Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Ingabo za SADC ziri mu rugamba na M23 zongeye guhura n’akaga

radiotv10by radiotv10
01/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Indi modoka y’urugamba y’Ingabo za SADC ziri gufasha iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana na M23, yatwitswe n’uyu mutwe.

Ni nyuma y’uko ku wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, umutwe wa M23 uvuze ko wafashe imodoka z’intambara ebyiri z’uruhande bahanganye, ndetse igatwika izindi enye.

Mu mirwano yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2024, umutwe wa M23 wagaragaje ko washwanyaguje ikindi gifaru cy’uruhande bahanganye ruri gufashwa n’Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, zinjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitwaje intwaro za rutura.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, mu butumwa yatanze, yavuze ko ikindi gifaru cyo mu bwoko bwa APC “cy’ingabo za Afurika y’Epfo cyashwanyagurijwe i Mubambiro.”

Lt Con Willy Ngoma kandi yagaragaje amashusho yerekana iki gifaru cy’ingabo za Afurika y’Epfo kiri gushya, kiri gucumba umwotsi nyuma yo gushwanyaguzwa n’abarwanyi ba M23.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, na we mu butumwa bwe bugaragaza uko imirwano yari yifashe kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko yagejeje saa mbiri z’ijoro rucyambikanye.

Yavuze ko ingabo za SADC (SAMIDRC) zikomeje “kugaba ibitero mu bice birimo abasivile, bigahitana bamwe, abandi bagakomereka, abandi benshi bakava mu byabo.”

Lawrence Kanyuka yongeye kumenyesha Umuryango mpuzamahanga ko umutwe wa M23 “utazipfumbata amaboko ngo urebere abasivile bakomeza kwicwa. Uzakomeza kugira icyo ukora mu kurinda abasivile.”

Umutwe wa M23 kandi waburiye Ibihugu byo mu muryango wa SADC byohereje ingabo gufasha FARDC none zikaba zikomeje guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo, ko bigomba kuzirengera ingaruka zizabibaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Hagaragajwe igitanga icyizere kuri imwe mu nkingi nyamwamba mu bukungu bw’u Rwanda

Next Post

Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw’inzara yugarije abaturage muri Sudan

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw’inzara yugarije abaturage muri Sudan

Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw'inzara yugarije abaturage muri Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.