Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, zinjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitwaje intwaro za rutura.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, mu butumwa yatanze, yavuze ko ikindi gifaru cyo mu bwoko bwa APC “cy’ingabo za Afurika y’Epfo cyashwanyagurijwe i Mubambiro.”

Lt Con Willy Ngoma kandi yagaragaje amashusho yerekana iki gifaru cy’ingabo za Afurika y’Epfo kiri gushya, kiri gucumba umwotsi nyuma yo gushwanyaguzwa n’abarwanyi ba M23.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, na we mu butumwa bwe bugaragaza uko imirwano yari yifashe kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko yagejeje saa mbiri z’ijoro rucyambikanye.

Yavuze ko ingabo za SADC (SAMIDRC) zikomeje “kugaba ibitero mu bice birimo abasivile, bigahitana bamwe, abandi bagakomereka, abandi benshi bakava mu byabo.”

Lawrence Kanyuka yongeye kumenyesha Umuryango mpuzamahanga ko umutwe wa M23 “utazipfumbata amaboko ngo urebere abasivile bakomeza kwicwa. Uzakomeza kugira icyo ukora mu kurinda abasivile.”

Umutwe wa M23 kandi waburiye Ibihugu byo mu muryango wa SADC byohereje ingabo gufasha FARDC none zikaba zikomeje guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo, ko bigomba kuzirengera ingaruka zizabibaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + sixteen =

Previous Post

Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda

Next Post

Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw’inzara yugarije abaturage muri Sudan

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw’inzara yugarije abaturage muri Sudan

Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw'inzara yugarije abaturage muri Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.